Miss Nishimwe Naomie yegukanye igikombe cya mbere abicyesha igitabo cye

Imyidagaduro - 28/05/2026 7:00 AM
Share:

Umwanditsi:

Miss Nishimwe Naomie yegukanye igikombe cya mbere abicyesha igitabo cye

Nishimwe Naomie wabaye Nyampinga w’u Rwanda 2020, yagaragaje ibyishimo byinshi nyuma yo kwegukana igihembo mu bihembo mpuzamahanga by’abanditsi b’ibitabo bizwi nka “Ebobea Book Awards 2026”, abikesha igitabo cye yise “More Than a Crown”.

Ibi bihembo bitangwa buri mwaka bigamije guha agaciro abanditsi n’ibihangano byabo byagize uruhare mu guteza imbere umuco wo gusoma, kwandika no gusakaza ibitekerezo bifite umumaro ku rwego mpuzamahanga. 

Miss Naomie yegukanye igikombe kiri mu byiciro bitatu, igihembo cy’igitabo cyiza, icy'umwanditsi mwiza ndetse n'icy'umwanditsi utanga icyizere “Best Book, Best Author and Most Inspiring Author.

Mu butumwa yashyize ku rubuga rwe rwa Instagram kuri uyu wa Kane tariki ya 28 Gicurasi 2026, Nishimwe Naomie yavuze ko yishimiye bikomeye intsinzi yagezeho, anashimira abantu bose bamushyigikiye kuva yatangira guhatanira iki gihembo.

Mu magambo ye yasobanuye ko iyi ntsinzi atayigezeho wenyine, ahubwo yayikesheje abakunzi be bagiye bamushyigikira mu buryo butandukanye harimo gutora, gusangiza abandi ubutumwa bwo kumutora no gukomeza kumutera imbaraga.

Yagize ati: “Murabona aho tugeze? Nk’uko mubibona twatwaye igihembo cya EBOBea Book Award 2026! Mu by’ukuri ibi byose byabaye kubera mwebwe mwantoye, mukanshyigikira, mugasangiza abandi ubutumwa bwo kujya kuntora ndetse bamwe mukagera aho munaniza inshuti n’imiryango muyisaba kunshyigikira.”

Yakomeje avuga ko yari azi neza ko abakunzi be batazamutererana muri uru rugendo, ari na yo mpamvu yumva abafitiye ishimwe rikomeye rizahoraho. Ati: “Nari nzi neza ko mutari kundeka muri uru rugendo, kandi mbashimira byimazeyo.”

Mu buryo bwuzuyemo amarangamutima, Nishimwe Naomie yashimiye Imana, anashimira abo bakoranye barimo inzu yasohoye igitabo cye “Imagine We Publisher”, inshuti ndetse n’umuryango we.

Yagize ati: “Mbanje gushimira Imana kuko ibi ni ibintu bikomeye cyane. Ndashimira abamfashije bose barimo Imagine We Publisher, inshuti zanjye n’umuryango wanjye. Ariko cyane cyane ndashimira mwebwe mwese mwankunze mukanshyigikira. Iyi ntsinzi ni iyacu twese, kandi ni intangiriro z’izindi ntsinzi nyinshi.”

Ibihembo bya “Ebobea Book Awards” bizwiho guha abatsinze ibikombe by’icyubahiro bikozwe mu buryo bugezweho, bigaragaza agaciro n’uruhare rw’umwanditsi mu guteza imbere ubuvanganzo n’umuco wo kwandika.

Abageze mu cyiciro cya nyuma ndetse n’abegukanye ibihembo bahabwa kandi ibindi birango by’ishimwe bishimangira intambwe baba bagezeho mu rugendo rwabo rw’ubwanditsi.

Kwegukana iki gihembo kwa Nishimwe Naomie bikomeje kugaragaza ko impano z’Abanyarwanda, yaba mu buvanganzo no mu zindi nzego z’ubuhanzi, zikomeje kwaguka no kumenyekana ku rwego mpuzamahanga.

“More Than A Crown” si igitabo cyanditswe ku buzima bwo kuba Miss Rwanda gusa. Ahubwo, nk’uko yabyivugiye, ni igitabo cyanditse mu marangamutima, kigaragaza ukuri kwe, ibikomere yahuye nabyo, ingorane z’ubuzima n’urugendo rwo gukira no kongera kwiyubaka.

Amasomo, ububabare, imbaraga n’ukwizera ni byo bigize umutima w’iki gitabo. Bivuze ko ari igitabo cyagenewe buri wese ushaka kubona ukuri k’undi muntu wigeze kumenyekana, ariko n’ubundi agasanga agomba kurwana intambara y’ubuzima nk’abandi bose.

Naomie agaragaza ko kuba Miss Rwanda bitari bihagije ngo yumve yuzuye nk’umuntu. Urugendo rwe rwabaye rurerure, ariko aruvuyemo atanga isomo: ikamba ni kimwe, ariko hari ubuzima burenze iryo shimwe, ni ho havuye izina ry’igitabo “More Than A Crown”.

Miss Nishimwe Naomie yatangaje ko yashimishijwe no kuba yegukanye igihembo cya mbere abicyesha igitabo cye yise ‘More Than a Crown’ 

Miss Nishimwe Naomie yagaragaje ko yanyuzwe n’uburyo abantu bamushyigikiye ubwo yari ahatanye muri ibi bihembo mpuzamahanga byatanzwe ku nshuro ya 16




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...