Byabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Ugushyingo 2025 kuri Zaria
Court. Murekatete yabwiye itangazamakuru ko yumvise ibijyanye na 'Tenga Promo' binyuze
kuri Televiziyo Rwanda "bavuga ko hari abanyamahirwe bazatsindira imodoka
mu gihe bazaba basabye Fagitire ya EBM bagiye guhaha, kandi si imodoka gusa,
ahubwo bazajya basubizwa na 10%, ubwo guhera ubwo mbijyamo nkanda *562#
nkurikiza amabwiriza, none rero igihembo nyamukuru ndacyegukanye."
Murekatete
yavuze ko asanzwe akora ibijyanye no gucuruza ibikoresho by’ubwubatsi, kandi ko
asanzwe atunze imodoka. Akomeza agira ati “Mfite ibyishimo byinshi cyane,
umutima wanjye uranezerewe.”
Komiseri
Mukuru Wungirije w'Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Imisoro (RRA),
Ati: "Duherutse gutanga Miliyoni 871 Frw [Mu gihembwe cya Gatatu] ku baguzi barenga
ibihumbi 88. Rero, nagirango dufatanye muri uyu mwanya wo kwishima n'aba
bafatanyabikorwa kugirango turebe ko ibyo twagezeho byakomeza bikikuba nanone,
ndetse tukanabisigasira."
Muri
rusange kuva iyi gahunda yatangira, hamaze gutangwa ishimwe kuri TVA agera kuri
Miliyari 2.4 Frw. Dr. Murasi Innocent akomeza ati "Abaguzi ari nabo uyu
munsi twaje kwishimira, sinabura kuvuga y'uki mwagize neza gutanga urugero,
rero byari bikwiriye y'uko bigaragara y'uko bya bindi tuvuga atari
amagambo."
Iyo
umuguzi yatse inyemezabuguzi ntayihabwe agatanga amakuru ku kigo
Kuva
gahunda ya "Tenga Promo" yatangizwa hatangwa ishimwe ry'amafaranga
10% kuri buri wese ugura ibicuruzwa agasaba Fagitire, abantu 430,27 bamaze
kwiyandikisha muri iyi gahunda mu gihe cy'amezi ane ashize. Aba bavuye kuri
79,000 bari bariyandikishije mbere.
Umubare
w'inyemezabuguzi wageze kuri Miliyoni 3, 317,899. Umusoro ku nyongera- gaciro
(VAT Out Put) wo wageze kuri Miliyari 24.8.
Dr.
Murasi Innocent agasobanura ko ashingiye ku mibare bafite bigaragaza ko
Akomeza agira ati: "Navuga ko na mbere babyitabiriye, ariko bari bacye. Ariko aho
Yavuze
ko gutanga ibihembo birimo imodoka biri mu murongo wo kwereka buri wese ko
ibihembo bitangwa kandi bikongerwa biturutse ku bafatanyabikorwa bagenda
babona.
Umuyobozi
wa AMBI Tech, Patrick Ndahiro yavuze ko kuva batangira gukorana na RRA bamaze
gutanga hafi Miliyoni 150 Frw ku bantu barenga ibihumbi bitatu binyuze muri
gahunda ya "Tenga Promo."
Ati: "Icyo nakwibutsa abantu n'uko muri 'Tenga Promo' ari ubuntu, nta mafaranga
Mu
kongerera abaguzi amahirwe babona, RRA iheruka kwinjira mu bufatanye na QT
Global Software Ltd na AMBI Tech Ltd., bwiswe “TengaPromo”. Bugamije gutuma
umuguzi wa nyuma uhashye ibintu bicibwa TVA, kuri fagitire agashyiraho nimero
ya telefoni yakoresheje yiyandikisha, bimuhesha amanota.
Buri
manota umuguzi abonye, afite ibihembo bigendana ashobora gukinira akanze *562#,
biri hagati ya 5000 Frw na miliyoni 1 Frw. Abaguzi basaga 1200 bashobora
gutsindira ibihembo bishobora kugera muri miliyoni 50 Frw buri kwezi.
Iteka
rya Minisitiri ryerekeye ishimwe rishingiye kuri TVA riteganya ko umuguzi wa
nyuma uhashye ibintu atagamije ubucuruzi ahubwo ari ibyo gukoresha ku giti cye,
ahabwa ishimwe ringana na 10% by’umusoro wa TVA ugaragara kuri fagitire yahawe.
Kugira ngo umuntu abe mu bemerewe ishimwe, agomba kwiyandikisha no gutanga amakuru arimo amazina ye, nimero ya telefone yo mu Rwanda, konti ya Mobile Money cyangwa konti ya banki, n’indangamuntu ku Banyarwanda cyangwa ikindi cyangombwa cyemewe ku banyamahanga.

Murekatete yegukanye imodoka binyuze muri 'Tenga Promo" atangaza ko yabimenye binyuze kuri Televiziyo Rwanda

Komiseri
Mukuru wungirije w'Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Imisoro (RRA), Dr Murasi Innocente yatangaje ko mu gihe cya gatatu cyo gutanga 10% ku baguzi basabye Fagitire batanze amafaranga angana na Miliyoni 871 Frw

Umuyobozi
Mukuru wa Ambi Tech Ltd, Ndahiro Patrick [Ubanza ibumoso] yavuze ko bamaze gukoresha arenga Miliyoni 150 Frw mu bihembo bya "Tenga Promo"



Murekatete yavuze ko yihaye intego yo gukangurira abandi kwitabira gahunda ya 'Tenga Promo' y' Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro, QT Global Software Ltd na AMBI Tech Ltd

Imodoka ya Kia Sorento ifite agaciro ka Miliyoni 17 Frw yahawe Murekatete Helena
