Ni indirimbo yise ‘Hari
uko ubigenza,’ yatuye abizera bose, cyane cyane abafite imitima yihebye ndetse
n’abandi bose babonye Imana itanga ubuzima mu cyimbo cy'urupfu, bakabona Imana
inyuranya ibihe.
Akomoza ku mvano y’iyi
ndirimbo, Euphta yagize ati: “Yaje umunsi nari mvuye gusenga nagera mu rugo
nkahasanga abantu baje batugendereye. Icyo gihe nabanaga na mushiki wanjye,
ubundi tuvuga imirimo y'Imana itunganye ngo nitegereze mbona ibitangaza byayo
birangose kandi mbere yaho nari naje ndi kubara urupfu pe, ariko Imana yo inyereka
ko ari Imana itanga ubuzima bityo ako kanya iyo ndirimbo iramanuka ivuye mu
ijuru mfata guitar ndayiririmba.”
Uyu muramyi usanzwe ari umutoza
w’amajwi muri New Melody Choir yinjiyemo mu 2016, umuririmbyi muri korali
ibarizwa mu itorero rya ADEPR Gatenga ndetse akaba n’umuhanzi ku giti cye,
yasobanuye ko guhuza izi nshingano zose abishobozwa na Kristo umuha imbaraga.
Yagize ati: “Mu by’ukuri
rero, ni umuhamagaro kandi dushibozwa byose na Kristo we waduhamagaye tukitaba,
yaradutoranije ntitwamutoranije.”
Euphta wavuze ko yifuza
kugeza umuziki we ku rwego mpuzamahanga, yaboneyeho no guteza indirimbo ye n’umuzungu
w’Umunyamerika izasohoka mu mpera z’uyu mwaka cyangwa mu ntangiriro za 2026.
Ati: “Nk’uko mubibona mu ndirimbo ‘Upendo’ yabanje mperuka gukora, njye umuziki nkora nirinze gushyiramo umupaka kuko Imana yaduhamagariye kuvuga ubutumwa ku Isi hose. Rero nifuza ko biba mpuzamahanga kandi biri mumugambi w'Imana, kuko urebye mvuga neza Igiswahili, Icyongereza ndetse n’Igifaransa.
Ibyo rero bituma nkora indirimbo
muri izo ndimi zose, muzumva nk’indirimbo y’Igifaransa nandikiye Holy nation
yitwa ‘Beni Soit Dieu.’ Ndumva nifuza kuvuga ubutumwa bwiza mu bera kandi
bukagarura imitima kuri Kristo Yesu.
Yasabye abantu bose gukomeza kumushyigikira mu buryo bwose, ateguza izindi ndirimbo nziza zirimo iyitwa ‘Mbivuge nte’, ‘Mutima wanjye’, ‘Unyizere mwana wanjye’, ‘Byabaye bushya’ n'izindi.