Nabitangiye ari ukugerageza: Urugendo rwa Padiri Jean mu ndirimbo zamamaye muri Kiliziya Gatolika – VIDEO

Imyidagaduro - 12/02/2026 12:16 PM
Share:

Umwanditsi:

Nabitangiye ari ukugerageza: Urugendo rwa Padiri Jean mu ndirimbo zamamaye muri Kiliziya Gatolika – VIDEO

Jean Hakolimana, umuhanzi n’umupadiri w’umunyabigwi mu ndirimbo za Kiliziya Gatolika, yatangaje ko urugendo rwe mu muziki rwatangiye nk'ibyo kugerageza, ariko ubu umusanzu we mu iyogezabutumwa wagiye ugaragara mu ndirimbo zamamaye ku isi hose.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Padiri Jean yasobanuye ko nubwo indirimbo ze zagiye zigaragara hirya no hino, byose byatangiye mu rwego rwo kugerageza.

Yavuze ati: “Navuga ngo nabitangiye bigezo ahagana mu 1997 na 1998, ariko ntabwo byari binshishikaje cyane. Numvaga icyari kinshishikaje kwari kuririmba, kuririmbisha, no gucuranga. Ibyo nibyo numvaga, ariko ibyo guhimba (kwandika indirimbo) ntabwo byari bimfasheho cyane,” 

Indirimbo ye ya mbere, “Niba Uhoraho ari amahoro yawe”, yasohotse mu 1998. Iyi ndirimbo, benshi bamenyereye kwita “Niba Uhoraho” bashingiye ku magambo ayifungura, ifite umwihariko wo kuba yoroshye mu nyito yayo ariko ikagira uburemere bukomeye mu butumwa.

Iyo uyumvise, yumvikana nk’aho ikuvugisha ku giti cyawe; yaba uri mu byishimo, mu marira, mu gushidikanya cyangwa mu bihe bikomeye by’ubuzima.

Ni yo mpamvu mu myaka ishize yaririmbwe ahantu hatandukanye hatari hake: mu itabaro, mu birori rusange, mu masengesho asabira igihugu, ndetse no mu bihe by’amatora y’Umukuru w’Igihugu. Bityo, ihinduka gahuzamiryango, ihuza abemera n’abatari abemera, abagatolika n’abandi bose.

Padiri Jean asobanura uburyo yanditse iyi ndirimbo yavuze ati “Tekereza nk'umwana warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, ari we wenyine wasigaye mu muryango. Yagombaga kwibaza ati ese nkomeze cyangwa nsubire inyuma? Ibaze nk'umwana wasigaye abandi barahunze atazi niba cyangwa barapfuye. Ni ukuvuga ngo umuntu yabaga ari muri urwo rugendo yibaza ibibazo nka 200. Naravugaga nti reka tugendere ku gipimo cyo kuvuga ngo niba ibi bintu biguhaye amahoro, ubwo ni wo muhamagaro wawe.”

Iyi ndirimbo yaje gukundwa cyane mu Rwanda, kugeza ubwo yabaye igihangano cy’ibanze cyamamaje Padiri Jean, maze ikagera kuri korali nyinshi zinyuranye mu gihugu.

Mu 2000, Padiri Jean yasohoye “Twaje Mana Yacu”, indirimbo yashyizweho mu rwego rwa Yubile y’Imyaka 2000 ndetse n’imyaka 100 ya Kiliziya Gatolika mu Rwanda. Yagize ati: “Nagirango abantu bashimire ibyo babayemo muri ayo masakaramentu anyuranye, ariko igitangaje n'uko abantu bayifashe ukundi.”

Nyuma yaho, indirimbo “Tuje iwawe” yasohotse muri 2004, naho “Nyagasani ni wowe amahoro yanjye” muri 2006, zose zigaragaza urwego rwo hejuru rw’ubuhanzi bwa Padiri Jean mu ndirimbo z’iyogezabutumwa. Ubu hari n’izindi ndirimbo ze zamamaye cyane muri Kiliziya Gatolika kugeza n’ubu.

Padiri Jean yishimira uburyo indirimbo ze zagiye zigaragaza ubutumwa bw’umwuka, zikagera ku bihumbi by’abantu ku isi, ndetse zikaba umusanzu w’ingenzi mu iyogezabutumwa. Ubu urugendo rwe rw’umuziki rwatangiye nk’igerageza, ariko rwahindutse ikimenyetso cy’ubutumwa bwiza bwo kwizera no gusabana n’Imana.

Padiri Jean yatangiye guhimba indirimbo nka bigezo gusa, none ubu ubutumwa bwe mu ndirimbo za Kiliziya Gatolika bwageze ku bihumbi by’abantu ku isi

KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA PADIRI JEAN

KANDA HANO UBASHE KUREBA INDIRIMBO 'NIBA UHORAHO' YA PADIRI JEAN


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...