Ni icyemezo cyafashwe
n’urukiko ku wa Gatanu w'iki cyumweru, gishyira mu byago byinshi abatavuga rumwe n’ubutegetsi
bwa Perezida Kais Saied, bakeka
ko hakomeje kwibasirwa bikabije abamunenga.
Moncef Marzouki yayoboye
Tunisia kuva mu 2011 kugeza mu 2014. Uyu mugabo akunze kunenga ubutegetsi
buriho, ashinja Perezida Saied kuba yarigijeyo inteko ishinga amategeko,
agafata ububasha bwose akayobora yifashishije amabwiriza adaciye mu nzego
z’ubutegetsi zisanzwe.
Perezida Saied we yagiye
asobanura ko ibyo yakoze ari intambwe zari zikenewe mu gushyira ku murongo igihugu no gukemura ibibazo byari bimaze igihe
mu miyoborere.
Uru ni rumwe mu manza eshatu Marzouki amaze
gukatirwamo kuva yatangira kunengwa na Leta. Mu mwaka ushize yakatiwe gufungwa
imyaka 8, naho mbere yaho hari indi myaka 4 yari yarahanishijwe mu zindi manza
zishingiye ku byaha bijyanye n'umutekano w’igihugu.
Mu kiganiro yakoreye i Paris mu
buhungiro, Marzouki yanenze bikomeye iki gihano, agira ati:
“Ndabwira aba bacamanza nti: ibyemezo
byanyu nta shingiro bifite, namwe ubwanyu nta shingiro mufite. Vuba aha namwe
muzaburanishwa.” Yunzemo ati: “Demokarasi izagaruka.”
Mbere y’uko iyi myanzuro
itangazwa, urukiko rwari rumaze gukatira Sahbi Atig, umwe mu bayobozi bakuru b’ishyaka ritavuga rumwe
n’ubutegetsi rya Ennahda,
igifungo cy’imyaka 15 azira icyaha cyo
kunyereza amafaranga, nk’uko byemejwe n’umwunganizi we mu
mategeko.
Ibi bihano biri muri
byinshi biherutse gufatwa n’ubucamanza bwa Tunisia ku bantu benshi batavuga
rumwe n’ubutegetsi. Muri Mata uyu mwaka, urukiko rwakatiye abanyapolitiki,
abacuruzi n’abanyamategeko bamwe na bamwe gufungwa imyaka igera kuri 66, bakurikiranweho ibyaha byo kugambanira
igihugu.
Kugeza ubu, abayobozi
benshi b’amashyaka akomeye atavuga rumwe n’ubutegetsi barimo Abir Moussi, uyobora ishyaka Free Constitutional Party, na Rached Ghannouchi, Umuyobozi w’ishyaka
Ennahda, bose bari muri gereza. Bombi bafatwa nk’abarwanya cyane Perezida Kais
Saied.