Nabimusabiye kuri 'Instagram'! Fifi Raya yahishuye uko Bull Dogg yemeye kujya mu ndirimbo ye- VIDEO

Imyidagaduro - 11/09/2025 9:50 AM
Share:

Umwanditsi:

Nabimusabiye kuri 'Instagram'! Fifi Raya yahishuye uko Bull Dogg yemeye kujya mu ndirimbo ye- VIDEO

Umuraperikazi Fifi Raya yatangaje ko yatunguwe n’urugwiro yakiranywe na mugenzi we Ndayishimiye Malik Bertrand [Bull Dogg], ubwo yamusabaga gukorana indirimbo, ndetse bikarangira bakoranye iyitwa “Kill It” yashyizwe hanze mu minsi ishize.

Fifi Raya yabwiye InyaRwanda ko mu Nyakanga 2024 ari bwo yagize igitekerezo cyo gusaba Bull Dogg gukorana indirimbo. Kubera ko nta nimero ze yari afite, yahisemo kumwandikira kuri Instagram ategereza ko amusubiza.

Uyu mukobwa yavuze ko yandikira Bull Dogg yari afite gushidikanya, ariko akibwira ko ashobora kuba amuzi, cyane ko hari hashize igihe gito asohoye indirimbo “Dejavu” yakoranye na B-Threy.

Yari yizeye kandi ko kuba Bull Dogg ari umuraperi umaze imyaka myinshi, ashobora kumutera inkunga nk’umushiki we mu muziki.

Ati: “Aba baraperi cyane cyane b’abakuru bashyigikira bashiki babo. Iyo umwegereye, akabona nawe witeguye kandi ushobora kumuha ibyo akeneye, ntashobora kwanga kugushyigikira. Naramwandikiye, turabipanga, ampa nimero, duhita twanzura gukorana indirimbo.”

Nubwo kubivuga mu magambo bisa n’ibyoroshye, Fifi Raya yavuze ko bitari ibintu byorosheye kubona imbaraga zo kwegera Bull Dogg, ariko uburyo yamwakiranye bwaramushimishije.

Ati: “Mu busanzwe Bull Dogg iyo umwandikiye mu buryo bwiyubashye kandi wamugaragarije icyubahiro, serivisi ashobora kutayikwima, kuko ni umuntu utera inkunga cyane. Naramubwiye ko nshaka ko ampesha umugisha, kuko n’abandi ajya abafasha mu ndirimbo.”

Yongeyeho ko kuva ku munsi wa mbere bavuganye kuri telefoni, Bull Dogg yamwakiranye urugwiro kugeza ubwo bafatanyije guhitamo Producer wabakoreye Audio ndetse na ‘Director’ wakoze amashusho.

Ati “Bull Dogg ni umuntu mwiza, iyo yemeye ikintu aragikora. N’iyo akihakanye, nta kindi kibaho. Ni umuntu utangirira ku gitekerezo, akagishyira mu bikorwa ako kanya.”

Fifi Raya yavuze ko ubbwo bari bageze muri Studio kwa Producer Muriro, ari bwo Bull Dogg yahise atangira kugira igitekerezo cy’ibyo yaririmba, barabihuza kugeza indirimbo irangiye.

Yagarutse kandi ku mpamvu yahisemo gukora uyu mushinga mu ibanga. Ati “Nifuzaga kwirinda abashobora kumbwira ko bitazashoboka. Nkunda kugerageza ibintu nshyizeho imbaraga ku giti cyanjye. Iyo byanze, ni bwo nshaka abandi. Ariko aha nahisemo kugerageza njyenyine, mbona birakunze.”

Uyu mukobwa yavuze ko yigiye byinshi kuri Bull Dogg birimo kutiremereza, gushyigikira buri wese, gukora udacika intege no kumenya guhangana n’ibihe byose.

Fifi Raya yatangaje ko byamusabye kwandikira kuri 'Instagram' Bull Dogg kugirango areme ubushuti nawe bwagejeje ku ndirimbo bakoranye

 
Fifi Raya avuga ko byari inzozi kuba ku ndirimbo imwe na Bull Dogg, ndetse yamwigiyeho kwicisha bugufi


Bull Dogg ni umuntu utanga umwanya kandi ugushyigikira– Fifi Raya asobanura uko yamwakiranye urugwiro

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE NA FIFI RAYA

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO ‘KILL IT’ YA FIFI RAYA NDETSE NA BULL DOGG


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...