Uyu mukinnyi abinyujije ku rubuga rwa Instagram ahajya ubutumwa bumara amasaha 24 yerekanye ko umugore we yemeye imodoka yamuguriye.
Mu mashusho Mukunzi Yannick yashyize hanze yerekana bari kumwe n’abana babo mu nzu, aha umugore we kontaki y’iyi modoka, undi afatwa n’amaramgamutima ararira ahita amuhobera. Nyuma yaho yagiye muri iyi modoka ibyishimo bikomeza kuba byinshi.
Yannick Mukunzi na Joy Iribagiza batangiye gukundana muri 2015, urukundo rwabo rukomeza gukura biyemeza kurushinga aho ku Cyumweru tariki ya 20 Mutarama 2019 ari bwo basezeranye imbere y’amategeko mu murenge wa Remera.
Tariki ya 08 Mutarama 2023 Yannick Mukunzi yasabye anakwa umugore we Joy Iribagiza mu birori byabereye muri Heaven Garden ku Irebero mu Mujyi wa Kigali. Kugeza ubu aba bombi bafitanye abana babiri b’abahungu, Ethan Mukunzi na Titan Mukunzi.
Kuri ubu uyu mukinnyi akinira ikipe ya Helges IF yo muri shampiyona y’icyiciro cya Kane. Yasubiye muri Sueden muri Matq uyu mwaka nyuma y’uko yaherukaga gutandukana na Sandvikens IF ikina shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu kwezi kwa 12 mu mwaka ushize.
Mukunzi Yannick yazamukiye mu irerero rya APR FC ndetse aza no gukinira ikipe nkuru mbere yo kwerekeza muri Rayon Sports nayo ayikinira imyaka 2 mbere yo kwerekeza muri Sweden.

Yannick Mukunzi yahaye umugore we impano y'imodoka

Yannick Mukunzi na Irabagiza Joy bamaze imyaka 7 babana mu buryo bwemewe n'amategeko
