Mu butumwa yanyujije ku rukuta rwe rwa X, ACP Rutikanga
yavuze ko muri iyi weekend ndende abafite imyemerere ya Gikirisitu bazagira
umwanya wo kwizihiza Asomusiyo, ariko abasaba ko ibyishimo by’iyi minsi bijyana
no kwirinda ibikorwa bishobora gushyira ubuzima n’umutekano mu kaga.
Yagize ati: “Iyi weekend na yo ni ndende! Abafite imyemerere
ya Gikirisitu, ndizera ko muzayigiramo ibihe byiza. Ariko mukomeze mwibuke ko
hari ibyo twumva kimwe!”
Yakomeje ashimangira ko mu byo Abanyarwanda bahurizaho
harimo kurwanya “ibyuma” no kwirinda ubusinzi, avuga ko kuri izi ngingo abantu
bakwiye gukomeza gufatanya.
Ati: “Ku bijyanye no kurwanya ibyuma no kwirinda ubusinzi,
ndabizi ko turi kumwe rwose 100%!”
ACP Rutikanga yasoje ubutumwa bwe yifuriza Abanyarwanda
weekend nziza, ituje kandi yuzuye ibyishimo, avuga ko iyi weekend igomba kuba “Izira
Ibyuma, Izira Ubusinzi!”
Ubu butumwa buje muri weekend ndende irimo Umunsi Mukuru
w’Asomusiyo, wizihizwa buri mwaka ku wa 15 Kanama, aho baba abakirisitu
bizihiza Ijyanwa mu Ijuru rya Bikira Mariya.
Mu Rwanda, iminsi mikuru nk’iyi ikunze kuba umwanya wo
gusenga, gusabana no kwishimira hamwe n’imiryango n’inshuti.
Kuri uyu munsi kandi, ibihumbi by’Abakrstu Gatolika
baturutse imihanda yose, hirya no kino ku isi baza I Kibeho, ku butaka
butagatifu, bakifatanya mu kwizihiza uyu munsi mukuru.
Ni muri urwo rwego, Polisi ikomeza kwibutsa abaturage ko
ibirori n’ibyishimo bikwiye kujyana no kwirinda ubusinzi bukabije, ihohoterwa
n’ibindi bikorwa bishobora guhungabanya umutekano.
