Nabo bagize urugendo rwanjye - Zeo Trap ku mpamvu yiyambaje Kavu Music gusa kuri EP ye

Imyidagaduro - 26/03/2026 9:04 AM
Share:

Umwanditsi:

Nabo bagize urugendo rwanjye - Zeo Trap ku mpamvu yiyambaje Kavu Music gusa kuri EP ye

Umuraperi Zeo Trap uri mu bahanzi bakomeje kwiyubaka mu njyana ya Hip Hop mu Rwanda, yasobanuye ko EP ye nshya yise ‘Story Yose’ ari igihangano gishingiye ku rugendo rwe bwite mu muziki, aho yahisemo gukorana n’abo babanye mu itsinda rya Kavu Music kubera uruhare rukomeye bagize mu iterambere rye.

Iyi EP igizwe n’indirimbo zitandukanye zirimo ‘Story Yose’, ‘My City’, ‘Karafashwe’, ‘Flow za NYC’ yakoranye na Chaka Fella, Bodack na Bwiru Majagu, ndetse na ‘High za Danger’.

Ni EP igaruka ku buzima bwe mbere yo kwinjira mu muziki, uko yatangiye, imbogamizi yahuye na zo, n’uko agenda atera intambwe ajya imbere.

Mu magambo ye, Zeo Trap yavuze ko iyi EP ari nk’igitabo kivuga amateka ye, aho buri ndirimbo ifite ubutumwa bwihariye ariko bwose buhuriye ku nkuru y’urugendo rwe.

Yabwiye InyaRwanda ati "EP yanjye yitwa ‘Story Yose’ ivuga ku rugendo rwanjye mu muziki, mbere y’uko ntangira, igihe nawinjiriyemo, hagati mu rugendo, imvune zari zirimo n’ibindi. Ni byo EP igarukaho muri rusange."

Icyakora, kimwe mu byagarutsweho cyane ni impamvu yahisemo gukorana n’abahanzi bo muri Kavu Music gusa kuri iyi EP, aho yavuze ko atari impanuka, ahubwo ari icyemezo gifite ishingiro ku mateka basangiye.

Ati "Nabo ni bamwe mu bagize urugendo rwanjye mu muziki kuva ntangiye kugeza uyu munsi."

Yakomeje asobanura ko indirimbo ziri kuri iyi EP zigaragaza ubuzima bw’umuhanzi uri kuzamuka, harimo urugamba rwo gushaka izina, imbogamizi z’uruganda rw’umuziki, n’ibindi byinshi abakizamuka bahura nabyo.

Ati "Hari aho mvuga uburyo ibintu bitari byoroshye, nkagaruka ku bibazo duhura na byo mu muziki. Buri ndirimbo igenda ikomoza kuri ibyo byose. Ni inkuru nyayo y’ubuzima bwacu."

Zeo Trap yasabye abakunzi b’umuziki nyarwanda gukomeza gushyigikira ibikorwa byabo, ashimangira ko bafite byinshi byo gutanga kandi ko urugendo bakomeje rugifite byinshi rushaka kugeraho.

Ku bijyanye n’ahazaza, yavuze ko atagarukiye kuri iyi EP gusa, kuko ari guteganya indi mishinga minini irimo Album nshya ndetse n’igitaramo cye bwite ashobora gukora muri uyu mwaka.

Mu by’ukuri, ‘Story Yose’ si EP isanzwe, ahubwo ni ishusho y’urugendo rw’umuhanzi uri kwandika amateka ye buhoro buhoro, afatanyije n’abo yatangiranye na bo.


Zeo Trap yavuze ko EP ye ‘Story Yose’ ari ishusho y’urugendo rwe mu muziki, aho buri ndirimbo igaragaza ubuzima yanyuzemo kuva agitangira kugeza ubu


Mu gusobanura impamvu yakoranye na Kavu Music gusa, Zeo Trap yavuze ko ari abantu bagize uruhare rukomeye mu mateka ye ya muzika kuva ku ntangiriro

Zeo Trap yagaragaje ko muri EP ‘Story Yose’ agaruka ku mbogamizi n’imvune z’urugendo rwe, ashimangira ko ari inkuru nyayo y’ibyo banyuzemo nk’abahanzi

KANDA HANO UBASHE KUMVA EP ‘STORY YOSE’ Y’UMURAPERI ZEO TRAP


KANDA HANO UBASHE KUREBA AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'MY CITY' ZEO TRAP YITIRIYE EP YE


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...