Mugiraneza Frodouard wari uherutse gutizwa muri AS Kigali, yatangajwe na Police FC

Imikino - 04/08/2025 7:28 PM
Share:

Umwanditsi:

Mugiraneza Frodouard wari uherutse gutizwa muri AS Kigali, yatangajwe na Police FC

Nyuma y’igihe gito atijwe mu ikipe ya AS Kigali avuye muri APR FC, Mugiraneza Fradouard yatangajwe n’ikipe ya Police FC ko azayifasha mu mwaka mushya wa 2025-26.

Mu minsi ishyize Mugiraneza Fraudouard, Elie Kategaya na Dushimirimana Olivier Muzungu bavuye muri APR FC batizwa muri AS Kigali. Mu myitozo ya AS Kigali aba basore bombi uko ari batatu bavuye muri APR FC bari bamaze iminsi bayitabira.

Abakunzi ba AS Kigali bari biteze imbaraga zidasanzwe za Mugiraneza Fraudouard mu kibuga hagati, bakubuiswe n’inkuba ubwo babonaga ku mbuga nkoranyambaga za Police FC ndetse na Mugiraneza Frauouard batangaza ko uyu mukinnyi yerekeje muri Police FC.

Ikipe ya Police FC imutangaza yagize Iti “Twishimiye kuba watwiyunzeho, Ubumenyi bwawe, imbaraga n’uburyo bushya ubitse mu bitekerezo ni inyongera ikomeye ku ikipe yacu. Tuzagushyigikira, kandi twizera ko uzatanga umusaruro mwiza mu kibuga. Reka dukore ibintu byiza kandi twishimire urugendo twatangiye hamwe!

Uretse ikipe ya Police FC, Mugiraneza Fraudouard yari amaze iminsi mike muri AS Kigali ariko nta mukino yigeze ayikinira. Yagiye muri AS Kigali ku ntizanyo ya APR FC. Mbere y’uko agera muri APR FC yari avuye muri Kiyovu Sports, nayo akaba yarayigezemo avuye muri Marines FC.

 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...