Moctar, umukunzi wa France Mpundu yegukanye irushanwa ‘Secret Story’ ahembwa Miliyoni 50 Frw

Imyidagaduro - 30/11/2025 5:19 AM
Share:

Umwanditsi:

Moctar, umukunzi wa France Mpundu yegukanye irushanwa ‘Secret Story’ ahembwa Miliyoni 50 Frw

Mu masaha ya nyuma yo guhererekanya amajwi, amarangamutima n’udukuru twasakuje ku mbuga nkoranyambaga, Moctar yegukanye irushanwa rya Secret Story Africa – Season 2 ahembwa Miliyoni 50 Frw, mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki 29 Ugushyingo 2025.

Ni intsinzi yashimishije benshi, ariko cyane cyane abari bakurikiranye umubano we n’Umunyarwandakazi France Mpundu, watangiye gukundirwa imico ye yoroheje n’ubudahangarwa yagaragaje muri ‘Maison des Secrets’.

Moctar uturuka muri Afurika y’Uburengerazuba, yinjiye muri Secret Story nk’umusore ufite intego yo kwerekana ukuri kwe n’indangagaciro ze.

Mu minsi 70 abarizwa muri ‘Maison des Secrets’, yacishagamo akagaragaza ubuhanga bwo gukina neza umukino w’amarenga, agahuza n’abandi, ariko akanakomeza kwihagararaho mu bihe byamugeragaho.

Mu matora ya nyuma, Moctar yegukanye intsinzi ku majwi 45.6%, akurikirwa na Moussa wagize 34.4%, naho Sarah agira 18.8%.

Ku rutonde nyirizina, France Mpundu usanzwe ari n’umukunzi wa Moctar yasoje ku mwanya wa kane n’amajwi 0.8%, mu gihe Joel wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yagize 0.4%.

Nubwo atagize amajwi menshi, France Mpundu yakomeje gushimwa na benshi kubera ukwitwara kwe mu rugo rwa ‘Secret Story’.

Yagaragaye nk’umukobwa ufite umutima mwiza, ugerageza gukemura amakimbirane ku buryo bwiyubashye, akanashyigikira Moctar mu bihe bikomeye.

Umubano wabo waje kugira isura nshya, bitangira kugaragara ko atari umukino w’amagambo ahubwo ari ubushuti bukomeye bwakomereje no hanze.

Mu kiganiro gikomeje gusakara ku mbuga nkoranyambaga, benshi mu bakurikiranye iri rushanwa bagiye bagaragaza ko ‘couple’ yabo ari yo yahaye urugendo rwa Season 2 umwimerere n’ubushyuhe.

Iri rushanwa ryatambukaga kuri CANAL+ Magic ku wa Gatandatu guhera saa 22:30, mu gihe iminsi ya buri munsi ryanyuzaga kuri CANAL+ POP guhera saa 20:15.

Ni ku nshuro ya kabiri ribera muri Afurika y’Epfo, nyuma y’aho umwaka ushize ryegukanwe na Awa Sanoko wo muri Côte d’Ivoire mu gice cya mbere cy’iri serukiramuco cyakomotse kuri shene nka TF1 mu Bufaransa, rimaze imyaka irenga 18 rikundwa mu ruhando rwa TV-Reality Show.

Kuri iyi nshuro ya kabiri, Secret Story yahuje abantu 18 baturutse mu bihugu 16, byose bikoresha Igifaransa, bisiga isura nshya ku ruhando rwo gushakira impano n’amateka mu muryango mugari wa Afurika.

Season 2 ya Secret Story Africa yanditse amateka mu buryo bwinshi: Yerekanye umubano ushobora kuvukira mu bihe bisaba kwihangana no kumenya undi mu buryo bwimbitse.

Yagaragaje uko urukundo rushobora kuba imbaraga z’umuntu ahantu hose, nubwo haba hari amarira n’ibigeragezo.

Yanahaye urubuga abakiri bato bo mu bihugu bitandukanye kwerekana imico yabo, ubumenyi n’ubushobozi bwo guhanga ibishya.

Moctar yahigitse abo bari bahaganye yegukanye irushanwa ry’ikiganiro “Secret Story” gitambuka kuri CANAL+ Pop

Moctar yahembwe Miliyoni 50 Frw azifashisha mu bikorwa bye binyuranye n’ibindi 

Moctar aherutse kugaragaza ko yambitse impeta umukunzi we France Mpundu



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...