Ni
igitaramo cyabaye mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki ya 13 Kamena 2026, gihuriza
ku rubyiniro bamwe mu bahanzi bakomeye mu Rwanda barimo Bruce Melodie, The Ben,
Bwiza na Kitoko Bibarwa, imbere y’ibihumbi by’abakunzi b’umuziki bari bakubise
buzuye Stade Ubworoherane.
Nyuma y’iki gitaramo, The Ben yifashishije imbuga nkoranyambaga ze agaragaza ko yishimiye uko byagenze, anashyira akadomo ku mpaka zari zimaze iminsi zivugwa n’abakunzi b’umuziki ku wahize undi muri iri joro ry’amateka.
Iki gitaramo kandi cyitabiriwe n'Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi, Ngabo Brave Olivier; Umuyobozi w'Akarere ka Musanze, Nsengimana Claudien na Visi Meya w'aka Karere ushinzwe Imibereho Myiza y'Abaturage, Kayiranga Théobald.
Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, The Ben yavuze ko ibyabereye i Musanze byamweretse urwego rw’urukundo abafana bamufitiye ndetse ko byamwemeje ko yakoze igitaramo gikomeye.
Ati:
“Musanze byari ibintu umuntu adashobora kwiyumvisha. Berekanye urukundo
rudasanzwe, nk’uko nabivuze batwaye umutima wanjye. Ndabashimira cyane.
Mwanyeretse ko bankeneye cyane.”
Uyu
muhanzi yavuze ko ibyabaye ku rubyiniro byaranzwe n’amarangamutima menshi ku
buryo hari indirimbo nyinshi yari yateguye kuririmba atigeze abona umwanya wo
gukora.
Ati:
“Ikintu gitangaje ni uko indirimbo naririmbye hariya atari zo nari nateguye.
Ibintu byose nakoze byasaga n’aho byayoborwaga n’amarangamutima ndetse n’uburyo
abafana banyakiraga. Indirimbo twakurikije kuri gahunda ni iya mbere n’iya
kabiri gusa, nyuma nagenderaga ku bafana.”
The
Ben yavuze ko yari yateguye no kuririmba izindi ndirimbo zirimo Ndaye, Why,
Folomiana, Ko Nahindutse, Lose Control, Vazi, Roho Yanjye na True Love, ariko
igihe yari yahawe ku rubyiniro kirangira ataziririmbye.
Mu
magambo yakomeje kuvugisha benshi, The Ben yagereranyije intsinzi ye muri iki
gitaramo n’umweru wivanguye n’umukara, asobanura ko ari uburyo yabonaga intsinzi
ye imbere ya Bruce Melodie. Ati: “Mwabibonye umweru wivanguye n’umukara.”
Aya
magambo yahise afatwa nk’ubutumwa bwerekana ko abona yaratsinze Bruce Melodie
muri iri rushanwa ritanditse ryabereye ku rubyiniro rwa Musanze.
Ni
igitaramo kandi The Ben yari yinjiyemo afite inyota yo kwishyura Bruce Melodie
nyuma y’uko bamwe mu bakunzi b’umuziki bari bemeje ko yamurushije mu gitaramo
The New Year Groove cyabereye muri BK Arena tariki ya 1 Mutarama 2026.
I
Musanze, The Ben yagaragaye afite imbaraga nyinshi ndetse yinjirana umucyo
n’akanyamuneza imbere y’imbaga yari imutegereje. Indirimbo zirimo Ndi Uw’i
Kigali yakoranye na Meddy na K8 Kavuyo, kimwe n’izindi ndirimbo ze zakunzwe,
zaririmbanywe n’abafana kuva ku murongo wa mbere kugeza ku wa nyuma.
Hari
n’abumvikanye bavuga bati: “Genda Igisamagwe urababariwe,” bashaka kugaragaza
ko uyu muhanzi yakosoye amakosa bamwe bamushinjaga nyuma y’igitaramo cya BK
Arena aho hari abafana batashye bavuga ko batanyuzwe n’imiririmbire ye.
Mu
minota igera kuri 50 yamaze ku rubyiniro, The Ben yasize benshi banyuzwe, bamwe
bavuga ko yabonye uburyo bwo kongera kwisubiza icyizere cy’abafana be.
Gusa
nubwo The Ben yemeza ko yatsinze, Bruce Melodie na we yatanze isomo rikomeye
ry’umuziki. Uyu muhanzi wageze ku rubyiniro yakiranwe amashyi menshi ndetse
ahita ahagurutsa imbaga y’abafana akimara gutangira indirimbo Funga Macho.
Yakomeje
urugendo rwe rw’iminota myinshi ku rubyiniro aririmba zimwe mu ndirimbo zaranze
imyaka irenga icumi amaze mu muziki zirimo Ntundize, Kungola, Ikinya, Katapila,
Ikinyafu ndetse na Pom Pom iri mu ndirimbo zakunzwe cyane mu ntangiriro za
2026.
Bruce
Melodie yaririmbye indirimbo zirenga 10, ibintu byatumye bamwe mu bitabiriye
igitaramo bavuga ko yavuye i Musanze adafitiye abafana umwenda n’umwe kuko
yabahaye ibyo bari baje gushaka byose.
Mbere
y’uko aba bahanzi bombi bafata urubyiniro, igitaramo cyari cyabanje gushyuha
binyuze mu bitaramo by’abahanzi batandukanye. Danken Masta ni we wabimburiye
abandi, akurikirwa n’umunyempano Montana wo mu Karere ka Musanze waririmbye
indirimbo zirimo Uri Keza na Weekend.
Bwiza
na we yahawe ikaze idasanzwe, aririmba indirimbo zirimo Boda Boda na Gake Gake,
mu gihe Kitoko Bibarwa yagaragaje ko agifite umwanya ukomeye mu mitima
y’abakunzi b’umuziki binyuze mu ndirimbo ze zirimo Akabuto na Thank You Kagame.
Igitaramo
cya Musanze ni cyo cyafunguye ku mugaragaro umushinga wa Summer Country Tour,
ibitaramo byatekerejwe na Bruce Melodie bigamije kwegera abakunzi b’umuziki bo
mu Ntara, gutanga ibyishimo no gufasha impano nshya kubona urubuga rwo
kwigaragaza.
Nyuma
ya Musanze, uru rugendo ruzakomereza mu turere twa Nyagatare, Bugesera na
Rubavu.
Nubwo impaka ku wahize undi zishobora gukomeza mu bakunzi b’aba bahanzi bombi, ikigaragara ni uko Musanze yabonye ijoro ry’umuziki ryasize amateka, aho The Ben na Bruce Melodie bongeye kwereka Abanyarwanda impamvu bamaze imyaka myinshi bari ku rwego rwo hejuru mu muziki nyarwanda.



























REBA IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE NA THE BEN NYUMA YO KUVA KU RUBYINIRO
VIDEO: Dox Visual/ Geovanie/ Janvier/ InyaRwanda.com

