Iyi kipe yahise yerekeza kuri Stade yayo iri mu gace ka Omdurman aho yagiye guhura n’abafana bayo bari bishimiye kongera kubona ikipe yabo nyuma y’imyaka itatu yari imaze ikina hanze ya Sudan kubera ibibazo by’umutekano mucye byari muri iki gihugu.
Muri iyo myaka itatu, Al Hilal yakomeje kwitwara neza mu marushanwa atandukanye, yegukana igikombe cya Super Sudanese Cup cyabereye muri Tanzania, inatwara Shampiyona ya Mauritania ndetse isoza inegukanye BK Pro League yo mu Rwanda.
Kuri ubu, Al Hilal igiye kwinjira mu mikino ya kamarampaka ya Shampiyona ya Sudan izagena amakipe ane azahagararira Igihugu mu marushanwa Nyafurika arimo CAF Champions League na CAF Confederation Cup.
Mu bakinnyi 25 Umutoza yahisemo kujyana barimo: Mohammed Abdelrahman, Sufyan Farid, Ahmed Salem, Abdelraouf Yacoub, Gamar El Din, El Tayeb Abdelrazig, Ernest Lozolo, Mostafa Karshom, Mazen Simbo, Mohammed Ahmed Ernq, Yasser Awad, Salah Adel, Mazen Fadl, Waleedine Khidr, Sunday, Yasser Muzammil, Petros, Stephen Ebuela, Emmanuel Flomo, Jean Claude Girumugisha, Othman Diouf, Mousa Kante, Mohammed Mostafa, Mohammed Munzir, Mohammed Madani.
Hagati aho, indi kipe igizwe ahanini n’abakinnyi bakiri bato yasigaye mu Rwanda kugira ngo ikomeze gukina imikino itatu ya nyuma ya BK Pro League isigaye muri uyu mwaka w’imikino 2025/26.






