MTN Rwanda yatangije ikoranabuhanga rishya rya VoLTE

Amakuru ku Rwanda - 31/07/2026 7:43 AM
Share:

Umwanditsi:

MTN Rwanda yatangije ikoranabuhanga rishya rya VoLTE

MTN Rwandacell Plc yatangaje ko yamaze gushyira mu bikorwa ikoranabuhanga rigezweho rya Voice over LTE (VoLTE), mu rwego rwo gukomeza kuvugurura umuyoboro wayo no guteza imbere serivisi z’itumanaho mu Rwanda.

Ibi byatangajwe mu kiganiro n’itangazamakuru cyagarukaga ku ntambwe iyi sosiyete ikomeje gutera mu kuvugurura umuyoboro wayo (network modernization), hagamijwe kunoza ibyifuzo by’abakiliya, kongera ubushobozi bw’urusobe rw’itumanaho no gushyigikira gahunda y’u Rwanda yo kwihutisha ikoranabuhanga (digital transformation).

Ikoranabuhanga rya VoLTE rifasha abakoresha telefoni zihuye na ryo guhamagara banyuze ku muyoboro wa 4G, bikabaha amajwi yumvikana neza (HD voice), guhamagara byihuse no gukomeza gukoresha internet ya 4G mu gihe bari mu guhamagara.

Mu ijambo rye, Umuyobozi ushinzwe Ikoranabuhanga muri MTN Rwanda, Elijah Iragaba, yavuze ko gukomeza gushora imari mu miyoboro y’itumanaho ari ingenzi kugira ngo abakiliya bahabwe serivisi zigezweho kandi zizewe.

Yagize ati: “Turakomeza gushora imari mu miyoboro yacu kugira ngo abakiliya bacu babone serivisi z’itumanaho ziri ku rwego mpuzamahanga. Uko u Rwanda rukomeza gutera imbere mu ikoranabuhanga, hakenewe umuyoboro uhamye kandi ufite ubushobozi bwo kwakira ibisabwa n’abakoresha serivisi zitandukanye.”

Yakomeje asobanura ko izi mpinduka zitagamije gusa ikoranabuhanga, ahubwo zigamije gufasha abantu kuvugana neza, gufasha ibigo gukora neza no gutuma buri wese abasha kwinjira mu bukungu bushingiye ku ikoranabuhanga.

Uretse VoLTE, MTN Rwanda yakomeje no kwagura umuyoboro wa 5G mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali ndetse no kuwugeza mu Mujyi wa Musanze, uzwi nk’icyanya cy’ubukerarugendo n’ubucuruzi. Ibi bijyana no kunoza umuyoboro wa 4G kugira ngo hatangwe internet yihuta kandi ihamye.

Iri koranabuhanga rishya rya VoLTE kuri ubu riri gukoreshwa ku bafite telefoni za iPhone zihuye na ryo ndetse na zimwe mu zo mu bwoko bwa Samsung Galaxy S series, mu gihe hari gukorwa ibizamini ku zindi telefoni zirimo iza Tecno, Itel na Infinix kugira ngo na zo zibashe kurikoresha mu minsi iri imbere.

MTN Rwanda igaragaza ko izi mpinduka zifite akamaro kanini cyane mu gihe serivisi z’ikoranabuhanga zirimo ubucuruzi bwo kuri internet, kwiga hifashishijwe ikoranabuhanga, serivisi z’imari n’izindi zikomeje kwiyongera, bikaba bisaba umuyoboro wizewe kandi uhamye.

Iyi sosiyete ishimangira ko izakomeza gushora imari mu ikoranabuhanga ririmo 5G, kunoza 4G no kongeramo ibisubizo bishya nka VoLTE, mu rwego rwo gukomeza guhuza Abanyarwanda no guteza imbere ubukungu bushingiye ku ikoranabuhanga.

Umuyobozi ushinzwe Ikoranabuhanga muri MTN Rwanda, Elijah Iragaba, yavuze ko gushyiraho ikoranabuhanga rya VoLTE ari mu rwego rwo gukomeza guhaza ibyifuzo by'abakiriya no kwihutisha iterambere ry'ikoranabuhanga mu Rwanda

Somdev Sen yavuze ko hari telefone nyinshi zibasha kwakira iri koranabuhanga ariko bazakomeza gukorana n'inganda zikora telefone kugira ngo abantu batunze telefone zigezweho bazabashe gukoresha iri koranabuhanga


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...