Uyu
mukinnyi wamamaye mu Ikipe y’Igihugu ya Basketball y’u Rwanda no mu makipe
atandukanye yo mu gihugu, yabitangaje abinyujije mu butumwa yashyize kuri konti
ye ya X kuri uyu wa Kabiri tariki ya 10 Gashyantare 2026.
Mu
magambo ye yagize ati: “Nyuma y’imyaka 18, ndatangaza ko nsezeye gukina umukino
wa Basketball. Ndashimira Imana. Nishimira cyane kandi nshimira byimazeyo
abantu bose bagize uruhare mu rugendo rwanjye: umuryango wanjye n’inshuti,
abatoza bose, abo twakinanaga, abo twahanganye mu kibuga, abafana n’ubuyobozi
bw’amakipe. Murakoze cyane. Uwanyu, Kapiteni.”
Mugabe
Aristide yabaye umwe mu bakinnyi b’inararibonye kandi b’icyitegererezo muri
shampiyona y’u Rwanda ya Basketball, anagira izina rikomeye mu Ikipe y’Igihugu,
aho yamaze igihe kinini ari kapiteni, ayobora bagenzi be mu marushanwa
atandukanye yo ku rwego rw’Akarere no ku rwego mpuzamahanga.
Uyu
mukinnyi yanyuze mu makipe atandukanye ya hano mu Rwanda, arimo Espoir BBC na
Rusizi BBC mu ntangiriro z’urugendo rwe, mbere yo kumenyekana cyane mu Patriots
BBC yamazemo imyaka umunani, aho yagize uruhare rukomeye mu gutsindira iyi kipe
ibikombe no kuyigira imwe mu zikomeye mu gihugu.
Nyuma
yo kuva muri Patriots BBC, Mugabe Aristide yerekeje muri Kepler BBC, aho atari
umukinnyi gusa, ahubwo yanabaye umutoza wungirije, agaragaza ko ubumenyi
n’ubunararibonye afite ashobora kubusangiza abakiri bato no kubufasha mu
iterambere rya Basketball y’u Rwanda.
Mugabe
Aristide yavukiye mu Karere ka Huye ku itariki ya 11 Gashyantare 1988. Uretse
gukina Basketball, yagiye anagaragaza kenshi ko afite urukundo rukomeye ku
muziki, aho akunze kuwufata nk’indi mpano imuhesha ituze n’akanyamuneza.
Nubwo
yasezeye gukina Basketball bw’umwuga, izina rya Mugabe Aristide rizakomeza
kwibukwa nk’iry’umukinnyi wagize uruhare rukomeye mu iterambere ry’uyu mukino
mu Rwanda, ndetse benshi bakizera ko azakomeza kuwugiramo uruhare binyuze mu
gutoza no gufasha abakiri bato kuzamuka.


Ku
wa 30 Kamena 2022, Aristide Mugabe, yari yatangaje isezera rye mu gukinira
Ikipe y’Igihugu, ashyira iherezo ku rugendo rw’imyaka 11 yari amaranye n’Ikipe
y’Igihugu
