MU MAFOTO 100: Perezida Kagame na Madamu batangije ibikorwa byo #Kwibuka32

Imyidagaduro - 08/04/2026 6:17 AM
Share:

Umwanditsi:

MU MAFOTO 100: Perezida Kagame na Madamu batangije ibikorwa byo #Kwibuka32

Perezida Paul Kagame na Madamu batangije Icyumweru cy'Icyunamo n'Iminsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi. Mu ijambo rye, Umukuru w'Igihugu yatangaje ko ubuhamya bw’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bukwiye kubera isomo rikomeye abakigerageza kuyihakana cyangwa kuyipfobya.

Yabivuze kuri uyu wa Kabiri tariki ya 7 Mata 2026 mu muhango wabereye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi. Perezida Kagame yagaragaje ko ubuhamya bwatanzwe n’abarokotse Jenoside yakorewe  Abatutsi bufite agaciro gakomeye kuko bushingiye ku kuri kwabayeho.

Ati: “Hari ubundi buhamya burebure burimo amateka akomeye Théoneste amaze kutugezaho. Ibyo twumvise byose bifite aho bishingiye, ni ukuri.”

Umukuru w’Igihugu yongeye gushimangira ko u Rwanda rutazongera gusubira mu mateka mabi rwanyuzemo, avuga ko nta muntu uzongera kwica Abanyarwanda nk’uko byagenze muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ati: “Ubwo turi aha mutureba, igihugu cyose mureba, ntabwo gishobora gupfa kabiri. Mbere y’uko wakwica u Rwanda, ruzakwica. Ntabwo wakwica abantu kabiri, ntibibaho. Ari twe bakuru, ari abana bacu, ntawe uzabica kabiri, ntibishoboka.”

Yakomeje asaba Abanyarwanda gukomeza kubaho mu mahoro n’icyizere, birinda abashaka gusubiza igihugu inyuma.

Ati: “Tuzabaho nk’uko abantu bakwiriye kuba babaho. Hari ababyumva ukundi kandi hari abazabisubiramo ukundi, ariko uko mbivuze ni uko nguko, abe ariko mubitwara.”

Perezida Kagame kandi yagaragaje ko amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi atazigera asibangana cyangwa ngo ahindurwe, anavuga ko abagerageza kuyahakana bafite urugendo rutoroshye.

Ati: “Abafite uko babihakana cyangwa babihakanya ngira ngo bafite akazi gakomeye kugira ngo uhindure amateka nk’ayo y’abantu, abantu nk’abandi, uyagire uko ushaka.”

Muri ibi bikorwa, Ngiruwonsanga Théoneste warokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi mu yahoze ari Perefegitura ya Cyangugu, yatanze ubuhamya bukomeye ku mateka y’ihohoterwa yakorewe umuryango we kuva kera.

Yavuze ko Jenoside itatangiriye mu 1994 gusa, ahubwo ko ibikorwa byo kwica Abatutsi byatangiye kera.

Ati: “Mbere ya Jenoside, imiryango y’Abatutsi ku musozi w’iwacu yari itunzwe n’ubwoba kurusha ikindi kintu icyo ari cyo cyose.”

Ngiruwonsanga yavuze ko sekuru yishwe mu 1964 ajugunywa mu Kiyaga cya Kivu, ndetse ko mbere gato ya Jenoside, abo mu muryango we bakomeje kwicwa, na we ubwe akajya atotezwa mu ishuri.

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yavuze ko Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi bikwiye gukomeza kwibutsa ibihugu inshingano zabyo zo kuyikumira, nk’uko biteganywa n’amasezerano mpuzamahanga.

Mu kiganiro yatanze, Dr Bizimana yagarutse ku mateka y’itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi, agaragaza ko hari ibimenyetso byari byaragaragaye kare ariko ntibihabwe agaciro.

Yavuze ko mu 1990, Ambasade y’u Bufaransa mu Rwanda yakoze raporo igaragaza ko hari umugambi wa Jenoside uri gutegurwa.

Yakomeje avuga ko mu 1991, Général Jean Varret wari ushinzwe ubutwererane bwa gisirikare mu Bufaransa, yasuye u Rwanda akaganira n’abayobozi b’icyo gihe bamubwira ku mugaragaro umugambi wo gutsemba Abatutsi.

Ati: “Abatutsi ni ba nyamuke, tuzabatsemba, abajandarume bazafatanya n’abasirikare barangize ikibazo cy’Abatutsi kandi ntibizaba birebire, ni bake cyane.”

Dr Bizimana kandi yagaragaje ko Jenoside yakorewe Abatutsi yari umugambi wateguwe n’ubutegetsi bwariho icyo gihe, buyobowe na Perezida Juvénal Habyarimana.

Ati: “Umugambi wa Jenoside waturukaga kuri Perezida Habyarimana ubwe kandi byatangiranye n’ubutegetsi bwe.”

Yakomeje avuga ko nubwo amahanga yari afite amakuru ku mugambi wa Jenoside, habayeho kudashyira mu bikorwa inshingano zo kuyikumira.

Ati: “Ibihugu binyamuryango byatsimbaraye ku kubura ubushake bwa politiki no kwanga nkana gukora ibyagombaga gukorwa mu kuyikumira no kuyihagarika.”

Ibi bikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi bikomeje hirya no hino mu Rwanda no ku Isi, aho Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bazirikana amateka banashimangira umuhate wo kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside.





AMAFOTO: Kigali Genocide Memorial


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...