MU MASHUSHO :Bruce Melodie yongeye gushimangira ubuhanga bwe muri muzika y’umwimerere mu imurikwa rya Ntundize

Imyidagaduro - 19/03/2015 1:06 PM
Share:

Umwanditsi:

MU MASHUSHO :Bruce Melodie yongeye gushimangira ubuhanga bwe muri muzika y’umwimerere mu imurikwa rya Ntundize

Kuri uyu wa 14/03/2015 nibwo umuhanzi Bruce Melodie yamuritse album ye ya kabiri yise’Ntundize’. Igitaramo cyo kuyimurika cyabereye mu kabyiniro kagezweho ka Kaizen gaherereye ku Kabeza mu mujyi wa Kigali . Muri iki gitaramo , uyu muhanzi akaba yarongeye gushimangira ko amaze kugira ubuhanga mu kuririmba muzika y’umwimerere(Live music).

Byari biteganyijwe ko igitaramo cyo kumurika album ya kabiri ya Bruce Melodie gitangira ku isaha ya saa tatu. Gusa cyaje gutangira gitinze.Ku  isaha ya saa tatu n’iminota 45 nibwo umushyushyarugamba Mc Tino yari ageze ku rubyiniro aha ikaze abari bateraniye aho bari barambiwe gutegereza.

MC TINO

MC TINO aha ikaze abitabiriye igitaramo

T Rock, wamenyekanye ubwo yaririmbaga indirimbo’Nimba padiri’ niwe muhanzi wabimburiye abandi. Uyu musore uri kuzamuka yaririmbye indirimbo 2, nyuma akurikirwa n’undi muhanzikazi ukizamuka Gigi nawe waririmbye indirimbo 2. Aba bombi bakaba bacuranze bifashishije CD(Playback).Itsinda rya Tresor niryo ryakurikiyeho gusa  bo bacuranga muzika y’umwimerere indirimbo nka’Uzajye unyibuka’ ya karahanyuze,’ I love you’, ‘Iwacu ‘n’izindi.

Bruce Melody

Bruce Melody

Umuhanzi Bruce Melodie aririmbandirimbo ze zinyuranye

Nyuma ya Tresor, Bruce Melody niwe  winjiye ku rubyiniro maze ibintu bihita bihinduka. Muri muzika y’umwimerere, uyu muhanzi yaririmbye indirimbo nka ‘Nashima’,Telefoni’,Indorerwamo, Ntujya uhinduka’,’ Tubivemo’, Hallo n’izindi zinyuranye. Ubwo yageraga ku ndirimbo ‘Ntundize’ ari nayo yitiriye album ye, byagaragaye ko ifite abakunzi benshi banabigaragaje, maze benshi mu bagore n’abakobwa bari aho amarangamutima arabarenga, bamwe bararira.

Mu bagaragaje kwishimira indirimbo ‘Ntundize harimo umunyamakuru  wa RBD ukomeye mu myidagaduro, Tidjara Kabendera.

Uyu muhanzi akaba yahise aha abandi umwanya , bityo asaba abafana be kumutegereza mu cyiciro cya kabiri yagombaga kongera kubasusurutsamo.

Itsinda Dream boys nibo bakurikiyeho baririmba bifashishije CD zimwe mu ndirimbo zabo nka  ‘Uzahahe uronke’,’Nzibuka n’abandi,’Gasopo ‘ basoreza kuri Tujyane Iwacu.

Nubwo atari ari ku rupapuro rwamamaza igitaramo, umuhanzi Senderi nawe yaje gufasha Bruce Melodie mu imurikwa rya album Ntundize. Ama G the Black , nawe yakurikiyeho ataramira abari aho mu ndirimbo ‘Twarayarangije’ ndetse n’indirimbo’Nyabarongo’.

Muri iki gitaramo umuhanzi Jay Polly nawe yaririmbye indirimbo ze zinyuranye nka ‘Kumusenyi’,Umupfumu uzwi’ ndetse na Deux fois deux.  Umuhanzi Riderman ndetse na Allioni bari bateganyijwe mu gufasha umuhanzi Bruce Melodie ntibigeze bahakandagira.

Bruce Melody

Igitaramo cyasojwe na none n’umuhanzi Bruce Melodie mu cyiciro cya kabiri yari yateganyije maze aririmba izindi ndirimbo nka’Ngwino’na ‘Mukamabano’ z’abahanzi bo ha mbere ndetse aza gusubiramo indirimbo ‘Ntundize, akurikizaho’uzandabure, ‘Sentiment’, asoreza ku ndirimbo’Ndumiwe. Iki gitaramo kikaba cyarasojwe ku isaha ya saa munani na mirongo ine n’irindwi za mu gitondo(02h47).

Reba hano amashusho y'uko igitaramo cyo kumurika album Ntundize ya Bruce Melodie

Renzaho Christophe


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...