
Umukino uhuza aya makipe y'inzego z'umutekano uba ukomeye cyane
Ni
umukino usobanuye byinshi kuri buri ruhande, uretse kuba yombi ari amakipe
y’inzego zishinzwe umutekano, ni n’amakipe akomeye kandi yose yasogongeye ku
musa w’igikombe yumva uko kimera. Police Fc nta gikombe cya shampiyona igira
ariko ibitse igikombe cy’amahoro, bitandukanye n’ikipe ya APR FC yo yabaye
ubukombe muri iki gihugu kuko ifite ibikombe byinshi bya shampiyona
Police FC kuba itaratsinda ikipe ya APR FC na rimwe mu myaka itandatu ishize muri shampiyona y’u Rwanda biri mu bituma uyu mukino ukomera cyane kuko ubuyobozi , abatoza ndetse n’abakinnyi ba Police Fc bahuriza ku mugambi umwe wo guhindura amateka mabi Police Fc ifite kuri APR FC muri shampiyona y’ u Rwanda.
Nshuti
Savio Dominique akinira ikipe ya Police Fc ariko akaba yarayigezemo nyuma yo
kwirukanwa na APR FC, avuga ko uretse kuba ikipe ya Police Fc ishaka guhindura
amateka mabi ifite kuri APR FC, ku giti cye ashaka gutsinda APR FC
yamwirukanye.
Yagize
ati " APR FC ni ikipe nziza natwe turi ikipe nziza ndatekereza ko umukino uzaba
ukomeye ariko twe nk’ikipe ya Police Fc turashaka gusiba amateka mabi yo kudatsinda
APR Fc, tugaha ibyishimo abafana bacu. Nakinnye muri APR nza kuyivamo, ndaza
kugerageza kwigaragaza ntsinde APR FC kuko gutsinda ikipe wabayemo birashimisha
cyane ".
Savio Nshuti yahize gutsinda igitego APR Fc yamwirukanye
Mushimiyimana Muhammed wakiniye Police FC imyaka ine ndetse igatuma azamura urwego rwe rw’imikinire kuri ubu akinira APR FC, atangaza ko iyi kipe yahozemo yahindutse cyane ugereranyije n’iy’umwaka ushize gusa ngo intego APR FC ifite yo gutwara igikombe iri butume ikipe ye itahana amanota atatu y’uyu munsi kandi akavuga ko ashaka gutsinda igitego Police Fc.
Yagize ati " Uyu mukino twawuhaye agaciro gakomeye cyane kuko niwo uri butume
dushimangira umwanya wa mbere ndetse ukerekana ko koko dufite intego yo gutwara
igikombe, uraza kuba ukomeye kuko na Police FC yarahindutse cyane uhereye mu
batoza ndetse n’abakinnyi.
Police FC
ndayubaha ariko ngomba kuyitsinda kuko intego yanjye uyu mwaka ari uguhesha
ikipe yanjye igikombe cya shampiyona.’’Police y’uyu mwaka ni ikipe nziza nayo
ishaka igikombe, ifite umutoza mwiza, ikinisha abasore bakiri bato kandi bakina
umupira wo hasi, nayo iri mu myanya y’imbere kuko nabo bahatanira igikombe uyu
mwaka, ni umukino uri bube ukomeye ariko dufite intego yo kuwutsinda ".
Muhammed Mushimiyimana yemeza ko Police Fc ikomeye ariko aza kuyitsinda
APR FC nitsinda uyu mukino irarara ku mwanya
wa mbere by’agateganyo muri shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, ninganya
irarara ku mwanya wa Kabiri n’amanota 14 nyuma ya Mukura Victory Sport
iyirusha ibitego izigamye. Ni mu gihe Police Fc yo nitsinda uyu mukino ihita ijya
ku mwanya wa mbere bitewe n’umubare w’ibitego yaba yatsinze cyangwa ikarara ku
mwanya wa kabiri.
Mu
mikino ya shampiyona ihuza aya makipe usanga kenshi akunda kunganya, Police Fc
ifite amateka mabi imbere ya APR Fc kuko uhereye mu mwaka wa 2013 kugeza
magingo aya imikino ibaye 13 muri shampiyona y’u Rwanda nta ntsinzi. Usubije
amaso inyuma usanga APR FC yaratsinzemo imikino 4, ubundi amakipe anganya
imikino 9. Mu mikino 5 iheruka guhuza aya makipe APR FC yatsinzemo ibiri ubundi
imikino itatu isigaye barayinganya.
Muri uyu mwaka w’imikino aya makipe yombi
ntaratsindwa umukino n’umwe kuko mu mikino itanu amaze gukina APR FC yatsinze
imikino 4, inganya umwe naho Police Fc itsinda imikino 3, inganya ibiri.
Umwanditsi – SAFARI Garcon – inyarwanda.com
