Uyu
mugabo umaze imyaka myinshi azwi nk’umujyanama w’abahanzi batandukanye, avuga
ko iki gitekerezo yagitewe n’urugendo rurerure amaze mu muziki kuva nyuma ya
1994, aho yiboneye uko inganda ndangamuco zagiye zikura, ariko hakigaragara
icyuho mu bijyanye no kugeza ijwi ry’abahanzi kure.
‘Voxa’,
nk’uko abisobanura, ni ijambo rikomoka mu rurimi rw’Ikigereki risobanura
“ijwi”, rikaba rifite igisobanuro gihamye mu ntego y’uyu muyoboro: kuba ijwi
ry’abahanzi mu ngeri zose.
Ati:
“Twabonye byinshi muri uru rugendo, tugerageza gutanga umusanzu mu buryo
butandukanye, ariko twasanze bikwiye kongeraho irindi tafari, aho ijwi
ry’umuhanzi rigera kure, rikagera ku bantu benshi kurushaho.”
Voxa
TV izibanda ku biganiro n’ubuhamya bigamije guteza imbere ubuhanzi, aho
hatazibagirana umuziki, sinema, ubusizi n’izindi ngeri zigize uruganda
ndangamuco. Muyoboke ashimangira ko kimwe mu by’ingenzi ari uguha umwanya
urubyiruko rufite impano rutarabona aho ruvugira.
Mu
biganiro bizajya bitambuka kuri Voxa TV harimo “While Alive” (cyangwa “Mu gihe
akiriho”) na “Deep Talk”.
Ikiganiro
“While Alive” kizajya cyibanda ku guha agaciro abantu bagize uruhare rukomeye
mu gihugu no mu ruganda rw’imyidagaduro, bagashimirwa bakiriho.
Muyoboke
avuga ko iki gitekerezo cyaturutse ku byamukoze ku mutima nyuma yo kubona
amagambo meza yavuzwe ku mubyeyi we amaze kwitaba Imana.
Ati:
“Numvise ko hari abantu dukwiye gushimira bakiriho, tukabibagezaho mu buryo
bufatika, abantu bakabimenya kandi bikabatera imbaraga.”
Ku
rundi ruhande, “Deep Talk” izajya iba urubuga rw’ibiganiro byimbitse ku
mibereho y’inganda ndangamuco mu Rwanda, hatumirwamo abantu batandukanye bafite
aho bahuriye n’ubuhanzi, haba abahanzi, abatunganya umuziki, abayobozi
n’abandi.
Uretse
umuyoboro wa Televiziyo ikorera kuri Youtube, Muyoboke Alexis yanatangije ‘Live
Recording Studio’ izafasha cyane cyane abahanzi bakiri kuzamuka kubona aho
bakorera no kugaragaza impano zabo.
Ati:
“Dufite gahunda yo gufasha impano nshya, tukabaha urubuga rwo gukora no
kwiyerekana, kuko hari benshi bafite ubushobozi ariko babura aho bahera.”
Ibi
bijyana kandi no gutegura ibitaramo (Events Management), bigamije gufasha
abahanzi kubona urubuga rwo kwiyereka abafana no guteza imbere impano zabo mu
buryo bufatika.
Muyoboke
agaragaza ko Voxa TV igamije kuba urubuga rutanga amakuru, ibiganiro n’amateka
y’imiziki n’ubuhanzi muri rusange, bikubiyemo urugendo rwabyo kuva bitangiye
kugeza aho bigeze uyu munsi.
Avuga
ko iki gitekerezo yagitewe n’ibitekerezo byinshi yagiye ahabwa n’abamukurikira,
cyane cyane mu bitangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga, aho bamubonaga
nk’umuntu ufite byinshi yakongeraho mu guteza imbere uruganda ndangamuco.
Ati
“Igitekerezo nari nyimaranye igihe, ariko by'umwihariko byavuye kuri mwe,
Mu gihe inganda ndangamuco mu Rwanda zikomeje kwaguka, Voxa TV ije nk’inyongera ishobora gufasha mu gutanga urubuga rufatika ku bahanzi no kubaka amateka y’ubuhanzi bw’u Rwanda, mu buryo bugezweho kandi bugera kuri benshi.
Voxa TV igiye gutanga ibiganiro byimbitse ku buhanzi, Muyoboke ashimangira ko igihe kigeze ngo abahanzi bashimirwe bakiriho

Muyoboke
Alexis ashyize imbaraga mu kubaka urubuga ruzahuza amateka, ibiganiro
n’iterambere ry’ubuhanzi
‘While
Alive’ na ‘Deep Talk’ ni bimwe mu biganiro bizibandwaho na Voxa TV mu guteza
imbere inganda ndangamuco
KANDA HANO UBASHE KUREBA MUYOBOKE ALEXIS AGARUKA KU BIKORWA BISHYA YATANGIJE
