Miss Muyango na Fatakumavuta bagizwe ‘Brand Ambassadors’ ba SWATTACE, ikigo gitanga serivisi zo gukodesha imodoka-AMAFOTO

Imyidagaduro - 13/06/2022 1:19 PM
Share:

Umwanditsi:

Miss Muyango na Fatakumavuta bagizwe ‘Brand Ambassadors’ ba SWATTACE, ikigo gitanga serivisi zo gukodesha imodoka-AMAFOTO

Uwase Muyango Claudine wabaye 'Miss Photogenic' muri Miss Rwanda 2019 n’umunyamakuru wa Flash Fm uzwi cyane ku mbuga nkoranyambaga nka Sengabo Jean Bosco [Fatakumavuta], bagizwe ba ‘Brand Ambassadors’ b’ikigo SWATTACE gitanga serivisi zijyanye no gukodesha imodoka.

Swattace Co Ltd ni ikigo cy’ubucuruzi gikorera mu Mujyi wa Kigali, mu Murenge wa Muhima munsi ya Gare yo mu Mujyi (Downtown); cyatangiye muri 2011 hagamijwe gukemura ibibazo Abanyarwanda bari bafite byo kubura servisi zirimo izo gukodesha, kugura no kugurisha imitungo yimukanwa n’itimukanwa nk’inzu, imodoka, ibibanza n’ibindi.

Kuva icyo gihe Swattace yabaye igicumbi cy’aho bajya gushaka imodoka, zaba izo gukoresha mu bukwe cyangwa izo gutemberamo zo mu bwoko bwose umukiliya yakwifuza, kandi ku giciro kinogeye buri wese.

Iki kigo gifite icyerekezo cyo kuba ikigo cya mbere mu Rwanda gitanga serivisi zo gukodesha imodoka, no kuzigurisha ndetse no gukodesha inzu no kuzigurisha.

Mu rwego rwo kwagura ibikorwa no kurushaho gutanga serivisi nziza cyane cyane izirebana n’imodoka no kuzigeza kuri benshi, kuri iki Cyumweru tariki 12 Kamena 2022, Swattace yatangije gahunda nshya ku bakiliya yitwa ‘Tinyuka’ inaboneraho gutangaza ba ‘Brand Ambassadors’ bazabafasha kumenyekanisha iyi gahunda nziza ku bakiriya.

Mu kiganiro n’itangazamakuru cyabereye kuri Kigali Serena Hotel, Umuyobozi Ushinzwe Guteza Imbere Ibikorwa bya Swattace, Tuyisenge Jean Pierre yavuze ko mu gutangiza iyi gahunda yashyizeho na ba ‘Brand Ambassadors’ barimo Muyango Claudine wabaye umukobwa uberwa n’amafoto [Miss Photogenic] muri Miss Rwanda 2019, ndetse n’Umunyamakuru Sengabo Jean Bosco uzwi nka Fatakumavuta.

Tuyisenge yavuze ko iyi gahunda yiswe ‘Tinyuka’ igizwe n’uburyo butatu. Avuga ko ubwa mbere ari igihe umukiriya agana Swattace ikamugurira imodoka yarangiza ikayiha akazi mu gihe cy’imyaka ibiri n’igice (ni ukuvuga amezi 30), ikamwungukira ijanisha runaka y’ikiguzi baba batanze kuri iyo modoka.

Uburyo bwa kabiri umukiriya ashobora guhitamo ko Swattace ifata iyo modoka mu gihe cy’imyaka ibiri, ‘icyo gihe tukaba twamwungukira ijanisha runaka’.

Uburyo bwa gatatu ni igihe umukiriya agura imodoka akayizanira Swattace ikayiha akazi mu gihe runaka, hanyuma avuga ko muri icyo gihe ‘tuyimenyera serivisi zose ikenera nko kuyimenera amavuta, kuba twayikoresha mu igaraje igihe cyose yaba yagize ikibazo ubundi tukamubwira igiciro twamuheraho.’

Ati “Uyu munsi by’umwihariko, twifurije gutangariza Abanyarwanda ko ushobora kuza tukagurisha imodoka, tukayiha akazi, kuko turazifite hanyuma tukajya tuguha amafaranga akajya kuri konti yawe mu gihe runaka tuba twumvikanye, kandi mu by’ukuri ukabona ko harimo inyungu ku kigero cyo hejuru. Abazatugana tubabwira byinshi kuri byo."

Umuyobozi Ushinzwe Guteza Imbere Ibikorwa bya Swattace, Tuyisenge Jean Pierre yavuze ko bahisemo Muyango Claudine na Fatakumavuta muri uru rugendo rwo kumenyekanisha serivisi za Swattace, kubera ko ari abantu bavuga rikijyana ku mbuga nkoranyambaga bitezeho kugeza kure ibyo bakora.

Ati “Rero mu rwego rwo kugira ngo abantu batugane tubagezeho izo serivisi dufite, abafatanyabikorwa dufite Fatakumavuta na Claudine Muyango. Ni ‘Brand Ambassadors’ bacu, nibo bantu twifuje gufatanya kugira ngo badufashe kumenyekanisha ibikorwa. Twasanze ari abantu beza bo gukorana, bari mu mwanya mwiza mu by’ukuri twashakaga."

Tuyisenge yavuze Muyango na Fatakumavuta bazifashisha imbuga nkoranyambaga n’izindi nzira mu kumenyakanisha ibikorwa byabo.

Muyango avuga ko yishimiye kuba agiye gukorana na Swattace, kandi ko azaharanira gukoresha imbuga ze cyane mu kumvikanisha serivisi z’iki kigo.

Ati “Ngiye gukorana na Swattace mu buryo bwo kwamamaza ibikorwa byabo nkoresheje ‘social media’. Ni byiza. Ubundi ahantu njyewe namamariza kompanyi zitandukanye nkoresha Instagram, Snapchart, Whatsapp mbese imbuga nkoranyambaga hano mu Rwanda abantu bakurikira."

“Rimwe na rimwe nkaba najya no kuri Youtube nkabisobanura mu buryo burambuye, kugira ngo wa muntu no kuri Youtube abibone. Njyewe rero ni ugufata video, nkashyiraho izo modoka, no gusobanura."

Muyango yavuze ko hari uwo baganiriye mu minsi ishize amubwira ko iyo uguze imodoka ya miliyoni 12 Frw muri Swattace, ushobora kubona inyungu ya miliyoni 18 Frw mu gihe cy’imyaka. Bivuze ko wungutse miliyoni 6 Frw. Ati “Urumva ubwo ni ubushabitsi umuntu ashobora kugukorera wowe utabigizemo uruhare runini. Umuntu wese namubwira kuzana muri Swattace."

Sengabo Jean Bosco [Fatakumavuta], yavuze ko Swattace ibaye kompanyi ya cyenda agiye kujya yamamariza ibikorwa byayo. Avuga ko amafaranga aba yahawe, ajyana n’inshingano zo kumenyekanisha serivisi z’ibyo bigo biba byamugiriye icyizere.

Uyu mugabo yavuze ko yishimiye kuba ‘Brand Ambassador’ wa Swattace, kandi ko yiteguye kuzayivuga aho azaba ari hose. 

Ati “Mu byo nsabwa harimo gusobanura imikorere ya Swattace. Miliyoni 20 Frw ufite muri banki ziri kunguka 7% uyaguze imodoka ukayituzanira muri Swattace, twebwe muri Swattace dushobora kuguha inyungu ya 40% bishobora kugera no kuri 50%."

Yavuze ko yifashishije ibitangazamakuru n’imbuga nkoranyambaga ze, azagaragaza ubudasa bw’ikigo Swattace. 

Swattace yatangije gahunda nshya yise ‘Car leasing/renting project’, igamije gufasha abantu gukodesha imodoka n’ibindi 

Tuyisenge yavuze ko ibinyabiziga bya Swattace bifite ubwishingizi binyuze muri BK Insurrance    

Miss Muyango Claudine na Sengabo Jean Bosco [Fatakumavuta] nibo bagizwe ‘Brand Ambassadors’ b’iki kigo kimaze imyaka irenga 11 ku isoko    

Uhereye ibumoso: Sengabo Jean Bosco [Fatakumavuta], Umuyobozi ushinzwe Guteza Imbere Ibikorwa bya Swattace, Tuyisenge Jean Pierre na Uwase Muyango Claudine 

Sengabo yavuze ko yishimiye gukorana na Swattace, agaragaza ko azakoresha imiyoboro ye mu kumenyekanisha serivisi zabo

Fatakumavuta [Ingagi Nkuru] avuga ko ibikorwa bya Swattace byivugira-Agashishikariza abafite amafaranga kutayahunika kuri Banki 

Muyango yavuze ko azifashisha imbuga nkoranyambaga ze kugera kuri Youtube abwira abamukurikira uko bagura bakanakodesha imodoka muri Swattace 


‘Fatakumavuta’ yavuze ko ari bwo bwa mbere ahuriye na Miss Muyango mu bikorwa byo kwamamariza kompanyi imwe

Bamwe mu bakozi b’ikigo Swattace kimaze imyaka irenga 11 gitanga serivisi zijyanye no gukodesha imodoka 

AMAFOTO: Yves Morgan


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...