Miss Nishimwe Naomie mu bahataniye ibihembo mpuzamahanga by’abanditsi b’ibitabo

Imyidagaduro - 01/04/2026 7:08 AM
Share:

Umwanditsi:

Miss Nishimwe Naomie mu bahataniye ibihembo mpuzamahanga by’abanditsi b’ibitabo

Nishimwe Naomie wabaye Nyampinga w’u Rwanda 2020, yashyizwe ku rutonde rw’abahataniye ibihembo Mpuzamahanga by’abanditsi b’ibitabo “Ebobea Book Awards” abicyesha igitabo cye cya mbere “More Than a Crown” yamuritse ku wa 14 Ukuboza 2025.

Ibi bihembo bitangwa buri mwaka, bigamije guha agaciro abanditsi n’ibihangano byabo byagize uruhare rukomeye mu guteza imbere umuco wo gusoma no kwandika ku rwego mpuzamahanga.

Amatora yatangiye ku wa 26 Werurwe 2026, aho abakunzi b’ibitabo n’abasomyi bo hirya no hino ku Isi batangiye gutora, nubwo itariki nyir’izina yo gutangaza abatsinze itaratangazwa.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, Naomie yagaragaje ibyishimo byinshi anasaba abakunzi be kumushyigikira, agira ati: “Igitabo cyanjye 'More Than a Crown' cyatoranyijwe mu bihataniye ibihembo bya Ebobea Book Awards 2026, kandi nongeye kubasaba urukundo n’ubufasha bwanyu. Nyamuneka muntore mukoresheje ‘link’ iri kuri ‘bio’ yanjye."

Yanibukije abafana be ko bashobora kugura iki gitabo binyuze ku mahuriro yashyizeho, abasaba gukomeza kumuba hafi muri uru rugendo.

Mu bandi banditsi bahatanye muri aya marushanwa harimo ibitabo nka “Discovering Existential Intelligence” cya Flavia Ceccato, “Nehemiah Arise” cya Gregory Toussaint ndetse na “Making It Big” cya Femi Otedola n’abandi banyuranye.

Ibihembo bya Ebobea Book Awards bizwiho kugira ibimenyetso byihariye birimo igikombe cy’icyubahiro gikozwe mu buryo buhanitse, kigaragaza ubuhanga n’agaciro k’ikorwa ry’ubwanditsi.

Hari kandi n’ibindi birango bihabwa abatsinze n’abageze ku cyiciro cya nyuma (Finalists), bigaragaza intambwe bagezeho mu buhanzi bwo kwandika.

Kuba Ishimwe Naomie ari mu bahatanye muri ibi bihembo mpuzamahanga, ni indi ntambwe igaragaza ko impano z’Abanyarwanda mu kwandika no mu bindi by’ubuhanzi zikomeje kwaguka no kumenyekana ku rwego rw’Isi.

KANDA HANO UBASHE GUTORA NISHIMWE NAOMIE

Ishimwe Naomie yishimiye ko igitabo cye 'More Than a Crown' cyageze ku rwego mpuzamahanga, asaba abakunzi be kumushyigikira mu matora ya Ebobea Book Awards


Igitabo cya Ishimwe Naomie kiri mu bihataniye Ebobea Book Awards, yasabye abafana be kumutora kugira ngo atsinde

Ishimwe Naomie yongeye kwandika amateka mu bitabo, More Than a Crown ihataniye igihembo mpuzamahanga


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...