Mukunzi Yannick yasubiye muri Sueden mu ikipe y’Abatarabigize umwuga

Imikino - 05/04/2026 2:54 PM
Share:

Umwanditsi:

Mukunzi Yannick yasubiye muri Sueden mu ikipe y’Abatarabigize umwuga

Umukinnyi w’Umunyarwanda Mukunzi Yannick yasubiye muri Sueden mu ikipe ya Helges IF y’abatarabigize umwuga ikina muri shampiyona y’icyiciro cya Kane.

Helges IF  ibinyujije ku mbugankoranyambaga kuri iki Cyumweru yavuze ko yishimiye gutangaza ko umukinnyi wo hagati mu ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Yannick Mukunzi, yiteguye gukinira Helges IF mu mwaka wa 2026!

Iyi kipe yavuze ko Yannick ari umukinnyi ukora cyane, ufite tekiniki nziza cyane kandi uzi gusoma neza umukino. Aganira nayo yavuze ko “ Icyatumye mpitamo Helges ni uko numvise mfite icyizere ku ikipe. Bigaragara ko ari ahantu heza, hari abantu bafata ibintu mu buryo bwa kinyamwuga, kandi numva ari ho nziteza imbere nk’umukinnyi.”.

Yavuze ko bimushimushije cyane ,akaba afite imbaraga n’ishyaka ndetse akaba yiteguye 
gutanga imbaraga  ze zose ku bw’ikipe mu 2026.

Helges IF isanzwe ikina shampiyona y’icyiciro cya Kane muri Sueden ndetse ifatwa nkiyabatarabigize umwuga. Isanzwe inakinamo undi mukinnyi w’Umunyarwanda, Mubumbyi Bernabé.

Asubiye muri Sueden nyuma y’uko yaherukaga gutandukana n’ikipe ya Sandvikens IF ikina shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu kwezi kwa 12 mu mwaka ushize. 

Mukunzi Yannick yazamukiye mu irerero rya APR FC ndetse aza no gukinira ikipe nkuru mbere yo kwerekeza muri Rayon Sports nayo ayikinira imyaka 2 mbere yo kwerekeza muri Sweden.

Mukunzi Yannick yasubiye muri Sueden mu ikipe y’Abatarabigize umwuga


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...