Ibi byabaye inkuru
yavugishije benshi mu 2014, nyuma y’uko umugabo wo mu wundi mujyi wa Argentine Río
Negro, ahawe uburenganzira bwihariye bwo kwita umuhungu we Messi Daniel Varela,
nk’uko tubikesha ESPN.
Nyuma y’aho, ubuyobozi
bw’umujyi wa Rosario bwahise busobanura ko muri uwo mujyi gutanga izina “Messi”
ku mwana bitari bisanzwe byemewe.
Impamvu si uko ubuyobozi
bwafashe umwanzuro ko Lionel Messi ari we Messi wenyine ugomba kubaho, ahubwo
bishingiye ku mategeko agenga amazina muri Argentine.
Muri rusange, ayo
mategeko abuza ababyeyi guha abana amazina asanzwe ari amazina y’imiryango
(surnames), cyane cyane iyo bishobora guteza urujijo mu kumenya izina ry’umuntu
n’umuryango akomokamo.
Bityo, nubwo Lionel Messi
ari umwe mu Banyargentine bamenyekanye cyane ku isi kandi akaba ari ishema
rikomeye kuri Rosario, abana bavukiye muri uwo mujyi ntibashobora kwitwa “Messi”
nk’izina ryabo bwite.
Mu yandi magambo, ushobora kuvukira no gukurira mu mujyi wa Messi, ariko kwitwa Messi ubwabyo si ibintu byoroshye.



Muri Rosario muri Argentine, ababyeyi ntibemerewe kwita abana babo izina “Messi”
