Ku wa 15 Kamena 2025, muri wa mujyi
w’amateka n’amasaro, Dubai, ni ho uyu mukobwa yambitswe impeta y’urukundo
n’umusore yamaze kumva nk’igice cya kabiri cy’umutima we.
Ibirori byabereye mu mujyo w’ibanga ryuje
ubwuzu n’urukundo, ahari inshuti za hafi barimo Bwiza, Manzi, Nyambo, Roxy
n’abandi batashye bashimishijwe no guherekeza urugendo rw’aba bombi.
Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Tessy
yavuze ko uru rukundo rumaze umwaka, rukaba rwubatse ku nkingi z’ukuri,
icyizere n’icyerekezo kimwe.
Tessy atangaza ko ahamya ko Imana ari yo
yabahuje, ndetse n’indirimbo Shizzo yakoranye na Ariel Wayz igasohoka izina rye
ririmo, byamweretse ko hari imiyoboro itagaragarira amaso.
Yari azi ko azambikwa impeta, ariko uburyo
byagenze byamurenze. Yari yiteguye ikanzu y’umutuku, ariko uko Shizzo yateguye
igikorwa byamweretse ko hari urukundo rufite gahunda n’agaciro gakomeye.
Ati: “Ntabwo nari nagiye gutembera, nari
mbizi ko atera ivi nzi n’umwenda nzambara, ariko sinari nzi igihe bibera. Nari
nzi ko ni nambara ikanzu y’umutuku ari bwo bizaba, ariko siko byagenze.”
Uyu munyamakuru yavuze ko impeta yambitswe
ayifata nk’ikimenyetso cy’urukundo rufite ishingiro, ruvuga “ndaguhisemo” mu
mvugo idakeneye amagambo menshi. Yanashimye abajyanye i Dubai bose, ko nta
n’umwe yishyuye itike, ibintu yise urugero rw’urukundo rw’umuryango.
Mu gihe imitima y’aba bombi ikomeje
gusabana, Tessy yemeje ko ubukwe buri hafi, gusa ibikurikira byose
biratwikiriwe n’amasengesho, kuko avuga ko igihe cyose Imana iri hagati y’abantu,
byose bigenda uko bikwiye. Ati “Ibyiza biri imbere. Ubukwe ni vuba, kubera
Imana. Igihe ni cyo kigena.”
Tessy avuga ko we na Shizzo, urugendo
rw’urukundo rwabo rwubakiye ku nshingano, ku mico myiza no ku cyerekezo kimwe.
Tessy, yatangaje ko yemeye kuzabana ubuzima bwe bwose n'umuraperi Shizzo Afro Papi ahanini biturutse mu kuba yarasanze ari umuntu bahuje icyerekezo kimwe
Tessy yavuze ko n'ubwo yari azi neza ko
hazabaho umuhango wo kwambikwa impeta, ariko yatunguwe n'uburyo byari biteguye
Tessy asobanura ko guhura kwe na Shizzo byagizwemo uruhare n'Imana, kandi ko bitegura kurushinga
Bwiza yashyigikiye urugendo rw'urukundo rwa Tessy n'umuraperi Shizzo wamamaye mu ndirimbo zirimo 'Waki Waki'
Nyambo Jessica, umukinnyi wa filime yari i Dubai mu birori Tessy yambikiwemo impeta, ku wa 15 Kamena 2025
KANDA HANO UREBE IKIGANIRO CYIHARIYE
TWAGIRANYE NA TESSY