Mitsutsu na Bennoview batahanye agahinda nyuma yo gukurwa ku rubyiniro muri Gen-z Comedy – AMAFOTO

Imyidagaduro - 08/08/2025 9:19 AM
Share:

Umwanditsi:

Mitsutsu na Bennoview batahanye agahinda nyuma yo gukurwa ku rubyiniro muri Gen-z Comedy – AMAFOTO

Abakinnyi ba filime bakanazwi mu mwuga wo gusetsa, Mitsutsu na Bennoview, bavanye agahinda mu gitaramo cya Gen-z Comedy nyuma yo gukurwa ku rubyiniro batararangiza kwerekana ibyo bari bateguye, biturutse ku kuba amasaha yari akuze.

Ibi byabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 7 Kanama 2025, mu ihema rya Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali. Aba basore bavuze ko basohotse batishimye kuko ibyo bari biteguye byari bitaragezwa ku bafana bari babategereje.

Bennoview akiva ku rubyiniro yabwiye itangazamakuru ati “Ubwo se urabona nishimye? Ibyo nari nateguye ntabwo mbyeretse Abanyarwanda. Nari niteguye mu buryo bwose – kuva ku myambarire, ibintu twari twateguye kugeza ku ‘motto’ yo gushyira ku rubyiniro. Ntabwo turi nka ba bandi badakora.”

Uyu musore yavuze ko yatewe agahinda no kubona Mitsutsu, yita Boss we, yazimirijweho ibyuma n’amatara bakoreshaga. Ati “Kuzimirizaho Boss wanjye ibyuma ni ikosa rikomeye. Tekereza kumuzimirizaho amatara kandi ari wowe wamuhamagaye! Mu Rwanda ibi bintu bigomba gucika. Niba utumiye umuntu, banza umubaze uri kumwe n’abantu bangahe, uzakora iminota ingahe.”

Bennoview yavuze ko bari batumiwe nk’itsinda, anagira inama abategura ibitaramo ati: “Fally Merci, ntabwo nanga ibyo ukora, ariko ubutaha ugire ‘management’.”

Ku ruhande rwe, Mitsutsu yavuze ko n’ubwo byagenze gutyo, we asanga ikibazo cyatewe ahanini n’uko amasaha yari akuze. Ati “Habayeho ikibazo mwese mwakibonye. Kuba microphone yazimwa kubera amasaha ni ibintu bisanzwe. Njyewe ndabyumva kuko amasaha yari akuze, nubwo bigoye kubona microphone izimwa ariko abandi bagakomeza gukora.”

Yongeyeho ko ubwo yari atumiwe bwa mbere muri Gen-z Comedy yari yiteguye gushimira no kwigaragariza abantu bari bamubonye bwa mbere.

Ati: “Ntabwo byanyacishije intege. Nzaguma mu rugendo rw’urwenya ndetse nshobora no kugera ku bitaramo mpuzamahanga. Nta kibazo mfite na Fally Merci, kandi niteguye gukomeza gukorana nawe.”

Mitsutsu yavuze ko mu gihe gito kizaza azakomeza gutegura ibikorwa bishimishije abafana, ariko asaba ko igihe gihabwa abahanzi n’abanyarwenya cyajya gisobanwa neza mbere y’uko igitaramo kiba.

Mitsutsu ari ku rubyiniro muri Gen-z Comedy bwa mbere, akora ibishoboka byose ngo ashimishe abantu 

Umwanya w’umunezero: Mitsutsu asetsa abakunzi b’urwenya bari bakubise buzuye mu ihema rya Camp Kigali

 

Bennoview agaragaza akababaro nyuma yo gukurwa ku rubyiniro batararangiza igice cyabo, aha yari mu kiganiro n’itangazamakuru 

Ku rubyiniro, Mitsutsu yakoranye n’itsinda ry’abarimo Mugande basanzwe bahurira muri filime zinyuranye



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...