MTN yashyize ItelA200 muri gahunda ya Tunga Taci

Amakuru ku Rwanda - 14/05/2026 6:58 AM
Share:

Umwanditsi:

MTN yashyize ItelA200 muri gahunda ya Tunga Taci

Sosiyete ya Itel ku bufatanye na MTN Rwanda batangaje ko bashyize ku isoko telefone nshya ya Itel A200, igamije kwegereza Abanyarwanda ikoranabuhanga rigezweho ku giciro cyoroheye benshi cyane ko buri munyarwanda wese uyifuza yagana iduka rya MTN rimwegereye akayifata akishyura gake gake.

Iyi telefone ya Itel A200 izanye udushya twinshi, aho ifite umuvuduko wa internet wa 4.5G utuma uyikoresha ashobora gusura imbuga no gukoresha porogaramu zitandukanye mu buryo bwihuse kandi butagira ibibazo.

Si ibyo gusa kandi, kuko ifite n’ubwirinzi bwa IP65 buyifasha kwihanganira ivumbi n’amazi ku rwego runaka, bikayigira telefone ibereye ubuzima bwa buri wese kandi buri munsi.

Trevor Ntabwoba ushinzwe kumenyekanisha ibikorwa bya Itel, yavuze ko iyi telephone ije isimbuye A90 ikaba yarongewemo ibintu byinshi. Ati: “Icya mbere ni ubwiza bwa camera aho iyi telephone ije ifotora neza, icya kabiri twonereye igihe imaramo umuriro, icya gatatu twashyizemo ikoranabuhanga rishya rya AI.”

Ku bijyanye n’igiciro, iyi telefone iri kugurishwa amafaranga 169,100 Frw, ibintu byatumye benshi bayibonamo amahirwe yo kubona smartphone igezweho kandi itabahenze cyane.

Mu rwego rwo kurushaho kudabagiza abakiriya, abazajya bagura iyi telefone bazajya bahabwa inyongera (bonus) irimo iminota 300 yo guhamagara, sms 300 hamwe na 15GB za internet bizamara amezi atatu, byose bitangwa na MTN Rwanda.

Edwin Vita ushinzwe ubucuruzi muri telephone zigezweho muri MTN Rwanda, yavuze ko bagiranye ubufatanye na Itel kubera ko ibigo byombi bihuje abakiriya kandi ko kugura telephone nka A200 bisaba akenshi kugura bundles.

Yagize ati: “Twebwe nka MTN tugurisha uburyo abakiriya babona internet cyangwa se bahamagara. Murumva ko Itel tuba tugomba gukorana kuko mu byukuri abakiriya turabasangiye, ni ukuvuga ko serivisi zacu zigomba kugera ku bakiriya neza.”

Izi telefone zashyizwe muri gahunda yo kwishyura mu byiciro hamwe na Tunga Taci aho Ushobora kuyishyira mu mezi atatu, atandatu cyangwa se umwaka. Muri icyo gihe cyose ku muntu wishyura mu byiciro, MTN izajya imuha internet ya 3GB, iminota 300 na sms 300 buri kwezi kugeza asoje kwishyura.

Ubu bufatanye hagati ya Itel na MTN Rwanda buje mu gihe isoko rya telefone mu Rwanda rikomeje kwaguka, aho abakiriya barushaho gushaka ibikoresho bifite ubushobozi bujyanye n’igihe, ariko ku giciro gishoboka.

Itel yashyize hanze telefone nshya yise A200

Trevor Ntabwoba ushinzwe kumenyekanisha ibikorwa bya Itel, yavuze ko iyi telephone ije isimbuye A90 ikaba yarongewemo ibintu byinshi ugereranyije na telephone zabanje

Edwin yavuze ko MTN na Itel bahuje abakiriya bityo bagomba gufatanya mu gushimisha abakiriya


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...