Yabitangaje
mu birori bya “Jazz with Jajja – Ranch Edition” byabereye mu rwuri rwe rwa
Kisozi, mu Karere ka Gomba, kuri iki Cyumweru tariki 1 Werurwe 2026, aho
yahuriye n’abakoresha imbuga nkoranyambaga.
Mu
ijambo rye, Museveni yavuze ko ibyo benshi bita ‘content creation’ ari uburyo
bugezweho bwo kwamamaza no guteza imbere ibicuruzwa.
Yasobanuye
ko kera ibigo byakoraga ubucuruzi byifashishaga cyane Radiyo na Televiziyo mu
kwamamaza, ariko ko ubu haje icyiciro gishya cy’abakoresha imbuga nkoranyambaga
mu gupfunyika no kugaragaza ibicuruzwa mu buryo bworoshye bugera ku muguzi
vuba.
Ati: “Mu ruhererekane rw’abahanga ubukungu, haje urwego rushya rw’abakoresha imbuga
nkoranyambaga nk’uburyo bworoshye bwo gutumanaho, bagapfunyika ibicuruzwa
bakabigeza ku baguzi.”
Museveni
yibanze cyane ku kuba abakora ‘content’ bashishikarizwa kwamamaza no guteza
imbere ibicuruzwa bikorerwa muri Uganda, haba imbere mu gihugu no ku isoko
mpuzamahanga.
Yavuze
ko iyo bakora batyo bataba ari “influencers” gusa, ahubwo baba babaye
abafatanyabikorwa ba Leta mu iterambere.
Mu
kugereranya n’ibihe byashize, Museveni yibukije uko mu myaka ya 1960, mu karere
ka Afurika y’Iburasirazuba, inganda zakoraga ibicuruzwa zashoragamo amafaranga
menshi mu kwamamaza kugira ngo zubake amazina akomeye.
Yatanze
urugero rwa Nytil, umwambaro wakorerwaga mu Mujyi wa Jinja, wigeze kwamamazwa
cyane mu karere kose.
Ibi
yabihuje n’uko n’uyu munsi abakora ‘content’ bashobora kubaka ibirango
by’ibikorerwa muri Uganda binyuze mu mbaraga z’imbuga nkoranyambaga.
Perezida
Museveni yavuze ko Miliyari 5 z’Amashiringi [Angana na 2,026,451,929.00 Frw] zitezweho
gufasha SACCO y’abakora 'content' kugira ngo: Bashobore kubona inguzanyo ku
nyungu nto, banoze umwuga wabo bawugire uw’umwuga nyawo, bagure ibikorwa byabo
ku rwego rw’igihugu no hanze yacyo, ndetse bashyire hamwe mu matsinda akomeye
kandi ateguye neza.
Yashimangiye
ko Leta yiteguye gushyigikira amatsinda y’abakora ‘content’ yateguwe kandi
akorera hamwe. Museveni yongeyeho ati “Niba mufite amatsinda akora ibyo, tuzayashyigikira,”
Iyi
ntambwe igaragaza uko Leta ya Uganda itangiye kureba urwego rw’ubuhanzi
n’ikoranabuhanga nk’umusingi mushya w’iterambere, by’umwihariko mu rubyiruko
rwiganje muri uru rwego.
Mu
gihe imbuga nkoranyambaga zikomeje kuba isoko rikomeye ryo kwamamaza no
kugurisha, inkunga ya Miliyari 5 z’amashilingi ishobora kuba intangiriro yo
gutuma abakora content muri Uganda barushaho kwagura ibikorwa byabo no kugira
uruhare rufatika mu kongera umusaruro w’ibikorerwa imbere mu gihugu.
Ku bakurikirana iterambere ry’ubukungu bw’ikoranabuhanga muri Afurika y’Iburasirazuba, iyi nkunga ishobora kuba urugero rw’uko ubuyobozi butangiye kwemera ku mugaragaro ko ‘content creators’ atari abashimisha abantu gusa, ahubwo ari igice cy’ingenzi mu ruhererekane rw’abahanga ubukungu.

Perezida
Museveni yemereye abakoresha imbuga nkoranyambaga Miliyari 5 z’Amashilingi ya
Uganda, abashimira uruhare rwabo mu kwamamaza ibikorerwa mu gihugu no kubaka
ubukungu bushingiye ku mbuga nkoranyambaga
