Ibi
bikubiye mu gitekerezo Nishimwe Naomie wabaye Miss Rwanda 2020 yanyujije muri The New Times.
Naomie
yatangiye abara inkuru ye avuga ko ibyo yatekerezaga ko bizaba ibyishimo byo
kwambara ikamba rya Miss Rwanda 2020, byaje guhinduka urugamba rutoroshye.
Yasobanuye
ati “Icyo natekerezaga ko ari iby’agaciro cyahindutse ikibazo ntatekerezaga. Mu
ijoro rimwe, abantu batangiye kumva bafite uburenganzira bwo gutanga
ibitekerezo byose ku buzima bwanjye: ku mubiri wanjye, ku musatsi, ku buryo
mvuga, ndetse no ku manota yanjye. Ibyishimo byo kwambara ikamba byahindutse
ibitero bya buri munsi.”
Yavuze
ko amahitamo yasiganye kwari uguceceka, akishisha mu buriri, akareka agahinda
kagashirira muri we. Ubundi akaba ‘uwo kwemera inkuru abandi banditse ku buzima
bwanjye, n’ubwo yaba ari ibinyoma kandi bikomeretsa.’
Gusa,
avuga ko yahisemo gukomeza kugaragara, gukomeza kwandika inkuru ye Nubwo bimeze
bityo, ingaruka zari zimaze kugaragara kandi yarazumvise.
Akavuga
ko amagambo yanditswe kuri internet ntasibama, ‘abantu mu buzima busanzwe
bayabonye kandi barayemera. Amahirwe y’akazi n’ubuzima bwanjye byangijwe.’
Miss
Naomie avuga ko ‘cyberbullying’ itandukanye n’ihohoterwa ryo ku mubiri. Iyo
umuntu akubitwa, akenshi bibera mu ishuri cyangwa mu muryango.
Ariko
amagambo yo kuri internet akwirakwira hose, aho ijambo ryanditswe i Kigali rishobora
gusomwa i Musanze mu masegonda. Ibi bituma abantu utazigera ubonana nabo
batekereza ko bakumenye, kandi ikibi gikurura ikindi.
Ubushakashatsi
ku isi bwerekana ko umwana umwe muri batanu ahura na cyberbullying, kandi hari
ihuriro rikomeye hagati ya cyberbullying, agahinda gakabije (Depression),
ihungabana n’ibitekerezo byo kwiyahura.
Mu
Rwanda, kwiyahura ni cyo cyateye urupfu rwa kabiri ku bantu bafite imyaka
15–29. Mu gihe gikomeye, urubyiruko rwinshi rwiyambaza ibiyobyabwenge cyangwa
inzoga mu gushaka guhashya agahinda kabo.
Kuva kuri internet
si cyo gisubizo (Logging Off)
Naomie
asobanura ko amagambo yanditswe kuri internet ntashobora gusibwa. Ariko n’ubwo
umuntu yaciye ku mbuga nkoranyambaga, amagambo aguma mu mutwe, agasubirwamo
n’abandi, kandi agahindura uko wiyumva.
Yavuze
ko ababyeyi bagomba kubaza, kumva no gukurikirana abana babo nta kwirengagiza. Amashuri
agomba guhugura abarimu kumenya ibimenyetso by’ihungabana no gushyiraho ahantu
hizewe ho kuganirira abanyeshuri.
Inzego
zishinzwe amategeko n’imbuga za internet zigomba gufata ihohoterwa ryo kuri
internet nk’ikibazo gikomeye, kugira ngo ababikora bahanwe.
Naomie
anavuga ko ari ngombwa kwigisha urubyiruko kubahana kuri internet hakiri kare.
Abana bagomba kumenya ko inyuma ya buri ‘username’ (Izina umuntu akoresha kuri
Internet) hari umuntu ushobora gukomeretswa n’amagambo rivuga.
Kuyobora inkuru
yawe
Miss
Naomie avuga ko byamusabye ubutwari guhagarara no kwiyoborera inkuru ye. Anavuga
ko yanditse byinshi ku rugendo rwe mu gitabo cye gishya “More Than a Crown”
kizajya hanze mu Ugushyingo 2025, aho asangiza abandi uko akomeza guhitamo
inkuru ye n’ubwo hari urusaku.
Ariko
kandi avuga ko benshi mu rubyiruko rw’u Rwanda nta muryango ubashyigikira
cyangwa imbaraga zo gukora ibyo. Kuko bamwe bakoresha alcohol, kwigunga, abandi
bagatekereza kwiyahura.
Ni
yo mpamvu Miss Naomie asaba ko abantu bose bagira ijwi ryo kurengera
urubyiruko: Ko Cyberbullying irimo gusenya ubuzima bwo mu mutwe bw’urubyiruko
rw’u Rwanda, irimo gutwara ubuzima no kugabanya amahirwe. Urukundo n’ubwuzu
ntirugomba guhagarara iyo twinjiye kuri internet’.
Asoza
agira ati “Niba dushaka ko urubyiruko rw’u Rwanda rugira ahazaza heza, tugomba
kururinda kuri internet nk’uko tururinda mu mashuri no mu miryango. Igihe cyo
gufata ingamba ni ubu,”
Cyberbullying
ni ihohoterwa cyangwa gukomeretsa umuntu hifashishijwe
ikoranabuhanga, cyane cyane internet n’imbuga nkoranyambaga.
Mu
buryo burambuye, bishobora kuba: Gutuka, gusebya cyangwa gutera isoni umuntu ku
mbuga za internet (nka Facebook, Instagram, TikTok n’izindi).
Kwandika
cyangwa gusakaza ibintu byamunaniza cyangwa bikamuca intege, nko kuvuga ku
mibiri ye, imyambarire, imisatsi, amafoto, indangagaciro, n’ibindi. Gutera
ubwoba, kumugirira nabi mu buryo bw’ihungabana ry’umutwe cyangwa ku buzima bwe.
Naomie
avuga ko cyberbullying itandukanye n’ihohoterwa ryo ku mubiri: ntigira aho
ihagarara, kuko amagambo akwirakwira hose mu gihe gito kandi abantu
batandukanye bashobora kuyabona no kuyemera.
Ibi
bishobora gutera agahinda gakomeye (depression), ubwoba, kwiyahura, cyangwa
kugabanya amahirwe y’akazi n’ubuzima bw’umuntu.
Mu
Kinyarwanda, wavuga ko cyberbullying ari "ihohoterwa ryo kuri
internet", hari n’abavuga ko ari ‘kuzomerwa’ cyangwa "gukomeretsa
umuntu hifashishijwe ikoranabuhanga".
Miss
Nishimwe Naomie, Nyampinga w'u Rwanda 2020, asanzwe afite umushinga ugamije
guhangana n'agahinda gakabije (depression) mu rubyiruko, wibanze cyane ku
buzima bwo mu mutwe. Uyu mushinga yawutangije ubwo yiyamamarizaga ikamba rya
Miss Rwanda
KANDA HANO UREBE IKIGANIRO KIGARUKA KU GITABO MISS NAOMIE AGIYE GUSHYIRA HANZE