Mutabazi Sabine wahataniye Miss Rwanda 2022 yambitswe impeta iganisha ku bukwe

Imyidagaduro - 13/06/2026 9:01 AM
Share:

Umwanditsi:

Mutabazi Sabine wahataniye Miss Rwanda 2022 yambitswe impeta iganisha ku bukwe

Mutabazi Isingizwe Sabine wamamaye cyane nyuma yo kwitabira irushanwa rya Miss Rwanda 2022 aho yanegukanye igihembo cya Miss Popularity, yambitswe impeta y’urukundo n’umukunzi we Kevin Shafi Musemakweli, mu gikorwa cyabaye intambwe ikomeye iganisha ku rushako.

Aya makuru yamenyekanye nyuma y’uko Sabine ashyize amafoto agaragaza ibyishimo bye ku mbuga nkoranyambaga, ahamya ko yemeye gusangira ubuzima n’umukunzi we bamaze imyaka irenga itatu bakundana.

Abinyujije kuri Instagram, Sabine yatangaje ko yambitswe impeta ku wa 7 Kamena 2026, agaragaza ko ashimira Imana uruhare yagize mu kubahuza no kubafasha kugera kuri iki cyiciro gishya cy’urukundo rwabo.

Mu butumwa bwuje amarangamutima yasangije abamukurikira, yavuze ko yishimiye imigisha myinshi Imana yakomeje kumusukaho, ndetse agaragaza ko yiteguye kubaka urugo rushingiye ku kwizera no gukorera Imana ari kumwe n’umukunzi we.

Yagize ati: “Nuzuye ibyishimo kubera imigisha yose Imana yakomeje kunsukaho. Wowe uri umuntu uryoshye kurusha abandi mu buzima bwanjye. Nishimiye cyane ineza yayo kandi niteguye gukomeza gukurikira Yesu turi kumwe ubuzima bwacu bwose.”

Yakomeje avuga ko yiteguye kubaka urugo rushingiye ku Mana no gukorera umurimo wayo ari kumwe n’umugabo bitegura kubana, ashimangira ko urukundo rwabo rushingiye ku kwizera.

Sabine na Kevin Musemakweli batangiye kuvugwa cyane nk’abakundana mu mwaka wa 2023, ubwo uyu mukobwa yahamagaraga bwa mbere umukunzi we mu ruhame. Kugeza ubu, bamaze imyaka isaga itatu bari mu munyenga w’urukundo rwagiye rukurikirwa n’abatari bake ku mbuga nkoranyambaga.

Kevin Shafi Musemakweli ni umusore w’Umunyarwanda usanzwe atuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, akaba ari we wegukanye umutima wa Sabine. Mu bihe bitandukanye bombi bakunze gusangiza inshuti n’ababakurikira amafoto n’amashusho agaragaza urugendo rw’urukundo rwabo.

Kwambikwa impeta kwa Sabine ni indi nkuru y’ibyishimo ku bakurikiranye urugendo rwe kuva yamenyekana muri Miss Rwanda 2022, aho yigaruriye imitima ya benshi kubera ubwiza bwe, ubuhanga n’imyitwarire yamuranze muri iryo rushanwa.

Nyuma yo kwambikwa impeta, hategerejwe kumenya igihe nyacyo aba bombi bazasezeranira imbere y’amategeko n’imbere y’Imana, bakinjira mu buzima bushya bw’urushako bamaze igihe bategura.

Amafoto yasangiwe ku mbuga nkoranyambaga agaragaza ko uyu muhango wabaye mu buryo bwuje urukundo n’ibyishimo, aho inshuti n’abavandimwe babo bakomeje kubifuriza ishya n’ihirwe muri uru rugendo rushya ruganisha ku kubaka umuryango.

Mutabazi Sabine wahataniye ikamba rya Miss Rwanda 2022 yagaragaje ko yambitswe impeta y’urukundo


Mutabazi yavuze ko yiteguye kurushinga n’umukunzi Musemakweli Kevin

Imyaka itatu irashize aba bombi bakundana, ndetse bari kwitegura kurushinga


Ibirori byo kwambikana impeta y'urukundo byabereye mu gihugu cya Canada



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...