Miss Muyango yasabye imbabazi nyuma yo gufatirwa ibihano azira gutwara imodoka atambaye umukandara

Imyidagaduro - 06/08/2026 8:11 PM
Share:

Umwanditsi:

Miss Muyango yasabye imbabazi nyuma yo gufatirwa ibihano azira gutwara imodoka atambaye umukandara

Miss Muyango Claudine yasabye imbabazi nyuma yo kugaragara mu mashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga atwaye imodoka atambaye umukandara w'umutekano ndetse anagaragara arimo kurya.

Mu butumwa yanyujije kuri Instagram kuri uyu wa Kane, tariki ya 6 Kanama 2026, yavuze ko yemera amakosa yakoze, anasaba imbabazi abakurikiye ibikorwa bye n'Abanyarwanda muri rusange.

Yagize ati: "Mwirirwe, nsabye imbabazi mbikuye ku mutima ku makosa nakoze ku munsi w'ejo yo gutwara imodoka ntambaye umukandara w'umutekano no kurya ndi gutwara."

Yakomeje avuga ko nk'umuntu ukwiriye kubera icyitegererezo Abanyarwanda, atari akwiye kugaragaza imyitwarire nk'iyo, ndetse ko yamaze guhabwa ibihano biteganywa n'amategeko kandi byari bikwiye.

Ati: "Nk'umuntu ukwiye kubera icyitegererezo Abanyarwanda, ndicuza kuba ntarabereye urugero rwiza. Nahawe ibihano biteganywa n'amategeko kandi byari bikwiye."

Miss Muyango yanasabye abakoresha umuhanda bose gukomeza kubahiriza amategeko y'umuhanda kugira ngo birinde impanuka no kurengera ubuzima bwabo n'ubw'abandi.

Yasoje agira ati: "Ndashishikariza buri wese kubahiriza amategeko yose y'umuhanda, gukurikiza ibyapa biyobira ibinyabiziga no gutwara neza. Twirinde, Turinde n'abandi."

Mbere y'ubu butumwa bwo gusaba imbabazi, Polisi y'u Rwanda yari yatangaje ko imukurikirana nyuma y'amashusho yamugaragaje atwaye imodoka atambaye umukandara w'umutekano, ivuga ko imyitwarire ye inyuranyije n'amategeko agenga umutekano wo mu muhanda kandi ko yari gufatirwa ibihano bikwiye.


Miss Muyango yasabye imbabazi nyuma yo gufatirwa ibihano azira gutwara imodoka atambaye umukandara


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...