MTN Rwanda yashyize urwenya rwa ‘Gen-Z Comedy’ muri Caller Tunez –AMAFOTO

Imyidagaduro - 31/10/2025 9:19 AM
Share:

Umwanditsi:

MTN Rwanda yashyize urwenya rwa ‘Gen-Z Comedy’ muri Caller Tunez –AMAFOTO

Mu gihe urwenya rw’Abanyarwanda rukomeje gufata indi ntera, sosiyete ya mbere y’itumanaho mu Rwanda, MTN Rwanda yongeye kugaragaza ko ari umufatanyabikorwa ukomeye mu guteza imbere impano z’urubyiruko. Ibi byagaragajwe mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 30 Ukwakira 2025, ubwo yatangazaga ko urwenya rwa ‘Gen-Z Comedy’ rwongewe muri serivisi za ‘Caller Tunez’.

Iyi gahunda ituma umuntu uhamagaye abonera umwanya wo kumva urwenya aho kumva amajwi asanzwe ya "ring", ibintu byitezweho gufasha mu gusakaza impano z’abasore n’inkumi barimo kuzamura izina ryabo mu ruganda rw’imyidagaduro, binyuze mu bitaramo bya Gen-z Comedy.

Umuyobozi Ushinzwe ibicuruzwa by'ikoranabuhanga muri MTN Rwanda, Nsabimana Jean Claude, ni we watangaje aya makuru mu gitaramo cya Gen-z Comedy cyabereye muri Camp Kigali. Yagize ati “Iyi gahunda ya ‘Caller Tunez’ yari isanzwe iriho, aho umuntu yashyiragaho indirimbo akunda. Ariko ubu noneho ushobora gushyiraho urwenya rwa ‘Gen-z Comedy’ […]”

Yongeyeho ko iyi gahunda igamije guteza imbere ibihangano by’Abanyarwanda, cyane cyane ibitangaza abantu mu buryo bushya kandi bushimishije.

Ati “Uretse urwenya rwa Gen-z Comedy, hariho n’urwenya rwa G-Tuff n’abandi banyuranye. Ariko turashishikariza abantu gushyigikira Gen-z Comedy, kuko ari urwenya rugaragaza impano nshya z’urubyiruko.”

Ushaka kwinjira muri iyi gahunda akanda *193*4#, agahitamo urwenya ashaka kumva cyangwa gusangiza abaguhamagaye.

MTN yashyizeho uburyo butatu bworohereza buri wese: Wishyura amafaranga 5 Frw ku munsi, 30 Frw ku cyumweru, n’amafaranga 100 Frw ku kwezi.

Ibi bituma n’ufite ubushobozi buke abasha gusangiza abandi urwenya, mu buryo butuma abantu basetsa mbere yo no gusubizwa kuri telefoni.

Caller Tunez: uburyo bushya bwo gusetsa n’itumanaho

Mu Rwanda, Caller Tunez cyangwa Hello Tunes ni serivisi ituma umuntu uhamagaye yumva indirimbo cyangwa urwenya aho kumva amajwi asanzwe ya “du du du”.

MTN Rwanda ni yo sosiyete yabigize umuco mu guha abakiriya bayo uburyo bwo kugaragaza umwihariko binyuze mu majwi cyangwa indirimbo zishimisha.

Gushyiramo urwenya nka Gen-z Comedy biragaragaza intambwe nshya mu guhuza itumanaho n’imyidagaduro. Ibintu bimaze kuba ingenzi cyane mu buzima bwa buri munsi bw’Abanyarwanda, cyane cyane urubyiruko rw’igihe cya Gen Z.

C.I.M ya Fally Merci imaze igihe itegura ibitaramo by’urwenya bya Gen-z Comedy’ bikurura imbaga, byiganjemo urubyiruko rugaragaza ubuhanga mu gusetsa mu buryo bugezweho.

Kuba MTN yarahisemo gushyira ibikorwa byabo muri Caller Tunez, ni intambwe ifatwa nk’ishyirwaho ry’ikiraro hagati y’urwenya n’ikoranabuhanga. Ni uburyo bushya bwo gutuma abantu basetsa no mu bihe bidasanzwe, igihe uhamagaye cyangwa uhamagarwa.

Mu gihe mu bindi bihugu serivisi nka Caller Tunez ziba zifite indirimbo, amagambo cyangwa urwenya by’abahanzi n’abanyabigwi bakomeye, MTN Rwanda iri gushyigikira ubukungu bushingiye ku bushobozi bw’Abanyarwanda ubwabo.

Iyi gahunda, nk’uko Nsabimana Jean Claude yabigaragaje, “ni inzira yo gufasha impano ziri kuzamuka kubona aho zigaragariza mu buryo bushimishije kandi bugezweho.” 

Kanda *193*4#, hitamo urwenya rwawe rwa Gen-z Comedy, maze ubwire isi yose ko guseka ari ubuzima.


Abanyarwenya bo muri Gen-Z Comedy bashyizwe igorora, nyuma y’uko binjiye muri ‘Caller Tunez’ za MTN Rwanda


Jean Claude wo muri MTN Rwanda asobanura uburyo Caller Tunez z’urwenya rwa Gen-Z Comedy zizafasha gukwirakwiza impano z’abasore n’inkumi bo mu rwenya

Abitabiriye Gen-Z Comedy Show bishimiye kumva ko urwenya rwabo rugiye kuba rumwe mu buryo bushya bwo gusetsa binyuze muri telefoni

Urwenya rw’Abanyarwanda rugiye kumvikana no mu itumanaho — MTN Rwanda yazanye Caller Tunez zisesuye uburyo bwo guseka no gusangiza ibyishimo


MTN Rwanda ishishikariza Abanyarwanda gushyigikira urwenya rwabo binyuze mu kwiyandikisha kuri Caller Tunes z’urwenya rwa Gen-Z Comedy


Abafana banyuzwe n’udushya twinshi tw’urwenya rwerekana ko Gen-Z Comedy iri guhindura isura y’imyidagaduro mu Rwanda


Caller Tunes z’urwenya zatangajwe nk’uburyo bushya bwo guhuza ikoranabuhanga n’imyidagaduro isekeje

Umunyamideli Franco Kabano [Ubanza ibumoso] ndetse na Di4Di [Uri iburyo] mu bitabiriye igitaramo cya Gen-Z Comedy

Abitabira Gen-Z Comedy bataha bababara imbavu


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...