Ni bimwe mu byo yagarutseho ubwo yatangaga ikiganiro
mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano iri kuba ku nshuro ya 20 muri Kigali
Convention Center.
Kuri uyu munsi wa kabiri wayo ukaba ari na wo wa
nyuma, Mutesi Scovia yavuze ko iyo barimo barereka ubuyobozi ibitagenda neza
bataba bagamije kwereka abaturage ko ubuyobozi butabafashije ahubwo ko baba
barimo barahuza impande zombi.
Ati: ”Iyo turimo tuvuga ibyo ntabwo tuba tugamije ko
abaturage wenda bumva ko ubuyobozi butabafashije ahubwo tuba turimo kuvuga ngo
hagati y’umuturage n’umuyobozi tubahuze twebwe nk’abanyamakuru”.
Yerekanye ko atari ukwerekana ibibazo by’abaturage
gusa ahubwo ko harimo no kubwira abaturage ibyo ubuyobozi bubakeneyeho. Mutesi Scovia washinze ikinyamakuru Mama
Urwagasabo yerekanye ko ariko mu mwuga w’Itangazamakuru harimo ubukene bikaba
ari byo bituma bamwe barivamo.
Ati: ”Muri uyu mwuga w’itangazamakuru dukora tuvuga
ku bibazo bihari ndetse n’abaturage ariko natwe n’abanyamakuru nderse n’umwuga
wacu ufite ibibazo.
Uyu munsi ngira ngo mwese muri hano hari amazina
y’abanyamakuru mutakibona mutakibuka kubera ko bahoze bakora uyu mwiga
w’Itangazamakuru ariko bawubuzemo amaramuko barawusezera”.
Yakomeje agira ati: ”Dufite izo mbogamizi ariko nimvuga ibyo mwumve ko tunashima bimwe mu bigerwaho ariko dufite n’ikindi
kijyanye n’amikoro “.
Yerekanye ko hari abanyamakururu barimo barageza ku banyarwanda ibivugirwa mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano ariko bakazakura
amafaranga yo kwishyura abakozi n’ibindi mu bandi bafatanyabikorwa.
Ati: ”Nyakubahwa ndagira ngo nkumenyeshe ko
abanyamakuru bari hano bose bafashije Abanyarwanda kumva ibiganiro urimo
ugirana nabo, nituva hano tuzishyura abanyamakuru bacu, aho dukorera, interineti
amafaranga akomoka mu ruganda rukora amazi. Ni ho tuzakura ayo mafaranga kandi
tuvuye hano mu kazi twakoze”.
Yasabye ko Leta yajya yishyura itangazamakuru kuri aka kazi riba ryakoze. Ati: ”Dusanga rero niba bikunda ubuyobozi bwazareba imwe mu mirimo dukorana na Leta ko yagira igiciro igenera itangazamakuru kuko natwe turi abafatanyabikorwa ba Leta ariko tudakwiye gukora tutunguka kugira ngo tuzaramire muri iki gihugu Imana yaduhaye. Hakarebwa niba nta buryo buhari kandi ibyiringiro byo ndabifite ko buzaboneka”.

Mutesi Scovia yerekanye ko mu itangazamakuru harimo ubukene

Mutesi Scovia yasabye ko Leta yatanga ubufasha mu itangazamakuru
