Mu myaka itandatu, Ice Prince yanyweye urumogi rwa Miliyoni 360 Frw

Imyidagaduro - 28/05/2026 10:20 AM
Share:

Umwanditsi:

Mu myaka itandatu, Ice Prince yanyweye urumogi rwa Miliyoni 360 Frw

Umuraperi Panshak Henry Zamani wamamaye nka Ice Prince, yatangaje ibintu byatunguye benshi, avuga ko imyaka itandatu yamaze anywa urumogi byamutwaye amafaranga menshi cyane kugeza ubwo yarenze miliyoni 340 z’Amafaranga akoreshwa muri Nigeria azwi nka Naira (Ni hafi Miliyoni 360 Frw)

Uyu muhanzi wamamaye mu ndirimbo zirimo 'Aboki', yabigarutseho mu kiganiro aherutse kugirana na podcast ya Black Box, aho yavuze ko amafaranga yakoresheje ku rumogi hagati ya 2020 na 2026 yayahaye umuntu umwe gusa warumugurishaga i Lagos.

Ice Prince yavuze ko ayo mafaranga atarimo ayo yahaga abandi bantu bamucururizaga urumogi mu bindi bice bitandukanye birimo Abuja, Jos, Ghana n’i London. Yavuze ko iyo abaze amafaranga yose yatakaje muri icyo gihe, ashobora kuba arenze cyane ayo yavuze.

Mu magambo ye, yagize ati: “Kuva mu 2020 kugeza mu 2026, nakoresheje N340 million ku rumogi nagura ku muntu umwe gusa. Ntabwo harimo ayo nahaye abandi bantu banyohererezaga urumogi muri Abuja, Ghana, Jos na London.”

Uyu muhanzi yavuze ko nyuma yo kubona uburyo kunywa urumogi n’inzoga byari biri kumwangiriza ubuzima ndetse bikamutwara amafaranga menshi, yafashe icyemezo cyo kubireka burundu.

Ice Prince yavuze ko urugendo rwo kugabanya ibiro no kumenya ubuzima bwe ari rwo rwamufashije gufata uwo mwanzuro, aho yatangiye kwiyitaho no kureba kure ubuzima bwe bw’ejo hazaza.

Yongeyeho ko kuri ubu amaze igihe atanywa inzoga ndetse atanakoresha urumogi, ibintu avuga ko byamufashije kugira ubuzima butekanye no gutuza mu mutwe.

Uyu muraperi kandi yatunguye benshi ubwo yavugaga ko amaze igihe aba mu buzima bwo kwifata, aho yavuze ko atari mu rukundo cyangwa ngo abe ari mu mibonano mpuzabitsina muri iki gihe, asobanura ko ari kimwe mu byo yahisemo kugira ngo yibande ku buzima bwe no ku kwiyubaka bushya.

Ice Prince yatangaje ko mu myaka itandatu gusa yakoresheje amafaranga asaga miliyoni 360 Frw ku rumogi yaguze ruturutse ku mucuruzi umwe gusa


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...