Iki
gitaramo kiri mu rugendo rwe rw’ibitaramo ari gukora hirya no hino mu gihugu,
kigamije gufasha Abanyarwanda kwizihiza no kuzirikana imyaka 32 ishize u Rwanda
rwibohoye. Senderi Hit avuga ko iki gikorwa kiri no mu rwego rwo gukomeza
gukundisha urubyiruko indangagaciro z’igihugu binyuze mu muziki.
Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Senderi Hit yavuze ko yishimiye cyane uko
yakiriwe i Musanze, avuga ko abaturage bagaragaje urukundo rudasanzwe.
Yagize
ati: “I Musanze mu Kinigi munsi y’ibirunga abaturage banyeretse urukundo
n’ubwuzu.”
Yakomeje
avuga ko igitaramo cye cyitabiriwe n’urubyiruko rwinshi rwaturutse mu mirenge
itandukanye ya Musanze, rukaza rwishimira umuziki n’ubutumwa bw’amateka
y’igihugu.
Ati:
“Urubyiruko rwaturutse imihanda yose yo mu Mirenge itandukanye ya Musanze,
dutarama neza bishimira ibyo u Rwanda rumaze kugeraho mu rugendo rwo kwibohora
ku nshuro ya 32.”
Muri
iki gitaramo, Senderi Hit yaririmbye indirimbo ze zakunzwe mu bihe
bitandukanye, anaha umwanya mugenzi we Mico The Best, wari kumwe na we ku
rubyiniro, nawe asusurutsa abitabiriye.
Yagize
ati: “Yego, Mico The Best yaririmbye, aba yamperekeje, kuko ni inshuti yanjye.”
Iki
gitaramo kandi cyitabiriwe n’abantu batandukanye bazwi mu myidagaduro, barimo
n’umukinnyi wa filime uzwi cyane nka Ndimbati, wakunze kugaragara mu
ruhererekane rwa filime “Papa Sava”.
Senderi
Hit yavuze kandi ko kimwe mu byamushimishije ari uko igitaramo cye cyitabiriwe
na bamwe mu bakerarugendo bari basuye ingagi mu Birunga, bakaza no kuryoherwa
n’umuziki we.
Ati:
“Hari ba mukerarugendo baje mu gitaramo cyanjye nyuma yo gusura ingagi mu
Birunga.”
Senderi
Hit, wavukiye mu Karere ka Kirehe mu Murenge wa Nyarubuye mu Ntara
y’Iburasirazuba, afite amateka akomeye mu muziki w’u Rwanda, aho amaze imyaka
myinshi mu ruhando rw’imyidagaduro.
Afite
album eshatu zirimo “Twaribohoye”, “Icyomoro” na “Intimba y’Intore”, zigaruka
ku butumwa bw’ubumwe, iterambere n’isanamitima, cyane cyane no ku kwibuka
Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu
rugendo rwe rw’imyaka irenga 20 mu muziki, Senderi Hit yagiye yitabira
ibitaramo bikomeye birimo n’ibyabereye hanze y’u Rwanda, harimo n’Igikombe
cy’Isi cy’abatarengeje imyaka 17 cyabereye muri Mexico mu 2010.
Yakomeje
kugaragara mu bitaramo bikomeye hirya no hino mu gihugu, ndetse no mu Mujyi wa
Kigali, aho akunze kugaragaza umwihariko mu muziki uhuza imyidagaduro
n’ubutumwa bw’ubukangurambaga.
Senderi
Hit kandi yitabiriye amarushanwa ya Primus Guma Guma Super Star inshuro eshatu
zikurikirana, anatwara ibihembo bya Salax Awards na Karisimbi Awards mu bihe
bitandukanye, bigaragaza uko yakunzwe n’abatari bake.
Urugendo
rwe mu muziki rukomeje kugaragaza ko ari umwe mu bahanzi bakomeje kugira
uruhare mu guteza imbere umuco n’ubutumwa bw’ubumwe n’ubwiyunge binyuze mu
bihangano bye.
Senderi Hit na Mico The Best basusurukije Musanze mu gitaramo cyahuruje benshi
harimo n’abakerarugendo
Senderi
Hit yasusurukije Kinigi mu gitaramo cyuzuye urukundo n’ubusabane
Munsi
y’Ibirunga i Musanze, Senderi Hit yahuje abaturage mu gitaramo cy’amateka



