Muhanga yahaye umukoro ukomeye abategura MTN Iwacu Muzika Festival abahanzi bacyura akamwenyu

Imyidagaduro - 09/08/2025 6:58 PM
Share:

Umwanditsi:

Muhanga yahaye umukoro ukomeye abategura MTN Iwacu Muzika Festival abahanzi bacyura akamwenyu

None ku wa Gatandatu, ibitaramo bya MTN Iwacu Muzika byabereye mu karere ka Muhanga aho kubera mu karere ka Rusizi abantu bitabira ku bwinshi ndetse bashyigikira abahanzi bisa nk’ubutumwa kuri EAP kugira ngo itazongera kubarenza ingohe.

Muri Gahunda yari yaratanzwe na EAP, none ku wa 09/08/2025 MTN Iwacu Muzika Fesival yari kubera mu karere ka Rusizi ariko kubera ko ahari kubera ibi bitaramo harimo havugururwa, abategura ibi bitaramo bahisemo kubyimurira mu karere ka Muhanga.

N’ubwo abatuye i Muhanga bamenye aya makuru batinzeho kuko byamenyekanye ku wa mbere w’iki cyumweru, kuva ku isaha ya saa sita abantu bari bamaze kwinjira ari benshi ndetse n’abandi mu mayira.

Kuva kuri Nel Ngabo, hagakurikiraho Kivumbi, agakorerwa mu ngata na Juno Kizigenza wakurikiwe na Ariel Wayz hanyuma abaraperi bagakurikira naho King James agasoza igitaramo, abahanzi bose bashyigikiwe kandi bishimiwe ku rwego rwo hejuru.

Bamwe mu bahanzi bavuze ko n’ubwo batataramiye mu karere ka Rusizi nk'uko byari biteganyijwe, bazitegurira ibitaramo byabo bakajya kubikorerayo. N’ubwo bimeze gutyo ndetse babyifuza gutyo, mu myaka 20 King James amaze mu muziki yagerageje kubitegurayo ariko birananirana.

Nk’uko yabikoze i Huye, Riderman yongeye kubwiriza asaba abantu ko bakwiye gukora ibishimwa n’Imana nk’uko nabo iyo babajijwe uko bameze bavuga ko bashima Imana.

Yagize ati “Nk’abajene, iyo umuntu ababajije ngo mumeze mute muhita musubiza muti 'Turashima Imana'. Buri wese yibaze ati 'Ese ibyo nkora bishimwa n’Imana ubu Imana iranshima'”?

Ni igitaramo cyitabiriwe n’abantu benshi ku buryo haba mu kibuga cya Sitade ya Muhanga ndetse mu myanya yicarwaho, wabonaga ko hatambaye ubusa ndetse no kwishimira abahanzi byari biri ku rwego rwo hejuru.

Icyakoze, ntabwo ifoto y’ivumbi ritumuka mu karere ka Muhanga yabonetse kubera ko iki gitaramo cyabereye muri sitade kandi hakaba hazira ivumbi ryari gutumuka.

Kuva kuri Nel Ngabo wabanje ku rubyiniro, Abanya-Muhanga bamwishimiye cyane

Kivumbi King yanyuze imitima y'abafana be i Muhanga

Juno Kizigenza yavuze ko n'ubwo bitashobotse ko ataramira i Rusizi, azashaka uko ajya gutaramayo mu minsi ya vuba aha

Ni uko Ariel Wayz yaserutse mu bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival

Abaturage bo mu Karere ka Muhanga bagaragaje ko bakunda cyane injyana ya Hip Hop byumwihariko Bull Dog   


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...