Iki
gitaramo cyabereye muri BK Arena, gihuriza hamwe ibihumbi by’abantu baje
kwifatanya na Ambassadors of Christ mu kwizihiza imyaka 30 iyi korali imaze
ikoresha impano y’umuziki mu kwamamaza ubutumwa bwiza no gukomeza imitima ya
benshi.
Sarah
Sanyu, umwe mu bafite amateka akomeye na Ambassadors of Christ, ni umwe mu
banyamuryango n’abaririmbyi bagize uruhare muri uru rugendo.
Kuri
we, iyi sabukuru ntabwo ari ukwishimira imyaka 30 gusa, ahubwo ni umwanya wo
kureba inyuma, kwibuka aho iyi korali yavuye no kubona uruhare Imana yagize mu
mateka yayo.
Mu
kiganiro na InyaRwanda, Sarah yavuze ko igitaramo cya BK Arena cyari umugisha
udasanzwe, ashimangira ko ibyo Ambassadors of Christ yagezeho mu myaka 30
bitashobokaga hatabayeho ukuboko kw’Imana.
Ati:
“Ni umugisha Imana itanga! Mu myaka 30 yaratwiyeretse, no muri uyu mwaka
yatwiyeretse. Nta cyo twashinze Imana. Mu magambo make, ni umugisha pe, Imana
yakoze.”
Gutegura
igitaramo kinini nk’icyabereye muri BK Arena ntabwo ari ibintu byoroheje. Sarah
avuga ko nubwo bari bafite icyizere n’ukwizera Imana, hari ibihe byageze
bakibaza niba gahunda yose izagenda neza ndetse niba abantu bazitabira ku
bwinshi.
Yasobanuye
ko kuba umuntu afite ukwizera bidakuraho ibihe ashobora kugira intege nke
cyangwa agatangira kwibaza ku hazaza h’umushinga ari gutegura.
Ati:
“Nk’umwana w’umuntu hari igihe acika intege. Mu by’ukuri ku kintu kinini nk’iki
utegura hari ukuntu ugeraho ugacika intege, ukibaza uti ‘ese bizagenda bite?
Abantu bazitabira?’”
Sarah
avuga ko icyo gihe cyo gushidikanya cyakurikirwaga no kongera kwiyibutsa ko
icyo barimo gukora bagishyize mu biganza by’Imana.
Ati:
“Ariko nanone ukongera kwizera muri wowe hamwe no gusenga, kuko Imana nta cyo
yinanirwa nk’uko tujya tubiririmba. Iyo Imana wayishyize mu byawe, nayo
iragushyigikira.”
Yongeraho
ati: “Rero hari uburyo twashidikanyaga nk’abana b’abantu, ariko nanone tukizera
ko Imana ifite ubushobozi n’ibyo yabikora, ikaduha abantu bakaza kudushyigikira,
kandi na gahunda ikagenda neza.”
Kuri
Sarah, uko igitaramo cyagenze ni kimwe mu bintu byatumye arushaho kubona ko
urugendo rwa Ambassadors of Christ rw’imyaka 30 rufite ikiganza cy’Imana.
Ambassadors of
Christ, igice cy’ingenzi mu mikurire ya Sarah
Ku
bantu benshi, Ambassadors of Christ izwi cyane kubera indirimbo n’ibitaramo
byayo byagiye bikora ku mitima ya benshi. Kuri Sarah Sanyu ho, iyi korali ifite
igisobanuro kirenze umuziki.
Avuga
ko Ambassadors of Christ yagize uruhare rukomeye mu buzima bwe, cyane cyane mu
gihe yakuraga no mu rugendo rwe rwo kubaka indangagaciro za Gikristo.
Ati:
“Icya mbere, byamfashije mu rugendo rwo gukura kwanjye. Korali yaramfashije
cyane. Yamfashije kwagura indangagaciro za Gikristo, kumenya imyitwarire ngomba
kwitwara nk’Umukristo...”
Ibi
bigaragaza ko kuri Sarah, Ambassadors of Christ itabaye gusa ahantu ho
kuririmba no guteza imbere impano, ahubwo yabaye n’ahantu ho gukurira mu
myemerere, mu mico no mu myitwarire.
Usibye
uruhare yagize mu mikurire ye no mu myemerere ye, Sarah avuga ko Ambassadors of
Christ yamubereye umuryango.
Nubwo
afite umuryango yavukiyemo, avuga ko imyaka yamaze muri iyi korali yamuhaye
abandi bantu benshi babaye hafi ye, bamushyigikira kandi bakomeza kumubera
igice cy’ingenzi cy’ubuzima bwe.
Ati:
“Icya kabiri ni uko Ambassadors yambereye umuryango. Kuba mfite umuryango
mvukamo, ariko Ambassadors ni umuryango wa gatatu kuri njye.”
Sarah
avuga ko muri uyu muryango yaboneyemo imigisha itandukanye, irimo abantu ndetse
n’urukundo rwagiye rumufasha mu buzima bwe.
Ati:
“Nahaboneye imigisha myinshi, byampaye abantu. Abantu bambwira ko bankunda
kubera ko babombye muri Ambassadors, rero urwo rukundo bampa hari uburyo Imana
igenda irunyuzamo imigisha myinshi.”
Yasoje
agira ati: “Rero mu magambo make, muri uyu murimo, muri Ambassadors, nahaboneye
umugisha.”
Ambassadors
of Christ yatangiye ibikorwa byayo by’ivugabutumwa mu 1995, ifite intego yo
gukoresha impano yo kuririmba mu kwamamaza ubutumwa bwiza no gukomeza
abakirisitu.
Mu
myaka yakurikiyeho, iyi korali yagiye ikura ndetse imenyekana mu Rwanda no
hanze yarwo, ahanini binyuze mu ndirimbo zayo zagize uruhare mu buzima
bw’abazumvise.
Indirimbo
za Ambassadors of Christ zagiye zibanda ku nsanganyamatsiko zitandukanye zirimo
kwizera Imana, gukomera mu bihe bikomeye, gukomeza umuntu uri mu bibazo no
gukunda igihugu.
Ni
na yo mpamvu ku bantu benshi, izina Ambassadors of Christ ritibutsa gusa korali
iririmba, ahubwo ribibutsa ibihe runaka banyuzemo, indirimbo zabaherekeje
ndetse n’ubutumwa bwagiye bubafasha mu buzima.
Mu
myaka 30, iyi korali kandi yakoze ibitaramo bikomeye mu Rwanda no mu mahanga,
igenda yagura umubare w’abakurikira ubutumwa bwayo.
Hari
abantu benshi banyuze muri Ambassadors of Christ mu bihe bitandukanye. Bamwe
bahahuriye n’umuziki, abandi bahakura ubucuti, imyemerere, uburere n’ubumenyi
bwagiye bubafasha no mu buzima busanzwe.
Ni
yo mpamvu iyi korali kuri bamwe itari itsinda ry’abantu bahurira hamwe
bakaririmba gusa. Yabaye ahantu abantu bakuriye, biga, bagirana ubucuti ndetse
bubakiramo indangagaciro.
Iyi
ni imwe mu mpamvu imyaka 30 ya Ambassadors of Christ ifite igisobanuro kirenze
umubare w’imyaka imaze ikora.
Ni imyaka y’abantu banyuze muri iyi korali, abayiririmbyemo, abayiyoboye, abayishyigikiye ndetse n’abakomeje gutwara ubutumwa bwayo mu bice bitandukanye by’ubuzima.

Igitaramo
cya Ambassadors of Christ cyari gifite insanganyamatsiko igira iti “Imana ni yo
yanditse amateka yacu” (God Painted Our Story)


Mbere y’igitaramo, Ambassadors of Christ yakoze ibikorwa bitandukanye bigamije gusangira ibyishimo by’iyi sabukuru n’umuryango nyarwanda

Kuva mu 1995 kugeza mu 2026, Ambassadors of Christ imaze imyaka 30 ikoresha umuziki nk’umuyoboro wo kugeza ubutumwa ku bantu

Kuri
Sarah Sanyu, icy'ingenzi si uko Ambassadors of Christ yageze ku myaka 30 gusa,
ahubwo ni uko muri iyo myaka yose yabonye ibimenyetso by’uko Imana yagendanye
na bo
KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO TWAGIRANYE NA SARAH SANYU
