Kuva
tariki ya 22 Gicurasi 2026, BK Arena yabaye nk’icyicaro cy’imyidagaduro n’ishyaka,
aho buri munsi abantu ibihumbi bateranira kureba amakipe akomeye ya Afurika
ahatanira igikombe cya BAL. Gusa si Basketball yonyine iri gukurura abantu,
kuko no hanze y’ikibuga habereye ibindi birori byihariye byuzuyemo ibyamamare
n’abakunzi b’imyidagaduro.
Abahanzi
bazwi, abanyamideli, abanyarwenya, abakina filime, abanyamakuru n’abauga rikumvikana
ku mbuga nkoranyambaga ni bamwe mu bagiye bagaragara muri iyi mikino, benshi
bayikurikirana bari kumwe n’inshuti zabo cyangwa abafana babo, ibintu byatumye
BAL irushaho kuba nk’umunsi mukuru uhuza siporo n’imyidagaduro.
Hari
bamwe bagiye bagaragara babyina indirimbo zicurangwaga n’aba-DJ batandukanye,
abandi bafata amafoto n’abafana, mu gihe bamwe mu bahanzi nyarwanda bagiye
banaririmba imbere y’abitabiriye iyi mikino, ibintu byatumye BK Arena ihora iri
mu mwuka w’ibirori.
Uyu
mwaka wa BAL wasize benshi bavuga ko Basketball yatangiye kugira umwanya
ukomeye mu myidagaduro yo mu Rwanda no muri Afurika muri rusange. Ni ibintu
byashimangiwe n’ubwitabire budasanzwe bw’urubyiruko ndetse n’uburyo imikino
y’iyi shampiyona yakurikiwe ku mbuga nkoranyambaga.
Mu
kibuga hagati na ho, ikipe ya RSSB Tigers ihagarariye u Rwanda yakoze amateka
akomeye igera ku mukino wa nyuma wa BAL uzakinwa ku Cyumweru tariki 31 Gicurasi
2026. Ni intambwe yatumye abafana b’u Rwanda bongera kugira icyizere cy’uko
igihugu gishobora kwiyubakira izina rikomeye muri Basketball nyafurika.
Nyuma
yo kugera ku mukino wa nyuma, Umutoza wa RSSB Tigers, Antino Jackson Jr, yavuze
amagambo agaragaza urugendo rutoroshye iyi kipe yanyuzemo.
Yagize
ati: “Nta muntu watekerezaga ko tuzagera hano. None ngaha ni ho turi.”
BAL
ni irushanwa ritegurwa ku bufatanye bwa NBA n’abashoramari batandukanye barimo
na Leta y’u Rwanda. Rigamije guteza imbere umukino wa Basketball muri Afurika,
gushaka impano z’abakinnyi bashobora kugera muri NBA no gukomeza gukundisha uyu
mukino abakiri bato.
Uyu
mwaka, iri rushanwa ryitabiriwe n’amakipe umunani arimo RSSB Tigers yo mu
Rwanda, Dar City yo muri Tanzania, Club Africain yo muri Tunisia, ASC Ville de
Dakar yo muri Sénégal, Al Ahly yo mu Misiri, Al Ahly Ly yo muri Libya, FUS
Rabat yo muri Maroc na Petro de Luanda yo muri Angola.
Aya
makipe yose yakiniye muri BK Arena imbere y’abafana benshi, mu mikino yakomeje
gutanga ibyishimo ndetse ikanahindura Kigali kimwe mu bice by’ingenzi bya
Basketball muri Afurika.
Mu
gihe hasigaye umukino wa nyuma gusa, benshi bakomeje kuvuga ko BAL itari irushanwa
rya Basketball gusa, ahubwo yabaye umwanya wo guhuriramo kw’imyidagaduro,
ubucuti n’umuco w’urubyiruko rwa Afurika.








































