Moriox Kids yashenguwe n’abiyitiriye izina ryayo bakayitwaramo abana bane

Imyidagaduro - 02/09/2026 8:48 AM
Share:

Umwanditsi:

Moriox Kids yashenguwe n’abiyitiriye izina ryayo bakayitwaramo abana bane

Itsinda ry’abana babyina rya Moriox Kids ryatangaje ko rimaze amezi atanu rihanganye n’ikibazo cy’itsinda ryakoresheje izina, ibirango n’umwirondoro byaryo, ndetse rikagera aho ryegera bamwe mu bana ryakoranye na bo, rikabaha amafaranga n’amasezerano.

Iki kibazo cyatumye abana bane ari bo Samuel, Keza, Deborah na Fred bava muri Moriox Kids, bajya mu rindi tsinda ryiyitirira iri zina.

Mu itangazo Moriox Kids yashyize hanze, yasobanuye ko iki kibazo cyari kimaze igihe, nyuma y’uko hamenyekanye abantu batangiye gukoresha izina n’ibirango by’iri tsinda ku mbuga nkoranyambaga zitari izaryo.

Moriox Kids yavuze ko yamenye ko abo bantu bageze no ku bana bamwe bari basanzwe bagize umuryango wayo, bakabegera bakabaha amafaranga ndetse n’amasezerano, ibintu byatumye Samuel, Keza, Deborah na Fred bava muri Moriox Kids.

Iri tsinda ryasobanuye ko abari gukoresha izina rya Moriox Kids atari bo barigize, kandi ko nta burenganzira bafite bwo kurihagararira.

Mu butumwa bwaryo rigira riti: “Turifuza gusobanura neza ko iri tsinda atari Moriox Kids kandi nta burenganzira na mba rifite bwo kuyihagararira. Nta n’imikoranire dufitanye na ryo cyangwa ubuyobozi bwaryo.”

Moriox Kids yavuze kandi ko iki kibazo cyamaze kugezwa ku nzego zibishinzwe, aho itegereje ko hafatwa umwanzuro ukwiye.

N’ubwo iri tsinda rifite iki kibazo, rikomeje ibikorwa byaryo ndetse riri no mu rugendo mpuzamahanga rugaragaza ko abana baryo bakomeje kubona amahirwe mu bijyanye n’imyidagaduro.

Moriox Kids yerekeje muri Kyrgyzstan

Moriox Kids yerekeje muri Kyrgyzstan aho yatumiwe mu muhango wo gusoza irushanwa mpuzamahanga rya World Nomad Games 2026, uteganyijwe ku wa 6 Nzeri 2026.

Umuhango wo gusoza iyi mikino uzabera muri Hippodrome ya Cholpon-Ata, ahateganyijwe igitaramo kizahuza abahanzi n’abandi bakora imyidagaduro baturuka mu bihugu bitandukanye.

World Nomad Games iri kuba ku nshuro ya gatandatu. Yatangiye ku wa 31 Kanama 2026, ikazasozwa ku wa 6 Nzeri muri Kyrgyzstan.

Abana ba Moriox Kids batumiwe na Gulnaz Chynybek kyzy wo muri Kyrgyzstan, nyuma y’uko amashusho yabo babyinamo indirimbo ye ‘Attin-ai’ amaze kumenyekana cyane.

Ubu butumire bwabaye andi mahirwe akomeye kuri iri tsinda rimaze imyaka itari mike rikoresha imbyino mu gufasha abana kugaragaza impano zabo no kwiga.

World Nomad Games ni imikino mpuzamahanga ihuza siporo gakondo n’umuco, ikaba iba buri myaka ibiri.

Iyi mikino igamije kubungabunga, kwizihiza no guteza imbere imikino gakondo ndetse n’umurage w’abaturage bafite amateka yo kuba barabayeho bimuka.

Kuba Moriox Kids yatumiwe mu muhango wo gusoza iyi mikino, ni amahirwe yo kugeza impano z’abana b’Abanyarwanda ku ruhando mpuzamahanga.

Moriox Kids, imyaka itanu y’urugendo

Moriox Kids yashinzwe mu 2021 na Kayitare Steven, igamije guhuza abana no kubafasha mu myigire yabo binyuze mu kubyina.

Kuva yashingwa, iri tsinda ryagiye rirushaho kumenyekana cyane ku mbuga nkoranyambaga binyuze mu mashusho y’abana baryo babyina indirimbo zitandukanye z’abahanzi.

Ibi byatumye bamwe mu bana bagize iri tsinda bagira amahirwe yo kugaragaza impano zabo, mu gihe Moriox Kids na yo yakomeje kubaka izina mu bikorwa by’abana n’imyidagaduro.

Ubu, mu gihe iri tsinda rihanganye n’ikibazo cy’abiyitiriye izina ryaryo ndetse bakagera no ku bana bane bari basanzwe baribarizwamo, rikomeje ibikorwa byaryo, ndetse riri no guhagararira u Rwanda mu birori mpuzamahanga muri Kyrgyzstan.

Kuri Moriox Kids, ikibazo cyavutse ku izina n’abana cyagejejwe ku nzego zibishinzwe, ariko ibikorwa byayo byo guteza imbere impano z’abana byo bikomeje.


Moriox Kids yatangaje ko hari itsinda ryabiyitiriye kugeza ubwo banatwaye bamwe mu bana babarizwagamo


Moriox Kids yavuze ko yitabaje inzego kugirango bakurikirane ikibazo mu maguru mashya

 

Moriox Kids yagiye mu rugendo rw’akazi muri Kyrgyzstan nyuma yo gutaramira mu bihugu binyuranye


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...