Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu, tariki 2 Ukuboza, muri Serena Hotel hongeye kuba igitaramo cya Jazz Junction, gusa by’umwihariko kuri iyi nshuro usibye itsinda The Neptunes, abitabiriye iki gitaramo bataramiwe na Orukesitire Injyana Jazz Big Band ryaturutse muri Injyana Ensembles, umuhanzikazi n'umucuranzi Moroots wanagaragaye mu gitaramo nk’iki giheruka, ndetse na Cindy Sanyu, umuhanzikazi uherutse gutwara igihembo cy’umuhanzikazi mwiza muri afurika y’uburasirazuba mu irushanwa rya AFRIMA (All Africa Music Awards).
Dore uko igitaramo cyagenze mu mafoto:
.jpg)
Igitaramo cyatangiye ahagana mu ma saa mbiri n’igice, icyo kunywa cyari tayari dore ko Mutzig ari umuterankunga mukuru
.jpg)
Umuyobozi w'Injyana Jazz Big Band ati :” tugiye kubataramira, ariko namwe muradufasha”
.jpg)
Abacuranzi b’iri tsinda babanje kwambara utugofero tugaragaza Noheli, dore ko indirimbo nyinshi bacuranze zari zijyanye nayo
.jpg)
Iri tsinda ricuranga umuziki mu buryo bwa Instrumentale ndetse na Classique, ni ukuvuga umuziki ukoresheje ibyuma bya muzika gusa, nta majwi.
.jpg)
Abiri muri iki gitaramo batangajwe n’ubuhanga iri tsinda rifite
.jpg)
.jpg)
.jpg)
Gusa nyamara uyu muziki kuwumva bisaba kwitonda, ugakurikira kugirango ubashe kumva uburyohe bwawo
.jpg)
.jpg)
.jpg)
Iri tsinda ryiganjemo urubyiruko, abana bato bacuranga bikaryoha
.jpg)
Hari aho byageraga amarangamutima akaza, dore ko umuziki w’iri tsinda wiganjemo umugendo utuje ugera ku mutima
.jpg)
N’ubwo gafotozi nari mpari, n’abandi banze gutaha batitwariye amafoto azajya abibutsa iki gitaramo
.jpg)
.jpg)
.jpg)
.jpg)
Iri tsinda ricuranga ahanini ndirimbo zihimbaza Imana, ryongeye gutuma abari aho n’ubundi barushaho kwikundira iki gitaramo Jazz Juntion
.jpg)
.jpg)
.jpg)
.jpg)
.jpg)
.jpg)
Umuhanzikazi Nina nawe yashimishijwe no kwibera mu gitaramo nk’iki cyuje umuziki uri live gusa.
.jpg)
Nyuma y’iri tsinda, umuyobozi wa The Neptunes Band, Remmy Lubega ashima abaterankunga batandukanye, ndetse anavuga ko bagenewe ishimwe
.jpg)
Richard Kabonero, ambasaderi w’Ubugande mu Rwanda ku ikubitiro ni we wahawe ishimwe ku bwo gushyigikira Jazz Junction
.jpg)
Serena Hotel nayo yashimiwe
.jpg)
Patycope umusore umenyerewe ku mbuga nkoranyambaga nawe yahawe ikimenyetso k’ishimwe
.jpg)
.jpg)
Haciyemo akanya gato, abari bahari bategereje umuhanzi Moroots.
.jpg)
.jpg)
Akihagera nk’ibisanzwe yaje mu ijwi rye ry’ubuhanga, ashimisha abari bamutegereje
.jpg)
.jpg)
.jpg)
.jpg)
Lubega atebya ati “basore b’ingaragu, uyu mwari afite imyaka 17 gusa”
.jpg)
Hahahaha
.jpg)
Saxophone, kimwe mu bikoresho b’umuziki biyobora injyana ya Jazz
.jpg)
Cindy Sanyu wari utegerejwe n’imbaga aba asesekaye ku rubuga
.jpg)
.jpg)
.jpg)
Usibye ubuhanga mu kuririmba, Cindy yihariye n’ubuhanga mu kubyina bitangaje
.jpg)
Jodi Phibi ni umwe mu bakunzi ba hafi b’uyu muhanzikazi
.jpg)
.jpg)
.jpg)
.jpg)
Sample Dat, Zalawo, Selecta n’izindi nyinshi ni zimwe mu ndirimo Cindy yaririmbiye abari bahari
.jpg)
Itsinda rya The Neptunes ryafashije uyu muhanzikazi
.jpg)
Agafoto ntikakagucike, si buri munsi Cindy aza mu Rwanda
.jpg)
.jpg)
Abari bahari nabo bahagurutse bakata umuziki
.jpg)
Uburyo abantu baryoherwa n’umuziki buratandukana, uretse guhaguruka ukawuceka, hari n’abandi bituriza nyamara barimo kuryoherwa rwose
.jpg)
Iki gitaramo abakitabiriye batahanye inseko ku maso nk’ibisanzwe
Amafoto : Jean Luc HABIMANA/ Afrifame Pictures
.jpg)