Mucyo WaKera yakoze mu nganzo, agaragaza ibyakomye mu nkora urugendo rw'umuziki we

Imyidagaduro - 12/07/2023 10:56 AM
Share:

Umwanditsi:

Mucyo WaKera yakoze mu nganzo, agaragaza ibyakomye mu nkora urugendo rw'umuziki we

Umuhanzi Mucyo WaKera usanzwe ukora akazi ko gutunganya amashusho y’ibiganiro, yashyize ahagaragara amashusho y’indirimbo yise "Niba Wishimye", atangaza ko mu myaka itanu ishize ari mu muziki yahuye n’imbogamizi zirimo kuba ibihangano bye bitaramenyekanye ku rwego nk’urwo yabyifuzaga.

Yabwiye InyaRwanda ko kwinjira mu muziki atari ibintu byamutunguye, kuko yakuze yiyumvamo impano, kandi kuva akiri muto yakundaga umuziki, akunda kuririmba no kubyina.

Ati “Wasangaga ndi wa mwana uhora imbere ya Televiziyo areba umuziki n’amafilime, kandi nkaba ndi kwigana ibyo nabonye (nko kubyina) ahantu nihishe."

Akomeza ati “Nagiraga isoni ariko nakundaga ibijyanye n’imyidagaduro, kandi uko nkura nagendaga nivumburamo ibijyanye n’ubuhanzi, kugeza ubwo ntangiye kujya mpimba indirimbo zanjye."

Uyu musore avuga ko kuva akiri ku ntebe y’ishuri yagiye agerageza gukora indirimbo gake  gake  mu buryo butabangamiye amasomo.

Ababyeyi be n’abavandimwe be bakunda umuziki nubwo ntawundi mu muryango wabikoze nk’umuhanzi.

Yibuka ko Se yari afite Radio ya 'Cassette' nini, ku buryo ku bunani bararaga bacuranga, babyina kugeza bukeye.

Mucyo ashima ababyeyi be ku bw’inkunga bamuteye ubwo yinjiraga mu muziki, kandi bakamugira inama yo gukora umuziki nyuma y’uko asoje amasomo.

Ati “Ababyeyi bambwiye ko ngomba kubanza kwiga nkazajya mu by’umuziki neza nyuma, kandi ni nabo bagiye bampa amafaranga yo kujya muri studio ngakora zimwe mu ndirimbo nahereyeho."

Akomeza ati “Ikindi nakundaga kubona hafi yanjye urungano rukunda umuziki, rero byose byahura n’urukundo nkunda umuziki, no kwiyumvamo impano nkumva rimwe nzatobora ngakora umuziki."

Imyaka itanu irashize ari mu muziki, iherekejwe no kuba yaragiye ashyira hanze indirimbo zinyuranye.

Mucyo avuga ko imbogamizi yagiye ahura nazo zatumye izina rye ritamenyekana, ahanini zishingiye ku bushobozi buri muhanzi wese akenera ngo azamuke.

Ati “Imbogamizi nagiye mpura nazo ni izo kutabona ubufasha cyangwa ubushobozi umuhanzi aba akeneye kugirango izina rye rizamuke, aho navuga kubura amikoro yo kujya muri studio ngo ukore 'audio' iri ku rwego rwiza cyangwa se video."

Anavuga ko n’ibihangano yagiye akora atabonye inzira nziza yo kubyamamaza mu bitangazamakuru, biri mu byatumye bidahita bimenyekana nk’uko byakagenze.

Avuga ati “Ikindi gikomeye ni ukubura 'Promotion' y’ibihangano byanjye ku bitangazamakuru bitandukanye, hari ubwo najyanaga ibihangano ku bitangazamakuru ngategerereza ko bazabitambutsa ngaheba, ikindi kintu ni ukuba ibintu byose mbyikurikiranira ku giti cyanjye."

Akomeza ati “Tekereza kuzamenya aho amafaranga ya studio azava kugeza kugushaka promotion y’ibihangano, kandi byose ugomba kubifatanya n’ubuzima busanzwe."

"Ni ibintu biba bigoye, gusa sinjya ncika intege ku kintu nkunda, burya ingorane zirakwigisha, ni inzira imwe mu nzira ya muntu, ngomba gukomeza kugeza igihe izina ryanjye rizaremera."

Asanzwe akora ibijyanye na ‘Videography’ kuri The New Times

Mucyo asanzwe ari umukozi w’Ikinyamakuru The New Times aho akora mu bijyanye no gukora no gutunganya amashusho (Videography).

Avuga ko umusaruro akura muri akazi ari wo umufasha kujya muri studio agakora izindi ndirimbo.

Ati “Ikindi ‘Videography’ nkora ijyanye na ‘Journalism’ bityo bikamfasha kujya ahantu hatandukanye habereye ibitaramo cyangwa ibindi bijyanye n’ubuhanzi ku buryo ngenda mpakura amasomo, ndetse bikampuza na bamwe mu bahanzi ku buryo ngira icyo mbigiraho cyangwa se tukubaka n’ubushuti bwazatanga umusaruro mu gihe kizaza."

Avuga ko atari akazi koroshye kuri we, kuko rimwe na rimwe usanga gutunganya amashusho n’amajwi bimutwaye umwanya munini, kwita ku muziki asanzwe akora ntabibonere umwanya nk’uko bisanzwe.

Akomeza ati "Gusa ngerageza kureba uko nabihuza uko bishoboka, byose ni ibintu byanjye rero ngomba kubikora."

Mucyo avuga ko kuva yakwinjira mu mu muziki yinjiranye intego gukora umuziki ufite ubudasa n’umwihariko. Avuga ko ashaka kugira umwimerere we ku buryo umuntu azajya yumva indirimbo ze akumvamo itandukaniro cyangwa se ikintu gishya.

Avuga kandi ko ashaka kugera ku rwego rw’aho umuziki we uzajya uba ukinwa hose mu gihugu, agatumirwa mu bitaramo bikomeye, kandi akaba ari ku rwego rwo gutungwa n’umuziki ku buryo ibindi byo gukora byaba ari inyunganizi.

Mu 2017 nibwo yasohoye indirimbo ye ya mbere ‘Papillon’. Avuga ko ayifiteho urwibutso rudasaza, kuko amafaranga yakuyemo yamufashije gukora indi ndirimbo.

Imwibutsa kandi abantu yagiye ayiririmbira mu bukwe, ikamwibutsa umusore umwe wamubwiye ko yayitereteshaga kuko yari afite umukunzi witwa Papillon

Inamuha ishusho y’iterambere ry’umuziki we mu buryo agenda arushaho kumenya kuyobora ijwi rye, ndetse no kwisanzura nk’iyo ari muri studio.

Ati “Buri munsi ngenda niga ibintu bishya, rero iriya ndirimbo navuga ko ari nk’itangiriro ryo kumenya ubwoko bw’umuziki nkora."

Uyu musore asanzwe anakora ibiganiro bitambuka kuri shene ye ya Youtube, bigamije kwigisha abantu, kubereka ahantu nyaburanga, ibishingiye ku muziki n’ibindi.

Ubu yasohoye indirimbo yise ‘Niba wishimye’ yibutsa abantu ko bagomba kwishima, kubaho ubuzima bufite umunezero n’icyizere cy’ejo hazaza, bakirengagiza ibizazane n’ingorane bahura nazo mu buzima bwa buri munsi.

Iyi ndirimbo yakozwe mu buryo bw’amajwi na Producer Jimmy, yisunze cyane injyana yise ‘Kinyamapiano’, aho yavanze amapiano na gakondo Nyarwanda. Mu busanzwe, Mucyo akora injyana ya Afro-Fusion.

Murekaze Mucyo Willy Pascal [Mucyo WaKera] yavukiye mu Majyepfo y’u Rwanda, afite impamyabumenyi ya Kaminuza mu bijyanye no gukina Ikinamico n’ibijyanye nayo, ndetse no kubyigisha (Drama with Education).

Muri iki gihe atuye i Kigali mu karere ka Gasabo, ni naho nkorera akazi ke ka buri munsi.  Uyu musore avuga ko kimwe mu byo abantu bamumenyaho ari uko ari umuntu utuje, ukunda kwiga ibintu bishya, gutembera ahantu hashya, kureba inkuru mbarankuru ‘Documentaire’- Kuri we avuga ko umuziki ari ubuzima.

Mucyo avuga ko mu myaka itanu ishize yahuye n'imbogamizi zo kumenyekanisha ibihangano bye 

Mucyo avuga ko akazi akora ko gufata amashusho kamwunganira mu muziki amaze imyaka itanu akora

Mucyo avuga ko ashaka gukora akagera ku rwego rw'aho umuziki uzamutunga

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'NIBA WISHIMYE' YA MUCYO WAKERA

">

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO YA MBERE YA MUCYO YISE 'PAPILlON'

">



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...