Agashya ikipe y'u Rwanda y'amagare yasize ikoreye muri Amerika ntikaribagirana- AMAFOTO

Imikino - 25/02/2015 10:10 AM
Share:

Umwanditsi:

Agashya ikipe y'u Rwanda y'amagare yasize ikoreye muri Amerika ntikaribagirana- AMAFOTO

Ubwo ikipe yo gusiganwa ku magare y’u Rwanda yari iri mu myitozo ahitwa Utah mu gihugu cya Leta zunze ubumwe za Amerika yahasize umugani ku buryo n’ubu bikivugwa nyuma y’imyaka 7 bibaye.

Nk’uko byagarutsweho n’ikinyamakuru Daily Mail, ubwo iyi kipe yari iri mu myitozo mu gihugu cya Leta zunze ubumwe za Amerika mu mwaka w’2007, abakinnyi bageze ahantu hari urubura maze ibyo kunyonga babifasha hasi ahubwo bajya gukina mu rubura ndetse abandi bararutoragura bararubika dore ko ngo ari ubwa mbere bari barubonye.

Umuvugizi w’iyi kipe yabwiye iki kinyamakuru ko aba bakinnyi ari ubwambere bari babonye urubura ndetse ko bamwe barutwaye bakarushyira mu mifuka yabo batazi ko ruri bushonge.

Team

Ubwo abakinnyi babonaga urubura amagare bayavuyeho bajya kurureba

Team

Ibyari imyitozo byabaye bihagaze

Abakinnyi

Aba bakinnyi ni ubwa mbere bari babonye urubura

Team

Bamwe bibaza ko n'iyo baba bari gusiganwa ari uku byari kugenda

Team

Bamwe batoraguye urubura bararubika batazi ko rushonga

Team

Nyuma yo kureba urubura imyitozo yarakomeje

N’ubwo ibi byabaye mu mwaka w’2007 aya mafoto yagiye hanze vuba aha ndetse akaba akomeje gucicikana hirya no hino mu bitangazamakuru bikomeye byo ku isi ndetse no ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye.

Robert Musafiri


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...