Uretse aba bakinnyi kandi, hari n’abandi byari byitezwe ko bazakora amateka mu gikombe cy’isi cy’umupira w’amaguru cya 2014 ariko ntibahawe amahirwe yo kuzakina iyi mikino, muri abo harimo abakinnyi babiri bo muri iki gihugu bakina muri Atletico Madrid ari bo Miranda na Filipe Luis, igihangange Philippe Coutinho ukina muri Liverpool ndetse na myugariro wa Bayern Munich witwa Rafinha.

Ronaldinho wabiciye bigacika muri iki gihugu ntazakina igikombe cy'isi cy'uyu mwaka
Iyi kipe y’igihugu cya Brazil izafungura iyi mikino ya nyuma y’igikombe cy’si ku mukino wa mbere uzayihuza n’igihugu cya Croatia, isanzwe kuva na cyera izwiho kugira abakinnyi benshi cyane kuburyo guhitamo abakinnyi bazifashishwa mu mikino ikomeye nk’iyi bitavugwaho rumwe ndetse bamwe mu bakinnyi baba bafatwa nk’ibihangange bikarangira badahamagawe kubera ubwinshi bw’abakinnyi b’abahanga.

Philippe Coutinho ukinira Liverpool nawe ntagaragara mu bazakina igikombe cy'isi cya 2014
Dore abakinnyi 23 bagize ikipe ya Brazil izakina imikino ya nyuma y’igikombe cy’isi:
Abanyezamu: Jefferson (Botafogo), Julio Cesar (Toronto FC), Victor (Atletico MG)
Abakina inyuma (ba myugariro): Dante (Bayern Munich) David Luiz (Chelsea), Henrique (Napoli), Thiago Silva (PSG) Dani Alves (Barcelona), Maicon (Roma) Marcelo (Real Madrid), Maxwell (PSG).
Abakina hagati: Fernandinho (Manchester City) Hernanes (Inter) Luiz Gustavo (Wolfsburg) Oscar (Chelsea) Paulinho (Tottenham Hotspur), Ramires (Chelsea), Willian (Chelsea).
Abakina imbere (Rutahizamu): Bernard (Shakhtar Donetsk), Fred (Fluminense) Hulk (Zenit) Jo (Atletico MG), Neymar (Barcelona).

Robinho nawe ntari mu bakinnyi bazakina igikombe cy'isi cy'uyu mwaka wa 2014
Manirakiza Théogène
