Ni
igitaramo giteganyijwe ku wa Gatandatu tariki 4 Mata 2026, kikaba kiri muri
gahunda yo kwizihiza imyaka 25 amaze mu murimo w’ivugabutumwa abinyujije mu
muziki.
Dusabe
yahagurutse ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali mu ijoro ryo ku wa
Gatatu tariki ya 1 Mata 2026, agaragaza ibyishimo n’ishimwe, cyane ko ari inzozi
yari amaze igihe kinini arota ariko ntizigere zisohora.
Ati: “Igihe cyari iki, iyo igihe kigeze gahunda iraba, bifashe
Iki
gitaramo azagihuriramo n’abandi bahanzi barimo Tracy Agasaro n’umugabo we René
Patrick, bazafatanya gushimisha abazacyitabira. Kwinjira bizaba ari Amayero 25€
mu myanya isanzwe ndetse na 50€ mu myanya y’icyubahiro.
Uyu
muhanzi yavuze ko iki gitaramo gikurikiye icyo yakoze mu 2025 muri Camp Kigali,
cyagenze neza kikaba cyaramwongereye icyizere cyo gukomeza kwagura ivugabutumwa
rye no kurigeza no ku rwego mpuzamahanga.
Ati: “Kiriya gitaramo cyagenze neza, kandi urabona ko bibaye ibindi byiza bijyanye
n'iki gitaramo ngiye gukorera mu Bubiligi. Buriya iyo utaramye muri buriya
buryo ukababwira ko Yesu akiza mu by'ukuri biba byagenze neza rwose. Icyo
bibaye n'uko ubu ngiye mu Bubiligi gutaramira mu bihugu by'amahanga,
Dusabe
agaragaza ko imyaka 25 amaze mu muziki atayifata nk’impanuka, ahubwo ayihuza
n’intego yihaye yo kwamamaza ubutumwa bwiza.
Ati:
“Byose biva ku ntego n’ubwami bwo mu mitima twamamaza. Ni ubwami buruta ubundi
bwose, kandi turabwishimira. Tuzakomeza kubukorera uko Imana izabidufashamo.”
Nubwo
amaze igihe kinini mu muziki, Dusabe yemera ko kuba atari yarigeze akorera
igitaramo nk’iki mbere, byaterwaga n’uko igihe cyabyo kitari cyagera.
Ati:
“Imyaka 25 irashize ariko sinari narigeze mbasha gukora igitaramo nk’iki. Si
uko ntabyifuzaga, ahubwo igihe cyabyo nticyari cyagera.”
Kuri ubu, uyu muhanzi yerekeje mu Bubiligi afite icyizere n’ishimwe, ategereje guhura n’abakunzi be baba mu mahanga, mu gitaramo kizaba ari ikimenyetso cy’urugendo rurerure amaze gukora mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana.

Nabyifuje kenshi ntibyakunda – Alexis Dusabe yerekeje mu Bubiligi mu gitaramo cyo kwizihiza imyaka 25 amaze mu muziki

Alexis Dusabe agiye gutaramira i Bruxelles ku nshuro ya mbere, aho azifatanya na Tracy Agasaro na René Patrick mu gitaramo ‘Umuyoboro 25 Live Concert’
Nyuma
y’igitaramo cya Camp Kigali cyagenze neza, Alexis Dusabe yerekeje mu Bubiligi
gukomereza ibirori by’imyaka 25 amaze mu ivugabutumwa rinyuze mu muziki
