Uyu munyarika yamamaye ubwo yari mu mikino ya Basketball African League, BAL, guhera muri Africa y'Epfo ubwo yakoraga amateka yo gutsinda amanota menshi muri iri rushanwa ryaje no kweuganwa na RSSB Tigers BBC itsinze Petro de Luanda yo muri Angola ku mukino wa nyuma.
Si ibyo gusa kuko uyu mukinnyi yaje no kuba umukinnyi w'irushanwa i Kigali, MVP aho yari yaguzwe n'ikipe ya APR BBC ngo ayifashe muri iyi mikino, ariko byaje kurangira ibihano iyi kipe yari yafatiwe bitumye idakina iza gusimbuzwa ikipe ya RSSB Tigers BBC.
Uyu mukinnyi yaje muri iyi kipe mu rwego rwo kongerera imbaraga ubusatirizi bwayo mu gihe iri kwitegura imikino ya kamarampaka ndetse aje ahasanga undi munya Senegal Mouhamodou Diagne nawe wari waguzwe niyi kipe avuye muri FUS Rabat.
