Mugisha w’imyaka 11 wamamaye acurangira Chorale Christus Regnat agiye gukora igitaramo cye bwite

Imyidagaduro - 21/08/2025 5:46 AM
Share:

Umwanditsi:

Mugisha w’imyaka 11 wamamaye acurangira Chorale Christus Regnat agiye gukora igitaramo cye bwite

Umwana w’umunyamuziki w’imyaka 11 witwa Mugisha Louange, umaze kwigarurira imitima ya benshi kubera ubuhanga bwe mu gucuranga Piano, agiye gukora igitaramo cye cya kabiri yise “Echoes of Tomorrow Concert" kizabera kuri Centre Christus-Remera ku wa Gatanu tariki ya 22 Kanama 2025.

Mugisha Louange amaze kwigaragaza nk’impano idasanzwe mu muziki. Yatangiye kwiga gucuranga mu myaka itatu ishize mu ishuri rya Balymus Music School riyoborwa na Alphonse Bimenyimana, ari na we mwarimu we. Ubu butore bwafashije uyu mwana kwiyubakamo ubushobozi bwatumye aba umwe mu bana bacurangira ku rwego rwo hejuru

Nubwo ari umunyeshuri muto, yagiye abihuza neza n’amasomo asanzwe, aho aherutse gusoza amashuri abanza kuri Saint Ignace-Kibagabaga, mu banyeshuri batsinze neza ikizamini gisoza icyiciro cy’amashuri abanza.

Mu rugendo rw’imyaka itatu amaze mu muziki, Mugisha yagiye yifatanya cyane na Chorale Christus Regnat mu bitaramo bitandukanye, by’umwihariko mu byo bise “i Bweranganzo”, aho yagiye agaragaza ubuhanga mu gucuranga no kuririmba ku rwego rutangaje. Yanakoze igitaramo cye cya mbere mu mwaka wa 2024, cyasigiye benshi icyizere cy’uko ari impano ikura neza.

Kuri iyi nshuro, mu gitaramo cye Echoes of Tomorrow Concert, Mugisha azataramira abakunzi b’umuziki mu njyana zitandukanye zirimo Classical, Modern, Religious na Traditional, afatanyije n’itsinda ry’abaririmbyi n’abacuranzi b’ibikoresho bitandukanye.

Kwinjira muri iki gitaramo ni ubuntu, akaba we n’abamuteguriye igitaramo batumira Abanyarwanda by’umwihariko Abanya-Kigali kuzitabira, bakirebera ubuhanga bw’uyu mwana muto.

Yongeye kandi gushishikariza ababyeyi kuzazana abana babo kugira ngo nabo barusheho kwigirira icyizere, babone amahirwe yo kugaragaza impano zabo ndetse no kuzishyigikira binyuze mu mashuri afasha kuziteza imbere.

Mugisha Louange w’imyaka 11 agaragaza ubuhanga bwe mu gucuranga ubwo yari kumwe na Chorale Christus Regnat mu gitaramo

Akanyamuneza kigaragaza uburyo uyu mwana muto yisanze mu muziki afatanya na bagenzi ari nakoa acuranga Piano


Mugisha Louange w’imyaka 11, impano idasanzwe mu gucuranga Piano, yitegura igitaramo cye “Echoes of Tomorrow Concert.”

 

Umwana muto wigaruriye imitima ya benshi mu muziki, Mugisha Louange, agiye gutaramira Abanya-Kigali mu gitaramo cye bwite

REBA KU ISAHA N'IMINOTA 39', MUGISHA ACURANGA GITARI MU GITARAMO CYA CHORALE CHRISTUS REGNAT


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...