Miss Muyango ashobora guhanwa nyuma yo kugaragara atwaye imodoka atambaye umukandara

Imyidagaduro - 06/08/2026 6:41 AM
Share:

Umwanditsi:

Miss Muyango ashobora guhanwa nyuma yo kugaragara atwaye imodoka atambaye umukandara

Polisi y'u Rwanda yatangaje ko igiye gufatira ibihano Miss Muyango Claudine nyuma y'amashusho yakwirakwiriye ku mbuga nkoranyambaga amugaragaza atwaye imodoka atambaye umukandara w'umutekano.

Aya mashusho yafashwe ku wa 05 Kanama, agaragaza Miss Muyango atwaye imodoka nta mukandara yambaye, ibintu byakuruye impaka ku mbuga nkoranyambaga aho benshi bagaragaje ko ari imyitwarire ishobora gushyira ubuzima bwe n'ubw'abandi mu kaga.

Nyuma y'uko amashusho akwirakwiriye, umwe mu bakoresha urubuga X witwa Kate Bashabe yasabye abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko y'umuhanda akurikizaho amashusho ya muyango, agira ati: "Nyabuna mugerageze gutwara mwambaye umukandara kandi ntabwo byemewe gutwara murimo kurya."

Mu gusubiza ubu butumwa, Polisi y'u Rwanda yavuze ko ibyo Miss Muyango yakoze binyuranyije n'amategeko agenga umutekano wo mu muhanda, kandi ko agomba kubihanirwa.

Polisi yagize iti: "Muraho, ni byo rwose. Ni byiza kutwibutsa inshingano. Ibyo yakoze ntibyemewe. Turabikurikirana kugira ngo afatirwe ibihano bikwiye."

Mu Rwanda, amategeko ateganya ko umuntu utwara imodoka atambaye umukandara w'umutekano acibwa amande y'ibihumbi 10 Frw, mu gihe indi myitwarire ibangamira umutekano wo mu muhanda na yo ishobora gukurikiranwa hakurikijwe amategeko.


Miss Muyango agiye guhanwa nyuma yo kugaragara atwaye imodoka atambaye umukandara ndetse arimo kurya


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...