Mutabaruka Fulgence yakoze igitaramo kitazibagirana mu bakristo ba ERC Nyacyonga - AMAFOTO

Iyobokamana - 24/08/2015 12:05 PM
Share:
Mutabaruka Fulgence yakoze igitaramo kitazibagirana mu bakristo ba ERC Nyacyonga - AMAFOTO

Umuhanzi Mutabaruka Fulgence wo mu itorero rya Evangelical Restoration Nyacyonga, yakoze igitaramo cye cya mbere yise “Ijambo ryawe Mana riranezeza ". Iki gitaramo kikaba cyanejeje cyane abakristo ba Nyacyonga bitewe n’ibihe byiza bahagiriye ndetse benshi ntibazakibagirwa.

Iki gitaramo cya Mutabaruka Fulgence cyabaye kuri iki cyumweru tariki ya 23 Kanama 2015 kuva isaa munani z’amanywa kibera Nyacyonga ku itorero Evangelical Restoration. Kitabiriwe n’abahanzi batandukanye barimo Liliane Kabaganza, Torero, Isaie Uzayisenga, Eric Bob n’abandi wongeyeho amakorali atandukanye.

Mutabaruka

Umuhanzi Mutabaruka Fulgence

Muri iki gitaramo, ubwitabire bwari ku rwego rwo hejuru, ikintu cyatunguye benshi ndetse bamwe bakifuza ko ubutaha hazashakwa ahantu hagutse bagahimbaza Imana bisanzuye. Liliane Kabaganza yataramiye abari aho, ageze ku ndirimbo ye Ejo ni heza, abantu bose barushaho gufashwa cyane.

Kabaganza

Liliane Kabaganza yaririmbanye n'abana bari mu kigero cy'imyaka yari afite agitangira umuziki

Kabaganza

Liliane Kabaganza yageze ku ndirimbo ye Ejo ni heza, abantu bose barahaguruka

Mutabaruka

Mu muziki wa Live, Eric Bob nawe yataramiye abari muri icyo gitaramo

Umuvugabutumwa Mutabaruka Fulgence umaze amezi atatu yinjiye mu buhanzi,uyu akaba ari nawe wateguye icyo gitaramo, yatunguwe cyane n’ubwitabire bw’abantu bari baje gufatanya nawe kuramya no guhimbaza Imana. Ikindi cyamushimishije cyane ni ukuba igitaramo cye cyaritabiriwe n’abashumba b’amatorero atandukanye ndetse n’abanyamakuru batari bake.

Fulgence

Mutabaruka

Iki gitaramo kitabiriwe cyane,abashumba batandukanye nabo bari bahari

Andrea

Umuvugabutumwa Andrea Ndereyimana(ibumoso) yari muri iki gitaramo

Aganira n’inyarwanda.com, Mutabaruka Fulgence yavuze ko afite ishimwe rikomeye ku Mana bitewe n’uburyo yamwiyeretse ikamukorera ibyo we atatekerezaga nko kuba igitaramo cye cyaragenze neza kikabera benshi umugisha.

Fulgence

Mutabaruka

Mutabaruka Fulgence yashimye Imana kubw'igitaramo cye cyabereye benshi umugisha

Mutabaruka

Umuziki wa Live niwo wacuranzwe ku bahanzi bake barimo na Mutabaruka Fulgence

Fulgence yadutangarije ko nyuma yo kubonera isomo rikomeye mu gitaramo cye cya mbere cyaranzwe n’ubwitabiri buri ku rwego rwo hejuru, ubutaha ngo azashaka ahantu hanini ndetse ngo mbere y’uko uyu mwaka urangira, arifuza gukora ibindi bitaramo nka bibiri ndetse yifuza no gukora amashusho y’indirimbo ze. 

REBA AMAFOTO YARANZE IKI GITARAMO CYA FULGENCE

Uzayisenga

Umuhanzi Isaie Uzayisenga yitabiriye iki gitaramo(Reba imuryo)

Ange Daniel

Umunyamakuru Ange Daniel (ibumoso) nawe yitabiriye iki gitaramo

Mutabaruka Fulgence

Umuhanzi Mutabaruka Fulgence akigera mu rusengero

Kabaganza

Liliane Kabaganza yishimiye cyane umuhanzi Mutabaruka Fulgence

Nyacyonga

Abantu bari bahagaze hanze kubera kubura aho bicara


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...