Iki
gitabo, ari na cyo cya gatatu mu byo amaze kwandika, cyubakiye ku masomo 12
agize ibice byacyo, ariko umwanditsi agahuriza ubutumwa bwacyo ku nzego eshatu
z’ingenzi agereranya n’urugendo rw’ubuzima: kwiga, kurema no gutunga, ndetse no
gutanga no gusubiza.
Anderson
avuga ko intego y’ubuzima itagomba kugarukira ku kwiyubaka no kugera ku nzozi
umuntu yihaye. Ahubwo, umusaruro umuntu abona nyuma yo gukora cyane ukwiye
kugira icyo umarira abandi, kuko nta muntu ubaho wenyine.
Kwiga, kurema no
gutanga
Mu
gitabo cye, Anderson agaragaza ko umuntu atangira ubuzima ari umwigishwa. Yiga
ku babyeyi, ku muryango, ku ishuri, ku bantu bamukikije no ku byamubayeho.
Uko
agenda akura, amasomo yize amufasha kugira ibyo arema, akabibyaza umusaruro,
akagira ubumenyi, umutungo n’ibindi bimufasha kubaka ubuzima yifuza.
Ariko
kuri Anderson, hari urwego rwa nyuma abantu benshi birengagiza: kumenya gutanga
no gusubiza.
Avuga
ko umuntu ashobora kumara imyaka myinshi yubaka umutungo, izina, ubumenyi
cyangwa umwuga, ariko ubuzima bwe bukaba butaragera ku mwuzuro niba ataramenya
uko ibyo yagezeho bigirira abandi akamaro.
Ni
yo mpamvu ashimangira ko ubuzima butagizwe no kugundira, ahubwo ko bugizwe no
kwiga, kubaka no kurekura.
“Ubuzima ni
nk’amazi atemba”
Anderson
akoresha urugero rw’amazi kugira ngo asobanure neza igitekerezo cye.
Amazi
atemba agirira umumaro abayakeneye, ariko amazi ahagaze ashobora guhinduka
ikidendezi, aho umwanda n’ibindi byangiza ubuzima bishobora kwirundanya.
Ni
na ko abona ubuzima bw’umuntu.
Iyo
umuntu ahora yegeranya ibintu, amafaranga, ubumenyi cyangwa ubunararibonye
ariko ntamenye kubisangiza abandi, ibyo afite bishobora kutagera ku gaciro
byari bifite.
Ni
muri urwo rwego avuga ko ubuzima ari ugusubizayo.
Umuntu
akwiye kwibuka ko impano afite, ubumenyi, umutungo ndetse n’amahirwe yabonye
atari ibye gusa. Hari uruhare rw’abandi ndetse n’isi yamureze muri ibyo byose.
Isomo rya mbere:
Ibyo ugezeho ugomba kumenya kubisubiza
Isomo
rikomeye Anderson akura muri iyi ngingo ni uko buri ntambwe umuntu atera ikwiye
kujyana no gutekereza ku cyo azasigira abandi.
Niba
umuntu afite ubumenyi, ashobora kubusangiza abandi. Niba afite ubushobozi bwo
gufasha, ashobora kubukoresha mu gufasha abandi. Niba afite umutungo, ashobora
kuwukoresha mu buryo bugirira akamaro abo babana n’abo azasiga.
Umwanditsi
avuga ko “isi nta mwenda idufitiye, ahubwo ko ari twe dufite inshingano yo
kuyisigira ikintu cyiza kurusha uko twayisanze”.
Ni
igitekerezo gishingira ku kuba umuntu atagomba kwibera ku nyungu ze bwite gusa,
ahubwo akwiye no gutekereza ku murage azasiga.
Isomo rya kabiri:
Amahirwe na risk ni impanga
Anderson
kandi agaragaza isano iri hagati yo gufata ibyago no kubona amahirwe.
Avuga
ko amahirwe n’igihombo ari abavandimwe b’impanga, kuko akenshi amahirwe menshi
umuntu abona aba yaraturutse ku kintu yatinyutse gukora atazi neza niba
kizagenda uko abyifuza.
Gufata
‘risk’ bisobanuye kwemera gukora ikintu uzi ko gishobora kugira ingaruka, ariko
ugamije gutera imbere.
Iyo
bigiriye umuntu akamaro, abona umusaruro. Iyo bitagenze neza, ahakura isomo
rishobora kumufasha kongera kugerageza.
Ni
yo mpamvu Anderson avuga ko bigoye kuba umunyamahirwe mu gihe umuntu atigeze
atinyuka kugerageza.
Amahirwe,
kuri we, akenshi akura mu bikorwa umuntu aba yarakoze, rimwe na rimwe atazi ko
bizamugirira umumaro nyuma.
Isomo rya gatatu:
Isi ikeneye abantu badasanzwe
Anderson
avuga ko isi idakeneye ko abantu bose baba nk’abandi.
Umuntu
ushaka kugira icyo ahindura agomba gutinyuka kuba uwo ari we, gutekereza mu
buryo bwe no gukora ibintu bitandukanye n’ibisanzwe.
Ariko
kandi, avuga ko ubuzima ubwabwo ari umwarimu udasanzwe. Nubwo umuntu
yakwigerageza uko ashoboye kose kugira ngo yigaragaze cyangwa azamuke, hari
igihe ubuzima bumwigisha ko gukomeza kuzamura agaciro ke atari byo byonyine
by’ingenzi.
Hari
n’igihe bukwigisha guca bugufi no kumenya kurekura.
Umuntu
avuka nta cyo azanye, kandi iyo igihe cye kirangiye nta kintu na kimwe ajyana.
Ibyo yabonaga nk’ibye bisigara ku bandi.
Ni
yo mpamvu umwanditsi asaba umuntu kwiga hakiri kare ubugeni bwo kurekura, aho
gutegereza ko urupfu ari rwo ruzamwigisha kubikora.
Isomo rya kane:
Agaciro k’umuntu gapimirwa mu byo yamariye abandi
Mu
bindi bitekerezo by’ingenzi biri muri iki gitabo, Anderson agaragaza ko ubukungu
bw’umuntu budakwiye kuba uburyo bumwe bwo gupima intsinzi ye.
Ahubwo,
agaciro k’umuntu gapimirwa no mu bugiraneza yagiriye abandi ndetse n’icyo
ubuzima bwe bwamariye abo yabanye na bo.
Aha
ni ho ahuza ubuzima bwuzuye n’umutima wuzuye amashimwe.
Ku
bwe, umuntu ashobora gutunga byinshi, akabyishimira, ariko hakaba hari urwego
rwo hejuru rw’ibyishimo: kubaho nta mutima umucira urubanza, azi ko hari abo
yagiriye akamaro.
Ni
yo mpamvu asoza avuga ko umwuzuro w’ubuzima ari ugusazisha umutima wuzuye
amashimwe, umuntu azi ko hari icyo yasize akoze ku bandi.
Isomo rya gatanu:
Tangira ukiri muto
Anderson
asaba abantu, cyane cyane abakiri bato, kudategereza imyaka y’izabukuru kugira
ngo batangire kubaka ubuzima bafite intego.
Avuga
ko imico, ubumenyi, ubunararibonye ndetse n’ibyo umuntu aba azwiho mu myaka 60
akenshi biba byaratangiye kubakwa afite imyaka 20.
Ni
na ko bigenda ku byiza no ku bibi.
Umuntu
ushaka kuzaba umusaza cyangwa umukecuru ugifite akamaro ku bandi agomba
gutangira kubaka uwo murage akiri muto.
Niba
umuntu yaracikanwe cyangwa hari aho ubuzima bwamugoye, Anderson avuga ko agomba
gukoresha ubushobozi afite kugira ngo azibe icyuho uko bishoboka, kuko
bishobora gusaba imbaraga nyinshi kurusha iyo atangira kare.
Kumenya igihe cyo
gutanga
Mu
bitekerezo Anderson ashingiraho, harimo no kwibutsa abantu ko ubutunzi n’igihe
atari ibintu bihora biherekeje umuntu.
Umuntu
ashobora kugira amafaranga menshi ariko akabura igihe n’imbaraga zo kuyakoresha
mu byo yifuza.
Ashobora
kandi kugira ubushobozi bwo gufasha abandi, ariko igihe yageze aho atagifite
imbaraga zo kubikora, ibyo yari yaragundiriye bikaba bitakimufitiye umumaro
nk’uko byari bimeze mbere.
Ni
yo mpamvu asaba umuntu kudategereza ejo kugira ngo akore icyiza ashobora gukora
uyu munsi.
Niba
hari uwo ushaka gufasha, mufashe hakiri kare. Niba hari uwo ushaka gushimisha,
mubikore ukiri kumwe na we. Niba hari ikintu wifuza kwishimiramo,
ntukagitegereze kugeza igihe uzaba utagifite ubushobozi bwo kukigeraho.
“Sigira isi ibyawe
byose”
Mu
buryo bwagutse, Three Stages of a Fulfilling Life ni igitabo kivuga ku rugendo
umuntu anyuramo kuva akiri umwigishwa kugeza ubwo agira ibyo yiga, akabibyaza
umusaruro, hanyuma akagera ku rwego rwo kubisubiza abandi.
Anderson
yibutsa umusomyi ko ubuzima budakwiye kuba urugendo rwo gukusanya gusa.
Ni
urugendo rwo kwiga, kurema, gutunga, gutanga no gusubiza.
Ni
yo mpamvu ashimangira ko umuntu akwiye gusiga isi ibye byose, atari ukuvuga ko
agomba gutanga ibyo atunze byose, ahubwo ko akwiye kudapfusha ubusa ubumenyi,
impano, ubunararibonye n’ubutunzi yabonye mu rugendo rwe.
Anderson H. Thomas
II ni muntu ki?
Anderson
H. Thomas II ni izina ry’ubwanditsi ry’umwanditsi w’Umunyarwanda wavukiye i
Hoima muri Uganda, ku babyeyi Nebishaka Hitimana na Nyirabashyitsi Odette.
Ni
umwana wa kane mu bana umunani.
Afite
imyaka 12, umuryango we wimukiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho bahise
batangira gutura muri California.
Izina
rye ry’ubwanditsi, Anderson H. Thomas II, yarikoresheje nyuma y’inama yagiriwe
n’inzu yamufashaga mu kwandika no gusohora ibitabo, kuko yabonaga ko izina risa
n’ay’amahanga ryashoboraga kumufasha kugera ku basomyi benshi ku rwego
mpuzamahanga.
Kugeza
ubu amaze kwandika ibitabo bitatu.
Mu
2022 yasohoye The Autobiography of Ndizeye Hitimana, igitabo kivuga ku buzima
bwe, nyuma asohora Why Should We Fear Death?!, igitabo ashingiramo ku buryo umuntu
akwiye kubona urupfu nk’igice cy’urugendo rw’ubuzima aho kurubona gusa
nk’ikintu cyo gutinywa.
Ubu
yongeye kugaruka n’igitabo Three Stages of a Fulfilling Life, aho ashimangira
igitekerezo cy’uko umuntu atagomba kubaho yibereyeho wenyine, ahubwo ko
umwuzuro w’ubuzima ugaragarira mu cyo yasize akoreye abandi.
Ibitabo bya Anderson H. Thomas II biraboneka ku rubuga mpuzamahanga rugurishirizwaho ibitabo rwa Amazon.

Umwanditsi w’Umunyarwanda Anderson H. Thomas II agaragaza ko ubuzima bwuzuye bunyura mu nzego eshatu: kwiga, kurema no gutunga, hanyuma ugasubiza abandi umusaruro w’ibyo wubatse

Three Stages of a Fulfilling Life ni igitabo Anderson H. Thomas II yifashishije mu kwibutsa abantu ko ubuzima butarangirira ku gutunga, ahubwo ko umwuzuro wabwo ugera ku rwego rwo kumenya gutanga no gusubiza isi

Anderson H. Thomas II ashimangira ko amahirwe n'igihombo ari impanga z’ubuzima, kuko akenshi amahirwe umuntu abonera mu buzima aturuka ku butwari bwo kugerageza nubwo atazi neza uko bizagenda



