Mu
ijoro ryakeye ubwo hasozwaga ibitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival, hatanzwe
ibihembo bya MTN Caller Tunez 2026 byari bimaze iminsi biri gutorerwa ari ko n’abantu
bakomeza gukoresha Caller Tunez z’abo bashyigikiye kugira ngo bibongerere
amahirwe yo kwegukana ibi bihembo.
Ni
ku nshuro ya mbere ibi bihembo byari byagutse bigahuza ibyiciro byinshi, bikaba
byaratangijwe hagamijwe guteza imbere uruganda rw’imyidagaduro no guha agaciro
ibihangano by’abanyarwanda.
Icyiciro
cy’umuziki cyegukanywe na Thacien Titus
Mu
cyiciro cy’umuziki cyari gihanzwe amaso na benshi, Thacien Titus yongeye
kugaragaza ko afite igikundiro gikomeye mu bakunzi b’umuziki nyarwanda bakoresha Caller Tunez,
yegukana umwanya wa mbere anahabwa Miliyoni 12 Frw.
Uyu
muhanzi yakurikiwe na Chorale de Kigali yegukanye umwanya wa kabiri ihabwa
miliyoni 5 Frw, mu gihe Chriss Eazy yabaye uwa gatatu ahabwa miliyoni 3 Frw.
Iki
cyiciro cyari gikomeye cyane, kuko cyari cyahuriyemo amazina akomeye ndetse
n’abahanzi bakiri bato bafite imbaraga, bigaragaza urwego umuziki nyarwanda
ugezeho muri iki gihe.
Gen
Z Comedy yegukanye icyiciro cy’urwenya
Mu
cyiciro cy’urwenya, itsinda rya Gen Z Comedy ni ryo ryegukanye igihembo,
rihabwa miliyoni 2 Frw. Aba basore bakomeje kwigarurira imitima ya benshi
binyuze mu mashusho n’ibitaramo by’urwenya bakora.
Fally
Merci na Rusine Patrick ni bo bakiriye iki gihembo hanyuma Fally Merci avuga ko “Iki
gihembo twagitwaye ku bwo gushyira hamwe nk’abanyarwenya kandi ni icyacu twese.”
Cyprien
Hakizimana yahize abandi mu busizi n’ubutumwa
Mu
cyiciro cyahuriyemo abasizi n’abatanga ubutumwa, Cyprien Hakizimana ni we waje
ku mwanya wa mbere, ahembwa miliyoni 2 Frw. Cyprien Hakizimana ni
umuvugabutumwa mu itorero rya ADEPR.
MTN
Caller Tunez Awards si ibihembo bisanzwe, kuko bishingira cyane ku ruhare rw’abakunzi
b’imyidagaduro, aho gutora bikorwa n’abakoresha umurongo wa MTN bakoresheje
Caller Tunez bashyira ku mirongo yabo.
Ubuyobozi
bwa MTN Rwanda bukomeje gushimangira ko buzahora bushyigikira ibikorwa biteza
imbere impano z’abanyarwanda, cyane cyane mu ruganda rw’imyidagaduro ruri mu
nkingi z’iterambere ry’ubukungu n’umuco.
Thacien Titus ni we wegukanye umwanya wa mbere mu cyiciro cy'indirimbo
Chorale de Kigali yegukanye umwanya wa kabiri mu bihembo bya MTN Caller Tunez
Umwanya wa 3 w'ibihembo bya MTN Caller Tunez mu cyiciro cy'indirimbo, wegukanywe na Chriss Eazy
Cyprien Hakizimana yahize abandi mu busizi n’ubutumwa
Gen Z Comedy yegukanye icyiciro cy’urwenya
