Mu
butumwa yasangije abamukurikira ku rubuga rwa Instagram, Vanessa yagarutse ku
buryo u Rwanda ari igihugu gishimirwa kugira amashanyarazi
adacikagurika, akibaza icyahindutse kugeza aho abaturage basigaye bamara
amasaha menshi badafite umuriro.
Yagize
ati: “Byagenze gute ngo tuve ku kuba dufite amashanyarazi amasaha 24 kuri 24,
kugeza aho n’abacuruzaga ibyuma bitanga umuriro w’izuba na za jenerateri
bafunze ibikorwa byabo kuko nta wabikeneye, tukagera aho umuriro ubura kuva saa
tanu za mu gitondo kugeza saa tatu z’ijoro?”
Vanessa
yavuze ko iki kibazo kiri kugira ingaruka zikomeye ku buzima bwa buri munsi
bw’abaturage, cyane cyane muri iki gihe ubukungu bukomeje kugorana.
Uyu
mugore yavuze kandi ko ikibazo gikomereye cyane ababyeyi b’abagore babika amashereka
kugira ngo bayakoreshe mu kugaburira abana babo.
Mu
magambo agaragaza umujinya yari afite, Vanessa yasabye Ikigo cy’Igihugu
Gishinzwe Ingufu (REG) gusobanurira abaturage uko ikibazo gihagaze niba
cyarananiranye kugikemura.
Ibitekerezo
bya Vanessa bije byiyongera ku by’abaturage benshi bamaze iminsi bagaragaza
impungenge n’akababaro batewe n’ibura ry’umuriro rya hato na hato, bavuga ko
ribagiraho ingaruka zirimo igihombo mu bucuruzi, iyangirika ry’ibiribwa ndetse
n’ihagarara ry’imirimo ishingiye ku mashanyarazi.
Mu
minsi ishize, Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente Nsengiyumva, yabwiye itangazamakuru
ko ikibazo cy’ibura ry’umuriro kidaterwa no kuba REG ishaka kuwima abaturage,
ahubwo gishingiye ku bwiyongere bw’ibikenerwa by’amashanyarazi mu gihugu.
Yagize
ati: “REG ntabwo ijyana umuriro, ntabwo yakwimana umuriro kuko irawucuruza.
Hari ikibazo dufite dukwiye no kuba tuzi kuko Leta irimo kugishyiramo imbaraga
nyinshi. Uko ubukungu bwacu buzamuka, ni ko tugenda dukenera umuriro mwinshi
kurusha uwo twakeneraga mbere.”
Yakomeje
avuga ko Leta ikomeje gushora imbaraga mu mishinga itandukanye igamije kongera
ingano y’ingufu z’amashanyarazi kugira ngo igihugu kibashe guhaza ibikenerwa
n’abaturage ndetse n’urwego rw’ubucuruzi rugenda rwaguka.

Uwase Vanessa yagaragaje agahinda k’ibura ry’umuriro rikomeje kubangamira Abanyarwanda benshi, agaragaza ko hakwiriye kugira igikorwa
